Kwihangira imirimo aho kuyitega kuri Leta nk’umusanzu mu gucyemura ibibazo byugarije igihugu ni bimwe mu byasabwe abanyeshuri basaga 700 basoje amasomo yabo muri kaminuza y’Umutara Polytechinc mu karere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha imyuga cya Kibali mu karere ka Gicumbi, Ruzindana Eugene, avuga ko gutanga ‘stage’ ku banyeshuri barangije bikwiye kuba itegeko kugira ngo ikibazo cy’ubushomeri kigabanuke.
Umwarimu Blandy Brujo Uwimana, afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko abanyeshuri yigisha mu karere ka Ruhango bavuga ko bamukunda cyane, kuko akora iyo bwabaga amasomo abigisha bakayumva neza kurusha abandi barimu bumva.
Ku bufatanye bw’umushinga ARTCF (Association Rwandaise des Travailleurs Chretiens Feminin) na Care international, kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, hatangijwe amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abarimu bazigisha mu masomero y’abakuze bo mu mirenge igize akarere ka Nyamagabe.
Ibigo 17 muri 171 byigisha imyuga n’ubumenyingiro byatanze imishinga myiza ifasha guteza imbere ibyo bigisha mu Banyarwanda byashyikirijwe amafaranga byari byasabye ngo bibashe gushyira iyo mishanga mu bikorwa.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bahamya ko amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) abafitiye akamaro kuko yagobotse abakene maze bituma abana babo nabo biga aho guhera mu rugo bahinga cyangwa bahirira amatungo.
Niyomukesha Josiane uri gukorera ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ku ishuri ryisumbuye rya Murunda yagize ikibazo cyo guta ubwenge bitewe no kwiga cyane mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 18/11/2012 ajyanwa kwa muganga.
Ku nshuro ya mbere abanyeshuri biga ibijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) uyu mwaka bakoze ibizamini bya Leta.
Bamwe mu banyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye baratangaza ko batorohewe n’uburyo bushya bari guhabwamo ibizamini kuko batari babwiteze.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaije imyiteguro ya hafi yo gushyiraho kaminuza imwe rukumbi y’u Rwanda kuko ubu yamaze gushyiraho itsinda ryihariye ryo gutangiza iyo kaminuza.
Umukobwa ufite imyaka 22 witwa Nyiraguhirwa Angelique, utuye mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, avuga ko nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2011, yahise ajya kubumba amatafari ya rukarakara, none nibyo bimutunze.
Abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri yisumbuye nderabarezi (TTC) kuri uyu wa 14/11/2012 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye bwa mbere kuva byakwegurirwa ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE).
Abanyeshuri bo muri College ya Karambi mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango bamaze kubakirwa ivomo ry’amazi meza kandi na gahunda yo kuyabagezaho ikaba iri hafi. Ikibazo cy’amazi kuri iryo shuri cyatangiye kugaragazwa kuva muri Mata 2012.
Hari imishinga cyangwa amatorero afasha abatishoboye kwiga imyuga ngo bikure mu bukene ariko hari ikibazo ku barangiza kwiga bakabura ibikoresho bityo ntibagire icyo bunguka.
Bamwe mu bubatse amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 mu karere ka Ruhango, bavuga ko bishyuwe amafaranga make mu gihe ubuyobozi bw’ako karere buvuga ko bazishyurwa n’imirenge yabakoresheje.
Usibye abazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye, kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 nibwo abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye y’akarere ka Nyamagabe batashye basubira iwabo mu biruhuko.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yafashe umwanzuro ubuza amashuri ya Leta, cyangwa agengwa na Leta, kwishyiriraho ibiciro by’amafaranga y’ishuri, isaba uturere kuba aritwo tuzajya twemeza ibyo biciro.
Tariki 05/11/2012, icyiciro cya kane kigizwe n’abana 70 bigaga mu ishuri Wisdon Nursery and Primary School, riherereye mu murenge wa Cyuve, akarere ka Musanze bahawe impamyabumenyi.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arakangurira abashoramari gushora imari mu kubaka amacumbi hafi y’amashuri makuru na kaminuza, aya mashuri agifite ikibazo cy’amacumbi y’abanyeshuri.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Dr Harebamungu Mathias, nyiyemeranywa n’abavuka gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (9YBE) ntacyo busigira abana kubera ko biga ari benshi.
Babifashijwemo na Diyoseze Gatorika ya Cyangugu ishami rishinzwe uburezi gatorika, ishuri ryisumbuye GS St Bruno de Gihundwe mu karere ka Rusizi ryatangiye umubano na Ecole Saint Micheal Alicange ryo mu Burundi mu rwego rwo kureba uko ireme ry’uburezi ryifashe mu bihugu duhana imbibe.
Abanyeshuri basaga ibihumbi 178 baritabira ibizamini bisoza amashuri abanza bvyatangiye kuri uyu wa kabiri tariki 06/11/2012 mu gihugu cyose; nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB).
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa intego u Rwanda rwihaye ko mu mwaka wa 2017 60% by’abanyeshuri bazajya barangiza amashuri yisumbuye bazaba barangije mu mashuri y’ubumenyi ngiro, ikigo cya E.S Kigarama cyahindutse ishuri ryigiha imyuga.
Mu gihe bikomeje kuvugwa ko ishuri Ecole Secondaire Sainte Trinite Ruhango (ESSTR) ritagaburira neza ndetse ntirinigishe abanyeshuri neza, ubuyobozi bw’iri shuri burabihakana ahubwo bukavuga ko hari abarezi bigometse ku buyobozi bashaka guharabika isura y’ikigo.
Uruhare rw’ababyeyi rurakenewe mu gufasha abana babo kwitegura iki igihe cy’ibizami, kuko hari batsindwa kubera kutubahiriza amasaha yo gusubiramo amasomo, nk’uko byatangarijwe mu gikorwa cyo guhemba abanyeshuri bitwaye neza mu bizami bya Leta by’umwaka ushize, mu karere ka Gasabo.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, arakangurira abyeyi bo muri ako karere kwitabira amarerero kuko ari ahantu hazabafasha kuzamura uburere bw’abana babo, ndetse bikanabarinda kuhigira imico mibi, cyangwa kuba bahohoterwa.
Abanyeshuli bo mu mwaka wa kabiri bo mu rwunge rw’amashuli rwa Runyinya ntibashoboye gukora ikizamini cy’amateka tariki 26/10/2012 kubera ko abarimu banze kugitanga batari bahabwa agahimbazamusyi bemerewe n’ababyeyi.
Binyuze muri gahunda yihariye yo guteza imbere umwarimu no kuzamura imibereho ye, amafaranga yagenerwaga ikigega Umwalimu-SACCO, uyu mwaka yashizwe miliyari eshanu avuye kuri miliyoni 500 iki kigega cyabonaga buri mwaka.
Mu banyeshuri 151 ba Institut Superieur Pédagogique de Gitwe bari banze gukora ikizami cya Leta, abagera kuri 50 baje gusa imbabazi ngo bapfe gukora ibizami bisigaye, ariko ubuyobozi bubabwira ko batabifitiye ubushobozi.
Abanyarwanda 98 biberaga muri Kivu y’Amajyepfo, bagarutse mu Rwanda nyuma y’imyaka igera kuri 18 bibera mu mashyamba. Bavuga ko inyeshyamba za FDLR arizo zabazitiraga, zikababuza kutahuka.