Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yatangije isomero rikubiyemo ibitabo, aho barebera amafiimi n’icyumba cy’ibiganiriro, bizajya bifasha Abanyarwanda n’abandi bayigana kwihugura no kwiyungura ubumenyi.
Mu gihe abakozi benshi bagerereye imishahara y’ukwezi gushize k’Ugushyingo bayikenuza, abarimu bakorera mu Karere ka Huye bo ntibarahembwa.
Minisiteri y’uburezi irahamagarira abanyeshuri barangije amashuri abanza, icyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’amashuri yisumbuye batsinze neza ibizamini bya Leta mu myaka ya 2007, 2008 na 2009 kuza gufata ibihembo byabo.
Abanyeshuri 150 barangije umwaka wa gatatu mu ishuri ry’ubuforomo n’ububyaza Institute Superieur Pedagogique de Gitwe (ISPG) riherereye mu karere ka Ruhango, baratangaza ko ubuyobozi bw’ishuri bwabimye indangamanota.
U Rwanda rwesheje umuhigo wo kwigisha no gukoresha ibizamini ababaruramari b’umwuga ku rwego mpuzamahanga bitwa Certified Public Accounting (CPA) na Certified Accounting Technician (CAT).
Mu muhango wo gutaha ku mugaragaro ishuri Maryhill Girls Secondary School, Musenyeri wa Diocese Gatolika ya Byumba, Serviliani Nzakamwita, yatangaje ko ubuhanga bugeretseho ubupfura no kubaha Imana aribyo bitera umutu kuba ingirakamaro mu bandi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iremeza ko mu myaka iri imbere u Rwanda ruzaba rutagihura n’ikibazo cy’aba enjeniyeri mu bijyanye n’ubutaka, kuko buri mwaka hagenda habaneka abantu 20 bahugurwa mu bijyanye n’iyi gahunda.
Umuryango nyarwanda utegamiye kuri Leta witwa Point ukomeje gufasha abana bato bo mu karere ka Ngororero mu gihe cy’ibiruhuko mu rwego rwo kurwanya ubuzererezi no kongera ubumenyi n’imyidagaduro by’abana.
Abashakashatsi baturutse mu bihugu binyuranye, harimo n’Abanyarwanda, bateraniye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bagamije gushyira ahagaragara ibyo ubushakashatsi bwabo bwagezeho ku nsanganyamatsiko igira iti « ubukungu burambye n’imiyoborere myiza».
Kwihangira imirimo aho kuyitega kuri Leta nk’umusanzu mu gucyemura ibibazo byugarije igihugu ni bimwe mu byasabwe abanyeshuri basaga 700 basoje amasomo yabo muri kaminuza y’Umutara Polytechinc mu karere ka Nyagatare.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha imyuga cya Kibali mu karere ka Gicumbi, Ruzindana Eugene, avuga ko gutanga ‘stage’ ku banyeshuri barangije bikwiye kuba itegeko kugira ngo ikibazo cy’ubushomeri kigabanuke.
Umwarimu Blandy Brujo Uwimana, afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ariko abanyeshuri yigisha mu karere ka Ruhango bavuga ko bamukunda cyane, kuko akora iyo bwabaga amasomo abigisha bakayumva neza kurusha abandi barimu bumva.
Ku bufatanye bw’umushinga ARTCF (Association Rwandaise des Travailleurs Chretiens Feminin) na Care international, kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, hatangijwe amahugurwa y’iminsi itatu agenewe abarimu bazigisha mu masomero y’abakuze bo mu mirenge igize akarere ka Nyamagabe.
Ibigo 17 muri 171 byigisha imyuga n’ubumenyingiro byatanze imishinga myiza ifasha guteza imbere ibyo bigisha mu Banyarwanda byashyikirijwe amafaranga byari byasabye ngo bibashe gushyira iyo mishanga mu bikorwa.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bahamya ko amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) abafitiye akamaro kuko yagobotse abakene maze bituma abana babo nabo biga aho guhera mu rugo bahinga cyangwa bahirira amatungo.
Niyomukesha Josiane uri gukorera ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ku ishuri ryisumbuye rya Murunda yagize ikibazo cyo guta ubwenge bitewe no kwiga cyane mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 18/11/2012 ajyanwa kwa muganga.
Ku nshuro ya mbere abanyeshuri biga ibijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro (TVET) uyu mwaka bakoze ibizamini bya Leta.
Bamwe mu banyeshuri bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye baratangaza ko batorohewe n’uburyo bushya bari guhabwamo ibizamini kuko batari babwiteze.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaije imyiteguro ya hafi yo gushyiraho kaminuza imwe rukumbi y’u Rwanda kuko ubu yamaze gushyiraho itsinda ryihariye ryo gutangiza iyo kaminuza.
Umukobwa ufite imyaka 22 witwa Nyiraguhirwa Angelique, utuye mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, avuga ko nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2011, yahise ajya kubumba amatafari ya rukarakara, none nibyo bimutunze.
Abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri yisumbuye nderabarezi (TTC) kuri uyu wa 14/11/2012 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye bwa mbere kuva byakwegurirwa ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE).
Abanyeshuri bo muri College ya Karambi mu murenge wa Kabagari mu karere ka Ruhango bamaze kubakirwa ivomo ry’amazi meza kandi na gahunda yo kuyabagezaho ikaba iri hafi. Ikibazo cy’amazi kuri iryo shuri cyatangiye kugaragazwa kuva muri Mata 2012.
Hari imishinga cyangwa amatorero afasha abatishoboye kwiga imyuga ngo bikure mu bukene ariko hari ikibazo ku barangiza kwiga bakabura ibikoresho bityo ntibagire icyo bunguka.
Bamwe mu bubatse amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 mu karere ka Ruhango, bavuga ko bishyuwe amafaranga make mu gihe ubuyobozi bw’ako karere buvuga ko bazishyurwa n’imirenge yabakoresheje.
Usibye abazakora ibizamini bisoza icyiciro rusange n’amashuri yisumbuye, kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 nibwo abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye y’akarere ka Nyamagabe batashye basubira iwabo mu biruhuko.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yafashe umwanzuro ubuza amashuri ya Leta, cyangwa agengwa na Leta, kwishyiriraho ibiciro by’amafaranga y’ishuri, isaba uturere kuba aritwo tuzajya twemeza ibyo biciro.
Tariki 05/11/2012, icyiciro cya kane kigizwe n’abana 70 bigaga mu ishuri Wisdon Nursery and Primary School, riherereye mu murenge wa Cyuve, akarere ka Musanze bahawe impamyabumenyi.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, arakangurira abashoramari gushora imari mu kubaka amacumbi hafi y’amashuri makuru na kaminuza, aya mashuri agifite ikibazo cy’amacumbi y’abanyeshuri.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Dr Harebamungu Mathias, nyiyemeranywa n’abavuka gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (9YBE) ntacyo busigira abana kubera ko biga ari benshi.
Babifashijwemo na Diyoseze Gatorika ya Cyangugu ishami rishinzwe uburezi gatorika, ishuri ryisumbuye GS St Bruno de Gihundwe mu karere ka Rusizi ryatangiye umubano na Ecole Saint Micheal Alicange ryo mu Burundi mu rwego rwo kureba uko ireme ry’uburezi ryifashe mu bihugu duhana imbibe.