Bamwe mu bayobozi bacungirwa umutekano ku buryo bukomeye ku isi ni abakuru b’ibihugu ariko igitangaje ni uko Prezida wa Botswana, Ian Khama, yariwe inzara n’urusamagwe mu maso arakomereka.
Kuva tariki 29 Mata 2013, Mark Zuckerberg umuyobozi w’urubuga rwa interineti rwitwa Facebook yatangaje ko umushahara we ushyirwa ku idorari rimwe (hafi amafaranga y’u Rwanda 650) ku kwezi.
Umugabo w’imyaka 47 witwa Feroz Khan, utuye ahitwa Ludhiana mu majyaruguru y’igihugu cy’Ubuhinde, afunzwe akekwaho kuba yagurishije umwuzukuru we w’uruhinja ku mayero 640 yifashishije Facebook.
Uwahoze ari padiri Lambert Karinijabo yasezeranye ku mugaragaro n’uwo bazarushingana Aimée Ntakirutimana imbere y’amategeko ku biro by’umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango kuri uyu wa gatanu tariki 26/04/2013.
Uwahoze ari Perezida w’Ubufaransa, Nicolas Sarkozy n’umugore we Carla Bruni-Sarkozy ngo nibo babaye aba mbere muguha impano nyinshi umuryango wa Perezida wa Amerika, Barack Obama, mu mwaka wa 2011.
Umugabo witwa Nyaminani Felisi usanzwe utuye mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi yihishe umugore babyaranye kabiri ajya gusezerana n’umukobwa wo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke.
Kubera guhura n’ikibazo cy’ibicanwa hamwe na hamwe mu karere ka Rulindo, hari imirenge abaturage baho barya ari uko baguze inkwi zo gutekesha ku kilo.
Mu kagari ka Kibuye, umurenge wa Bwishyura akarere ka Karongi, umusore bahimba mano six (mano atandatu), yaketsweho ubujura kubera ko ibimenyetso basanze ahakorewe ubujura byamushyiraga mu majwi.
Umurobyi w’umufaransa uba mu majyaruguru ya Australia ku cyumweru yabashije kurusimbuka ubwo yikuraga mu menyo y’ingona yari igiye kumwica.
Umugabo w’imyaka 60 urwaye kanseri yari muri ambulance imujyanye kwa muganga, aza kubona ko umushoferi wari umutwaye yagize ikibazo cy’umutima, ni ko kumutwara we ubwe abanza kumujyana ku ivuriro ryari hafi y’aho bari bageze, mbere yo kongera gufata urugendo rumujyana aho asanzwe avurirwa.
Umugabo utuye ahitwa Cerreto Guidi mu Butariyani yaguye gitumo umujura wari winjiye iwe ashaka kwiba, yitabaza polisi iramutwara. Ariko amaze kumenya ko uyu mujura ari umushomeri, yiyemeje kumuha akazi.
Mu gihugu cya Suede, mu Ntara ya Sodermanland batangiye kwiga ku mushinga w’itegeko ritegeka abahungu n’abagabo kwihagarika bicaye kimwe nk’abantu b’igitsina gore mu rwego rwo kurwanya ivangura rishingiye ku gitsina.
Ubwo yatumiraga abakoresha be n’abakozi bagenzi mu munsi mukuru wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 31 yari yujuje, Umugabo w’Umwongereza witwa Chris Holmes yakoze agashya abamenyesha ko ahagaritse akazi akoresheje ibaruwa yanditse kuri gateau.
Umugabo witwa Datta Phuge wo mu Buhinde yaguze ishati ikoze muri zahabu ipima ibiro bitatu n’amagarama 300, ikamutwara amadorari y’amerika ibihumbi 250 angana n’amanyarwanda asaga miliyoni 160.
Sindayigaya Charles w’imyaka 30 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kirwa mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma arashinjwa kuba yarasanze inka aho yari iziritse mu ishyamba akayisambanya ku manywa y’ihangu.
