Umugabo wo mu bwongereza witwa Paul Marshallsea, w’imyaka 62, yirukanywe ku kazi yari asanzwe akora mu gihugu cye kuko yagaragaye ku mbuga za internet afata igifi cyo mu bwoko bwa requin i Brisbane mu gihugu cya Australia, mu gihe yari ari mu kiruhuko cy’uburwayi.
Umwana w’Umwongereza w’imyaka 12 witwa Neha Ramu yinjiye mu rutonde rugizwe n’abantu barusha abandi ubwenge ku isi, nyuma yo kugira ikigero kinini ku gipimo QI.
Ruhango: Umupadiri arahakana umwana ashinjwa ko yabyaranye n’umunyeshuri yafashaga.
Umusaza witwa Maborogo Jean wo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yashyingiranywe n’umukecuru witwa Nyiramajoro Donata bari bamaranye imyaka babana batarasezeranye imbere y’amategeko.
Twagirumukiza Innocent n’umugore we Nyiranizeyimana Jacqueline batuye mu mudugudu wa Nduruma muri Kigombye mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze basabiwe kurambikwaho ibiganza, kugirango Imana ibafashe mu buzima bushya biyemeje bwo kugendera kure amakimbirane aterwa n’ubusinzi bw’umugore.
Jean Bosco Hagenimana wigaga mu mwaka wa mbere mu ishuri ryisumbuye ES Murunda ryitiriwe mutagatifu Yohani ntabwo yigeze aboneka mu kigo nyuma yo guhamwa n’ikosa ryo kwituma mu cyumba abahungu bararamo dortoir.
Abashakashatsi b’Abanyamerika bo mu mujyi wa San Francisco bavumbuye abuhanga bwereka abantu bafite kuva ku myaka 50 kuzamura, igihe bazarangiriza ubuzima bwabo kwisi.
Charles Uwimana w’imyaka 49, aracyekwaho gusambanya Intama y’umuturanyi we witwa Rudakubana Bertrand utuye mu mudugudu wa Rusizi akagali ka Nyakogo umurenge wa Kinihira, akarere ka Ruhango.
Umugabo witwa Ralph Napierski wo mu gihugu cy’u Butaliyani, kuri uyu wa mbere tariki 04/03/2012, yigize musenyeri wo mu bitwa Aborutodogisi bazwi ku izina rya Basile kugira ngo abashe gukurikirana inama y’abayobozi bakuru ba Kiliziya Gatulika i Vatikani itegura itorwa rya Papa.
Ku cyumweru tariki ya 03/03/2013, umugore turi bwite Kanakuze wo muri Kabaya yakubiswe ibisura n’undi mugore ubwo yari arimo gusenga mu rusengero rw’idini rya ADEPR ahitwa Gakararanga muri uwo murenge.
Amakuru atangazwa n’urubuga www.lepoint.fr aravuga ko mu ijoro ryo kuwa kane ushyira uwa gatanu tariki ya 01/03/2013, umugabo w’ahitwa i Brandon muri leta ya Floride muri Letza Zunze ubumwe za Amerika yamizwe n’icyobo cyikoze munsi y’aho yari aryamye. Icyo cyobo cyikoze asinziriye nuko kiramutwara.
Umukecuru witwa Reba Williams ufite imyaka 106 ngo yaba agiye guhabwa impamyabushobozi ye akwiye kuba yarahawe mu myaka 87 ishize. Amakuru dukesha Mansfield News Journal aravuga ko mu mwaka wa 1926 Reba Williams yari inkumi yigaga mu ishuri ryisumbuye rya Mount Vernon muri Leta ya Pennsylvania muri Leta zunze ubumwe za Amerika.
Umugore Mukanyandwi Esperance yabwiye abari bitabiriye gusezerana imbere y’amategeko mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi ko Ntahomvukiye Jean Pierre wari ugiye gusezerana na Nyirahabimana Elisabeth ari umugabo we babyaranye, ndetse bakaba bari banararanye mu ijoro ryo kuwa 27 rishyira kuwa 28/02/2013 ku munsi yari (...)
Abaturage benshi biboneye imbonankubone uko imbwa ibagwa igakurwamo intangangore mu gikorwa abanyeshuri bo kuri Lycée Catholique de Mataba bakoreye mu imurikabikorwa ry’Akarere ka Gakenke ishuri ryabo ryitabiriye kuwa 26/02/2013. Abaturage baravuga ko byabatangaje cyane kuko ari bwo bwa mbere babibonye.
