Umugabo w’imyaka 47 wo mu gihugu cya Cambodia yafashwe n’abaturage ubwo yari yasinziriye mu mva y’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wari wahashinguwe ashaka kumusambanya.
Umugabo w’imyaka 56 wo mu gihugu cya Bosnie-Herzégovine amaze imyaka itanu amenye ko umubiri we ushobora gukurura ibintu bimwe na bimwe akoresheje ingufu zidasanzwe yifitemo.
Abantu benshi cyane cyane abakora mu mahoteri n’amazu yakira abagenzi, bavuga ko nubwo abagabo b’abirabura badahitamo gushaka abagore b’abazungu, bakunda gusohokana nabo mu gihe cyo kwishimisha kurusha uko bahitamo abiraburakazi bene wabo.
Umukecuru w’imyaka 80 witwa Joyce Atim wo mu Karere ka Soroti mu gihugu cya Uganda yatangaye amashuri abanza aho arimo kwiga mu mwaka wa mbere, ngo agamije kumenya kwandika no gusoma by’umwihariko Bibiliya.
Mu cyumweru gishize, resitora imwe yo mu gihugu cya Nigeriya mu Ntara ya Anambra yafunzwe n’inzego zishinzwe umutekano nyuma yo gutahura ko amafunguro baha abakiriya babagana aba ari ho imyama z’abantu.
Abayoboke b’idini y’Abakirisitu muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika batangiye kujya bajya mu masengesho n’ibiterane byabo bambaye ubusa, bakaba babisabwe n’umupasitoro ukuriye iryo dini ryabo ryitwa White Tail Chapel mu mujyi wa Southampton.
Ngo hari ibintu by’ingenzi abasore bakunze kugendaraho bakaba bakwemeza ko umukobwa akiri isugi niyo baba batarakorana imibonano mpuzabitsina, ariko ibyo bimenyetso hari igihe bibeshya ba nyiri ukubigenderaho.
Bamwe mu bashinze ingo ndetse n’abakurikiranira hafi ibyazo, baremeza ko urukundo mu bashakanye ruri kugabanuka ugereranije no hambere.
Umuhindekazi witwa Manju Dharra utuye mu Mujyi wa New Delhi mu Buhinde amaze imyaka 25 atarya amafunguro akomeye, ngo atunzwe no kunywa amata gusa muri icyo gihe cyose.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cyo mu gihugu cya Austrarie buvuga ko izuba iri rimurika ku isi rifite ubushobozi bwo gukora igihe kingana n’imyaka miliyari 9.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa 4 w’amashuri yisumbuye muri G S Indangaburezi mu karere ka Ruhango, arwariye mu kigo nderabuzima cya Kibingo nyuma yo gufatwa n’amajyini agatangira guhondagura inzugi z’amacumbi y’aho abanyeshuri b’abahungu barara.
Umukobwa w’imyaka 12 wo mu gihugu cya Yemen witwa Saadiya Saleh yatangaje abantu batari bake kubera ko arira amabuye mu gihe bisanzwe bimenyerewe ko iyo umuntu arize kubera agahinda cyangwa ibyishimo azana amarira.
Rosine Nyirakariza w’imyaka 28 y’amavuko wo mu karere ka Muhanga avuga ko nyuma yo kubengwa n’abagabo bensi byatumye azinukwa abagabo bose.
Mohsen Shaari, umunyarabiyasawudite (Arabie Saoudite) w’imyaka 20, yataye ibiro birenga ½ cy’ibyo yari afite, abikesha ibitaro by’i Riyad ari kuvurirwamo. Kubasha kuvurwa abikesha umwami w’iki gihugu Abdullah.
Nk’uko bitangazwa na bamwe mu bambika abageni bakoze ubukwe mu mwaka wa 2014 bavuga ko ibara ry’ubururu ryitwa bleu turquoise ari ryo rigezweho.
