Abarezi bo mu Murenge wa Nyagatare barasabwa kurushaho kuzirikana indagaciro zabo za kinyamwuga,ngo kuko arizo zizabafasha abo barera kugira ejo heza hazaza, nk’uko babisabwe na Alcade Kamanzi, umuyobozi wa Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, ubwo abarezi bizihizaga umunsi mukuru wabo mumurenge wa Nyagatare.
Anathaliya Nyiraminani, umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, icyakora ntibimubuza kwicarana n’abandi ku ntebe y’ishuri agakurikira amasomo, akaba yizeye kuzigirira akamaro no kukagirira igihugu.
Umushinga Plan International Rwanda wamurikiye akarere ka Bugesera ishuri ry’ikitegererezo wubatse murwego rwo gushimangira uburezi bw’ibanze kandi bufite ireme.
Abadepite basaga 20 bo mu nteko ishinga amategeko yo mu gihugu cya Kenya bakoreye urugendo shuri mu ishuri ribanza rya Gahini mu karere ka Kayonza bagamije kureba imikorere ya gahunda ya mudasobwa imwe ku mwana (One laptop per child).
Ubwo abarimu bo mu karere ka Rulindo bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umwarimu tariki 05/10/2013 batangaje ko kuba abarimu bagihembwa umusahahara uri hasi ugereranije n’ibiciro biri ku masoko byiyongera umunsi ku munsi, ari kimwe mu bidindiza imibereho myiza yabo.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, bavuga ko bimwe mu bibazo buhura nabyo harimo gahunda yo guhinduranya abanyeshuri mu ishuri rimwe bita “Double Shifting” ngo kuko ituma badakurikirana abanyeshuri uko bikwiye.
Itsinda ry’Abadage bibumbiye mu butwererane (Jumelage) bw’Umujyi wa Boppard mu Ntara ya Rhenanie Palatinat mu Budage n’Umurenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke, batashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri bitandatu byuzuye ku ishuri ribanza rya Bucumba “Inyanzi.”
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko, by’umwihariko abakobwa, kwitabira gukoresha ikoranabuhanga kugira ngo rubashe kubona ku byiza byaryo.
Kamali Steve wigisha ku kigo cya E.S.Kigoma mu karere ka Ruhango, niwe wegukanye umwanya wa mbere mu karere ka Ruhango, kubera agashya yagaragaje katangaje buri mwe wese wari witabiriye umuhango wo gutoranya umwarimu w’indashyikirwa tariki 01/10/2013.
Abanyeshuri basaga 125 bari gusiragira ku karere ka Ruhango, nyuma yo kumenya ko imiryango yabo itasuwe mu isuzumwa ryakozwe ku bujurire bw’ibyiciro by’ubudehe bari bashyizwemo.
Ubwo yitabiraga isozwa ry’amarushanwa yo gusoma yateguwe na Imbuto Fondation mu karere ka Rubavu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias yasabye Abanyarwanda kugira umuco wo gusoma kugira ngo bibafashe kwagura ubumenyi no gusesengura.
Muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013, abanyeshuri 23 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Gicumbi bamaze gutwara inda z’indaro; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’uburezi w’agateganyo mu karere ka Gicumbi, Mukashema Christine, kuri uyu wa 01/10/2013.
N’ubwo riherereye ahantu hatari mu mujyi cyane, isomero rusange ryo mu Karere ka Huye ryari risanzwemo ibitabo byanditse mu rurimi rw’Igifaransa n’Icyongereza gusa. Ku itariki ya 20/9/2013 ryungutse ibitabo byanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Abanyeshuri baturutse hirya no hino mu gihugu bari kurushwana mu biganiro mpaka batemberejwe ishuri ry’imyuga rya IPRC rya Kicukiro, aho basobanuriwe ibikorerwamo n’uburyo imirimo ijyanye n’ubumenyi ngiro bishobora guhindura ubuzima bwabo.
Ishuri ryigisha ibijyanye n’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC) yateguye inama izahuza ibigo na za kaminuza byose bifite gahunda yo gutegura abanyeshuri byigisha kwihangira imirimo, mu rwego rwo kubasangiza ibyo bagezeho nabo byababera urugero bakabikorera mu bigo byabo.
