Leta y’u Rwanda ibinyujije mu ikigo gishinzwe amashuri makuru (Higher Education Council) yatangaje ko izajya yishyurira buri munyeshuri (yaba Umunyarwanda cyangwa umunyamahanga) 50% by’ikiguzi cyo kwiga muri Carnegie Mellon University-Rwanda (CMU-Rwanda).
Kuri uyu wa mbere tariki 23/01/2012 Minisitiri w’uburezi, Dr. Vicent Biruta, yasuye ikigo cyigisha imyuga cyitwa Integrated Polytechnic Regional Center (IPRC) giherere mu karere ka Kicukiro ahahoze ishuri ryisumbuye Kigali International Academy.
Nyuma yo kwerekwa ibimaze kugerwaho mu rwego rwo kwitegura gutangira, umuyobozi w’inama nkuru y’igihugu y’uburezi (HEC), Prof Geoffrey Rugege, aratangaza ko intambwe imaze guterwa mu myiteguro yitangira ry’ishuri rikuru rya Kibogora (KPI) ishimishije kandi ko agiye kubiganiraho n’izindi nzego zo hejuru ku buryo bwihuse (...)
Ku nshuro ya kane, umuryango Come and See Rwanda ufatanije n’imiryango ya gikiristu ikorera muri kaminuza nkuru y’u Rwanda bahaye impamyabumenyi abanyeshuri babo 53 barangije amasomo yo mu ishuri rya bibiliya.
Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza ko hakenewe korohereza abana mu kwimenyereza umwuga (internship) no kubaha ubumenyi bwuzuye kugirango umwana ajye arangiza kwiga afite ubumenyi buhagije bushobora kumuhesha umwanya ku isoko ry’umurimo.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera barishimira umusanzu batanze mu gikorwa cyo kubaka ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.
Ishuri rikuru ry’i Byumba (Institute Polytechnique de Byumba) ryatangije porogaramu nshya mu ishami ry’ibaruramari izwi ku izina rya CPA (Certified Public Accounting) mu rwego rwo gutanga ubumenyi ngiro mu ibaruramari n’icungamutungo ku rwego mpuzamahanga.
Umunyabanga wa Leta muri minisiteri y’uburezi, Mathias Haberamungu, yatangaje ko umubare w’abanyeshuri bakoze ikizami kirangiza icyiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye (Tronc Commun) bemerewe kujya mu mwaka wa kane uyu mwaka wariyongereye ugera kuri 90% uvuye kuri 25% mu 2003.
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, arasaba ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana gukurikirana umuyobozi w’ishuri rya Rugarama kugira ngo ibikoresho byo kuryubaka byabuze bigaruke kandi ababigizemo uruhare babiryozwe.
Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza yo mu turere twa Huye na Gisagara basanga kuba ibitabo byifashishwa mu kwigisha mu mashuri bidahuye biri mu bihungabanya ireme ry’uburezi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Harebamungu Mathias, avuga ko gahunda yo gushyiraho Kaminuza imwe igeze kure kuko za kaminuza n’amashuri makuru byatangiye kwigisha amashami yihariye atigishwa ahandi.
Abaturage barenga 100 bubakaga ibyumba by’amashuri by’imyaka icyenda mu tugari twa Muhato, Amahoro, n’Umubano mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu barinubira ko wabambuye amafaranga bagombaga guhembwa guhera mu kwezi k’Ukwakira 2011.
Minisitiri w’urubyiruko, Nsengimana Jean Philibert, arasaba abayobozi b’uturere gushaka uburyo hajya habaho uburyo bwihariye bwo gufasha urubyiruko ruba rurangije imyuga itandukanye mu kigo cya Iwawa, mu karere ka Rutsiro.
Ishuri rikuru rya Kibogora (Kibogora Polytechnic Institute) rigomba gutangira uyu mwaka, kugeza ubu ntiharamenyekana itariki rizatangiriraho nubwo imyiteguro igeze kure ndetse n’abanyeshuri bakaba baratangiye kwiyandikisha.
Abafundi n’abayede bubatse ibyumba by’ amashuri mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara baravuga ko umurenge utarabishyura amafaranga yabo kandi bayakeneye ngo abafashe kohereza abana ku ishuri.