Umukambwe w’imyaka 101 yatunguye abantu kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013 ubwo yitabiraga irushanwa rya marathon ryabeye i Hong Kong.
Umugabo wo mu gihugu cya Serbie witwa Bratislav Stojanovic amaze imyaka 15 yaraciye indaro mu mva iri mu irimbi kubera kubura icumbi rindi yabamo.
Abashakashatsi bo muri kaminuza ya Bristol mu Bwongereza baratangaza ko indabyo zifite ubushobozi bwo gukurura inzuki zikaza guhova zifashishije amashanyarazi karemano. Ibi ngo ibi binatuma uruyuki rushobora kumenya ko hari urundi rwigeze kuza guhova mbere yarwo.
Umuryango w’abashakanye (couple) wo mu gihugu cya Thailande waciye agahigo ku isi ko kumara igihe kinini basomana kuko bamaze amasaha 50 n’iminota 25 ntawurakura umunwa ku wundi.
Ubwo Papa Benoit XVI yatangaza ko ahagaritse kuyobora Kiriziya Gatolika tariki 11/02/2013, muri uwo mugoroba inkuba yakubise ingoro ye yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma; nk’uko ikinyamakuru Le Gentside kibitangaza.
Umwongereza witwa Paul Mason ufite imyaka 51, ubu amaze kugabanukaho bibiri bya gatatu by’ibiro yari afite kuko yatakaje ibiro 300.
Umugororwa wo mu gihugu cya Sri Lanka yahishe terefoni mu mubiri (rectum) ayicishije mu kibuno, agamije kuyihisha abari baje gusaka, ariko ntibyamuhiriye kuko iyo telefone yasonnye bigatuma bimenyekana ko ayifite.
Umusore w’imyaka 17 wo mu kagari ka Cyunuzi ho mu murenge wa Gatore yahisemo kujya yivugira ko ari umukobwa, ndetse akaniyambarira imyenda y’abakobwa kuko ngo we yumva muri we ari umukobwa.
Umwana w’imyaka 13 wo mu gihugu cy’u Bushinwa amaze imyaka 12 abana n’inzoka “uruziramire” nta kibazo. Muri icyo gihe cyose, uwo mwana ayifata nk’inshuti magara babana ijoro n’amanywa.
Umucamanza ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya yatakaje akazi ke nyuma yo gusezererwa azira gusinzira mu rukiko yarangiza agakatira uwaburanaga igifungo cy’imyaka itanu.
Umwana witwa Munezero w’imyaka itandatu wo mu kagari ka Shyogo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, afite ubushobozi bwo kunyonga igare kandi akanarihekaho n’abandi bana n’ubwo adashyikira intebe ya ryo kubera indeshyo ye.
Umworozi wo muri Afurika y’Epfo yatabaje polisi ngo imufashe kugarura ingona ibihumbi 10 zamutorotse zikajya mu mugezi wegereye hafi y’umupaka w’icyo gihugu ndetse n’ibihugu bya Botwana na Zimbabwe.
Umugabo witwa Andrey Gadzhiev ukomoka mu gihugu cya Serbia yahaze inzoga zimwoshya gutemagura umwishywa we ufite umwaka n’igice, arangije ibice by’umubiri we abyotsa ku mbabura nk’aho ari brochette ashaka kurya.
Umwana w’umukobwa w’umunyamerikakazi witwa Gabrielle Jackson ufite imyaka 13 yasabwe kugabanyirizwa amabere kubera ubunini bwayo bukabije butuma bagenzibe bigana bahora bamuseka.
Umugore witwa Irom Sharmila w’imyaka 40 wo mu Buhinde amaze imyaka 12 yiyicisha inzara atagira na kimwe arya cyangwa ngo anywe kubera agahinda aterwa n’uko abasirikare bo mu gace ka Assam Rifles akomokamo batajya bahanwa iyo bakosheje.
Abashoferi ba tagisi bitwaza ibishyimbo igihe bari mu kazi bikabafasha kumenya umubare w’abagenzi bagiye mu modoka kugira ngo aba-convoyeur batabanyanganya amafaranga bakabaha make.