Umuryango Mpuzamahanga Handicap International ukorera mu karere ka Nyamasheke, uri mu gikorwa cyo guhugura abayobozi n’abashinzwe imyifatire mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye ku buryo bakwimakaza uburezi budaheza kuri bose.
Umukecuru witwa Roza Nishyirembere utuye mu Murenge wa Ruhashya ho mu Karere ka Huye, avuga ko ababyeyi bose bakwiye kujyana abana babo mu ishuri, kuko ngo uwize hari byinshi yunguka abatarabashije kwiga bapfa batamenye.
Umubare w’abanyeshuri bari mu byiciro by’ubudehe bemerewe inguzanyo zo kwiga kaminuza warongewe ugera ku 13298 bavuye ku 6020, nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri n’ababyeyi babo bagaragarije ko batishimiye imibare yari yatanzwe mbere.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aremeza ko gutera imbere k’umurenge wa Murambi ari ko gutera imbere kw’akarere kose. Yabitangaje tariki 25-09-2013 ubwo abantu bakuze 220 bo muri uwo murenge bahabwaga inyemezabumenyi yo gusoma, kwandika no kubara.
Imbuto Foundation yahurije hamwe abanyeshuli bo mu mashuli abanza yo mu karere ka Nyanza tariki 25/09/2013 ibashishikariza gukurana umuco wo gusoma ibitabo ibinyujije mu buryo bw’amarushanwa bateguriwe ku rwego rwabo.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Kalisa Edouard arashishikariza abaturage kugira umuco wo gukunda gusoma kuko iterambere ridashingiye ku bumenyi ridashobora kuramba.
Abagize itsinda ry’akarere ka Ngororero ryashyiriweho gukusanya amakuru ku miryango y’abanyeshuri biga muri kaminuza basaba kwishyurirwa na Leta, bavuga ko ingendo bakoze mu miryango y’abo banyeshuri zabaye n’umwanya mwiza wo gukangurira ababyeyi kwita ku nshingano zabo no kubyara abo bashoboye kurera.
Abanyeshuli biga muri Kaminuza y’Abaliyiki y’Abadivantisiti (INILAK) yagabiye inka umugore w’umupfakazi witwa Floride Mukarukwaya. Inka izamufasha kwikenura mu gihe izaba itangiye kororoka, nk’uko babimubwiye ubwo bayimushyikirizaga kuri uyu wa Gatanu tariki 20/09/2013.
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika mu Rwanda, yatumije bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye, kugira ngo ibasobanurire uburyo umunyeshuri wo mu Rwanda agomba guhatanira kwiga muri Amerika ku buntu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro n’imyuga (WDA) hamwe na Minisitere y’uburezi (MINEDUC) byatangije ibizami byo gushyira mu bikorwa ibyo abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga.
Kaminuza n’amashuli makuru agera ku munani nibo babashije gutsindira itike yo gukomeza mu kiciro kibanziriza icya nyuma mu marushanwa y’ibiganiro mpaka ku nsanganyamatsiko yo kwihangira umurimo yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14/09/2013 mu Ishuri rikuru ry’ubumenyi n’Ikoranabuhanga (KIST).
Umugore witwa Musanibawo Beatrice, avuga ko ubwo umwana we yatsindaga ikizamini cy’umwaka wa gatatu wisumbuye yagize ubwoba bwinshi kuko yumvaga atazabasha kumurihira ngo akomeze, kandi umubyeyi wese asabwa kujyana umwana we mu ishuri.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba abagize utunama tw’ubujurire ku bijyanye n’inguzanyo ya Buruse muri iyo ntara kuzirinda amarangamutima, mu gihe bazaba bakira ubujurire bw’abanyeshuri basanzwe biga n’abatsindiye kuziga mu mashuri makuru na za kaminuza.
Umunyarwandakazi uba mu gihugu cya Canada, Elisabeth Mujawamariya atangaza ko kenshi iyo abenshi mu Banyarwanda bakuriye mu gihugu bagiye kwiga mu bihugu byo hanze byateye imbere, bagorwa n’amasomo yaho kuko batagize umuco wo gusoma.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe burashimira abatuye uyu murenge uruhare n’ubwitange bakomeje kugaragaza mu kubaka ibyumba by’amashuri yigirwamo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12, ndetse no kwitabira umuganda muri rusange.