Umubikira wo muri kiliziya Gatulika witwa Mary Anne Rapp yemereye imbere y’urukiko muri Amerika ko yibye amadolari ya Amerika ibihumbi 130 (86.500.000 Rwf) akayakinisha mu mikino bita casino benshi bafata nk’urusimbi rwa kizungu kandi rwemewe.
Abaturage 21 baherutse gufatwa bajya gusengera mu rutare rwihishe mu murenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, bavuga ko gusengera mu rutare rumeze nk’ubuvumo bituma amasegesho agera ku Mana kuko ntakibarangaza.
Abanyeshuri batatu bo mu gihugu cy’Ubuhinde (abakobwa babiri n’umuhungu) baherutse gukora isutiye (soutien-gorge) ikoze ku buryo irekura amashanyarazi ya kilovolute 3800 igihe nyir’ukuyambara agiye guhohoterwa.
Mugeri Theodore w’imyaka 88 y’amavuko na Mukangwije Emilienne ufite imyaka 79 bafashe umwanzuro wo gusezerana imbere y’Imana muri kiliziya Gatulika, Paruwasi ya Congo Nil mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013, kubera ko ngo imibanire yabo Imana itigeze iyemera, bigatuma imbere yayo bafatwaga nk’abasambanyi.
Timothy Doner w’imyaka 17 wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika adidibuza indimi 23 zirimo indimi zizwi ko zikomeye. Uretse indimi eshatu yigiye mu ishuri izindi zigera kuri 20 yaraziyigishije.
Abenshi baturutse hirya no hino baza gusengera ku rutare ruri mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango ngo kuko bahasubirizwa ibibazo baba bafite. Aho hantu bahise kuri “Banguka Nkutabare”.
Abagabo batatu bavugakana bafite ubumuga bwo kuba bagufi bidasanzwe, bavuga ko uko baremwe byatumye batabwa n’umuryango wabo ndetse n’abaturanyi bakabitaza, bityo ntibabashe kuba babona akazi ngo babashe kubona imibereho.
Nyiri hoteri yitwa Finn iri mu mujyi wa Helsinki mu gihugu cya Finlande yatunguwe no gutanga akazi ko kugerageza ibyumba bya hoteri ye, maze akabona abantu bashaka ako kazi bagera kuri 800 mu gihe hagisigaye ukwezi kose ngo igihe cyo gusaba ako kazi kirangire.
Augustin Bazimaziki utuye mu kagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yokeje inyama z’imbwa arazirya nyuma y’uko yari imaze kwicwa n’abaturage kuko ngo ari imwe mu mbwa enye z’inzererezi zari zimaze iminsi ziriye ihene y’umuhungu we.
Polisi yo mu mujyi wa Bangalore, mu gihugu cy’Ubuhinde yatangiye gukora abapolisi bakoze mu bikarito, maze ngo abashoferi nibabona bagende neza ngo badahanwa.
Umugore wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yamenye ko umugabo we amuca inyuma ananirwa kumubikira ibanga, afata icyemezo cyo kumushyira ku karubanda akoresheje icyapa gishyirwaho amatangazo yo kwamamaza.
Mukamana Alphonsine, umukecuru utuye mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, afite ihene yise Cyabakobwa.
Abaganga mu mujyi witwa Shenzhen mu gihugu cy’u Bushinwa bavumbuye uburyo bazajya bakoresha mu guha abana imisemburo n’amaraso ituma baba abanyabwenge atari uko Imana yabaremye.
Umugabo w’Umwongereza witwa Andrew Wardle ufite imyaka 39, wavutse adafite igitsina kubera ubumuga yakuye munda ya nyina, ubu abaganga barimo kumukorera igitsina bifashishije ibice by’umubiri we.
Ibishambusha birimo inyama bikunze gucururizwa mu masenteri yo mu cyaro, ibyo muri santeri ya Musumba, mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi babyita “Nzaba ndwubaka”. Abahatuye bavuga ko iryo zina baribihaye kuko bikunze kuribwa n’abasore badafite abagore.