Umunyamerika witwaga Billy Standley, yari yarifuje ko umunsi yapfuye azashyinguranwa na moto ye yo mu bwoko bwa Harley Davidson, mu isanduku ibonerana. Icyifuzo cye cyubahirijwe kuwa gatanu ushize.
Umushinwakazi w’imyaka 60, Xiang Renxian, yanze gupfusha ubusa imisatsi ye maze yiyemeza kuyibohamo imyambaro: umupira n’ingofero byo kwifubika.
Umuhanzi Justin Bieber w’imyaka 19 yaba yagiye ku rutonde rw’ibibazo biri gushakirwa umuti na Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nyuma y’uko abantu barenga ibihumbi 100 bashyize umukono ku nyandiko isaba ko uyu musore yasubizwa iwabo muri Canada.
Imfungwa yo mu gihugu cya Tanzaniya mu ntara ya Mwanza mu karere ka Nyamagana yitotobetse umwanda uzwi nk’amazirantoki umubiri wose agamije gucika umunyururu ngo kuko yumvaga nta muntu uri butinyuke kumufata ariko umugambi we ntiwamuhira.
Urubanza rw’umwana w’imyaka 14 w’umwirabura wakatiwe urwo gupfa mu myaka hafi 70 ishize, rugiye kugarurwa mu rukiko, aho abamuburanira bemeza ko imikirize y’uru rubanza yagendeye gusa ku ivanguraruhu ryari ryarashinze imizi muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika muri biriya bihe.
Umwongerezakazi w’imyaka 50, akurikiranywe n’ubucamanza kubera guhagarika ubukwe bwa musaza we hasigaye iminsi 20 ngo bube. Ibi ngo yabikoze batabanje kubyumvikanaho.
Abitabira isengesho ribera mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe mu karere ka Ruhango buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi, bahura n’abantu baje gusabiriza bakabaha batitangiriye itama kugira ngo ibyifuzo baje gutura Yezu byumvikane.
Alphonse Ntirushwamaboko utuye mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye, ku gicamunsi cyo ku itariki ya 9/1/2014 yagerageje kwiyahuza aside yakuye mu mabuye y’iradiyo kuko ngo yananiwe kureka inzoga.
Umugabo wo mu gihugu cya Irani witwa Amoo Hadji ngo ashobora no kuba amaze imyaka 60 atikozaho amazi.
Umusore wo mu gihugu cya Kenya wakekwaga ko yapfuye nyuma yo kwiyahura, yateye ubwoba abari mu bitaro yari arimo babonye abyutse aho yari ari mu buruhukiro (morgue), mbere gato y’uko bamusiga amavuta atuma umubiri utabora.
Muri iki gihe havugwa imbeho iteye inkeke muri Leta zunze ubumwe za Amerika, umugororwa umwe wo muri iki gihugu wari ufungiye muri gereza y’i Blackburn ho muri Leta ya Kentucky yabashije gutoroka ariko yijyana ubwe kuri polisi ahunga imbeho yari asanze hanze.
Uwimana Landuard w’imyaka 23 utuye mu murenge wa Zaza akagali ka Ruhembe umudugudu wa Munini akarere ka Ngoma yagerageje kwiyahura tariki 06/01/2014 abitewe nuko umugore we yamushinje ko amuca inyuma.
Vestine Murekatete utuye mu mudugudu wa Kunini mu kagari ka Cyarusera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yashwanye n’umugabo we ahita amusigira umwana w’amezi ane akajya ahantu hatabashije kumenyekana mu gihe cy’iminsi itatu.
Umusaza w’imyaka 80 wo mu gihugu cya Norvege yahamijwe n’urukiko icyaha ko gushaka kugura indaya ariko bakamutesha ataragera ku ntego bityo rumukatira iminsi 15 y’igifungo n’amande y’amayero 2.400.
Ku wa mbere tariki ya 30/12/2013 mu masaha ya mu gitondo, mu gihugu cya Maroc ahitwa Séfrou, hagaragaye inka yabyaye inyana ifite imitwe ibiri ndetse mu bigaragara iyi nyana ikaba imeze neza.