Ubwo yakoranaga inama n’inzego z’ubuyobozi mu karere ka Gicumbi, tariki 05/01/2012, mu rwego rwo kwiga ku itangira ry’amashuri ya 2012 no kureba ibyagezweho mu mwaka wa 2011, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Harebamungu Mathias, yasabye abayobozi bose b’akarere ka Gicumbi guteza imbere uburezi bwo muri ako (...)
Bamwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Kibeho mu karere ka Nyaruguru basanga kuba umuntu atarize bidakwiye gutuma atekereza ko kugira uruhare mu kubaka amashuri nta kamaro bimufitiye kuko ayo mashuri aba azigirwamo n’abazamukomokaho, abavandimwe babo ndetse n’abandi Banyarwanda muri rusange.
Inama y’uburezi yateranye mu karere ka Kirehe, tariki 03/01/2012, yagarutse ku kibazo cy’abana bata amashuri maze abari bayirimo bafata ingamba zo gushyiraho akanama kihariye ko gukurikirana ikibazo cy’aba bana bagasubizwa mu ishuri.
Minisiteri y’Uburezi yafashe ingamba zo gukemura ibibazo bigaragara mu itangira ry’amashuri mu rwego rwo kucungira abanyeshuri umutekano wo mu muhanda no ku buzima bwabo. Uyu mwaka biteganyijwe ko amashuri azatangira tariki 08/01/2012.
Minisitiri w’uburezi, Dr Biruta Vincent, arasaba abakozi ba komisiyo y’igihugu ikorana na UNESCO (RNCU) kongera imbaraga mu bikorwa biri mu nshingano yahawe birimo uburezi muri rusange, uburezi bwihariye, ubumenyi n’imibanire y’abantu, ikoranabuhanga no gukurikirana amasezerano mpuzamahanga u Rwanda rugomba gushyiraho umukono.
Minisitiri w’urubyiruko, Jean Philbert Nsengimana, arashishikariza abaturage bo mu karere ka Kayonza guca ubujiji burundu maze bagasigara barwana n’ikibazo cyo kubona akazi. Nsengimana avuga ko ubujiji mu baturage ari imbogamizi ikomeye y’iterambere.
Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Kayonza, Mutesi Anita, arasaba abaturage bo muri aka karere guhiga umuhigo w’uko mu mwaka wa 2012 abana bose bagomba kuba bajya mu ishuri kandi buri gihe.
Uretse guhabwa amasomo ajyanye n’ubumenyingiro ndetse n’ikinyabupfura gikwiye umwana w’Umunyarwanda, urubyiruko rwiga imyuga mu kigo kiri Iwawa mu kiyaga cya Kivu ruhabwa n’umwanya wo kwidagadura.
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo barashima uruhare abaturage bo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga bagize mu kubaka ibyumba by’amashuli 72 byubatswe muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 ndetse n’ubwiherero 144 ku runge rw’amashuli rwa Gitarama.
Tariki 16/12/2011, Ishuri Rikuru ry’Uburezi (KIE) ku butafatanye Amity University yo mu Buhinde batanze impamyabushobozi z’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (master’s degree) ku banyeshuri 50 bigaga amasomo ajyanye n’imicungire y’imishinga mpuzamahanga (Masters in Business Administration International Business), ibijyanye (...)
Abanyeshuri barangije itorero ry’abarangije amashuri yisumbuye mu karere ka Nyabihu bakusanyije amafaranga ibihumbi 400 kugira ngo bubakire inzu imfubyi za Jenoside zibana.
Ababyeyi bafite abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda (nine years basic education) bo mu murenge wa Ndego mu karere ka Kayonza barifuza ko Leta yabafasha kubonera abana ba bo amacumbi aho kwiga bataha mu rugo kuko ngo byatuma batsinda kurushaho.
Uyu munsi, ishami ry’umuyango w’abibumbye ryita ku burezi, umuco n’ubuhanga (UNESCO) ryatangiye icyumweru cyahariwe uburezi bukoresha itumanaho rya telefone zigendanwa (Mobile Learning Week – “from text books to telephone”).
Inteko rusange y’umutwe wa Sena, yateranye tariki 01/12/2011, yemeje ko Dr Gashumba James aba umuyobozi wa Kaminuza y’Umutara Polytechnic (UPU).