Umupolisi witwa Willy Seruwagi ukomoka mu Karere ka Luweero muri Uganda tariki 23/09/2013 yitabye Imana nyuma yo kugwa igihumure kubera ko ikipe ya Manchester United yafanaga yatsinzwe na Manchester City ibitego 4-1.
Ubwo imihango yo gushyingirwa yari igeze hagati, abari batashye ubukwe bwa Noelle Borriello na Rob Ruehle batunguwe no kumva umupadiri wabasezeranyaga avuga mu ijwi riranguruye ko abafataga amafoto nibadahagarika urusaku rw’ibikoresho byabo imihango iri buhagarare burundu padiri akigendera.
Minisitiri ushinzwe urubyiruko muri Uganda yatangaje ko abagore n’abakobwa bambara utwambaro tugufi baramutse bafashwe ku ngufu ntaho barega ahubwo ko ngo abo baba bambaye imyambaro migufi bakwiye no kujya bakurikiranwaho gushuka abagabo.
Umukobwa wo mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi n’umusore wo mu mujyi wa Kigali barasezeranye mu rusengero kuwa 21/09/2013 ariko bigeze igihe cyo kwiyakira abantu bagwa mu kantu kuko byagaragaye ko umusore nta mafaranga yari afite.
Umugore w’imyaka 30 wo mu mudugudu wa Gatuza, akagari ka Nyarukombe, umurenge wa Muyumbu mu karere ka Rwamagana afungiye kuri station ya Police ya Nzige mu karere ka Rwamagana, aho akurikiranyweho icyaha cyo guca umugabo we igitsina.
Ubushakashatsi bwakoze n’ikigo Which cyo mu Bwongereza bugaragaza ko terefone zizwi nka “smartphones” zifite umwanda mwinshi watera indwara ku buryo uruta uwo mu bwiherero rusange.
Hassan Omary w’imyaka 25 ukomoka mu Mujyi wa Dar-es Salam muri Tanzaniya tariki 18/09/2013 yakatiwe n’urukiko igifungo cy’amezi atandatu agomba kumara mu munyururu kubera ko yitumye mu rukiko.
Umusore ufite ubuhamya bw’ibyamubayeho avuga ko asanga abakobwa benshi kuri iki gihe bashyingirwa , abana b’imfura babyara baba ari ab’abasore bakundanaga kuko haje umuhango wiswe guseranaho uba mbere y’uko umukobwa asezerana n’uwo bazabana akaramata.
Umunyahawayikazi witwa Janice Keihanaikukauakahihuliheekahaunaele yabashije kwemeza ubuyobozi bw’igihugu cye kuzahindura amakarita y’ibimuranga kuko izina rye rigizwe n’inyuguti 35 ritabashaga kwandikwa ryose uko ryakabye.
Umukobwa w’imyaka 18 witwa Afuwah Namata ukomoka mu Karere ka Masaka mu gihugu cya Uganda yakatiwe igifungo cy’amasaha atandatu mu ntangiriro z’iki cyumweru nyuma yo kwica se amuziza ko yamusambanyaga ku ngufu.
Tariki 11/09/2013, muri Kenya havumbuwe amazi ari mu kuzimu, ahantu ubusanzwe hari ubutayu. Ayo mazi ngo akubye inshuro 10 amazi yose yabonekaga muri Kenya.
Urukiko ruca imanza z’imbonezamubano rw’i Lons-le-Saunier ho mu Bufaransa, rwahamije kuwa gatatu umworozi w’ingurube icyaha cyo kuba atararinze ubumuga bwo kutumva umukozi wakoraga mu biraro by’ingurube ze.
Umugabo witwa Matabaro Isaië ukomoka mu karere ka Nyamagabe akaba atuye muri Gasabo mu mujyi wa Kigali, avuga ko kuba aheka umwana we mu mugongo akajya mu nzira akagenda nta gisebo n’isoni bimutera ngo kuko umwana ari uwe kandi yumva uburinganire hagati y’umugabo n’umugore bikwiye kuba umuco nyarwanda.
Ibyamamare bibiri byo mu gihugu cya Ecosse byiteguraga kwambikana impeta z’urukundo rudashira byateguye ubukwe bwatanzweh ifaranga rimwe bita iyero rikoreshwa mu bihugu by’Uburayi, bityo bakuraho ihame rivuga ko ubukwe butegurwa n’uwifite. Iyero rimwe ubu rifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 880.
Ezra Ntakirutimana yataye umugore we w’isezerano witwa Yandereye Sophie, abanza gusahura ibyo bacuruzaga byose mu iduka arabigurisha, atorokana n’undi mukobwa akekwaho gutera inda, umugore we akaba atazi aho basigaye baba.
Umugabo wo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza arakekwaho gutera inda umukobwa we akanamufasha kujya kuyikuriramo mu gihugu cya Uganda.
Nyuma y’uko Rafael Nadal na Minisitiri w’Umuco wo muri Chili bakoze ikosa bagatangaza urupfu rw’umukambwe Nelson Mandela, George Walker Bush wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yateye ikirenge mu cyabo.
Kuva uyu munsi tariki ya 03/09/2013 abasirikari bo mu ngabo za Amerika bafite abo babana bahuje igitsina baratangira kujya bahabwa ibigenerwa abagore n’abagabo babana mu buryo busanzwe nk’impozamarira igihe uwo babanaga bahuje igitsina yahawe akazi ahandi, uwo babanaga akabura uwo basanzwe basangira ubuzima.
Uwitwaga Ntawugoruwanga Mose wo mu kagari ka Butaka mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yitabye Imana ku itariki ya 02/09/2013 ya azize kurarana n’abagore babiri nkuko bitangazwa n’abaturage bo mu murenge wa Bugeshi.
Umunyakanadakazi Kayla Smith, w’imyaka 33, utuye ahitwa Vancouver, ubu yabaye ikimenyabose mu gihugu cye kubera kwiba igare rye umujura na we wari warimwibye.
Umugabo w’imyaka 38 witwa Samson utuye mu Karere ka Bagamoyo mu Ntara ya Pwani muri Tanzaniya yatawe muri yombi nyuma yo gukora amahano arongora umwana w’umukobwa w’imyaka 8 amugira umugore wa kabiri.
Inzego za polisi mu gihugu cya Argentine zatahuye ko hari abacuruzi b’ibiyobyabwenge bari barigishije inyoni z’inuma kujya zitwara urumogi zikarugemurira abanywi barwo mu duce twa kure batagize aho bahurira n’inzego z’umutekano.
Umushinwa witwa Dong Hai amaze imyaka 30 afungiye mu kazu gato kameze nk’umwobo yafungiranywemo n’ababyeyi be mu mwaka wa 1983 ubwo ngo bamubonagaho indwara idasanzwe kandi ibitaro by’iwabo bikanga kumwakira ngo bimuvure.
Abagabo babiri bo muri Kenya bisanze bakunda umugore w’umupfakazi umwe utuye mu Ntara ya Mombasa bananirwa guharirana bafata umwanzuro wo kumutunga bombi bakazanafatanya kurera abana bazabyara.
Umusore wo mu gasantire ka Mubuga (umurenge wa Mubuga) mu karere ka Karongi, kuri uyu wa kane tariki 22/08/2013, nyuma ya sasita ngo yanywanye ubusambo PRIMUS nshya ya BRALIRWA none ari mu bitaro byo kuri Ngoma.
Umugore witwa Asha Mandela utuye mu Mujyi wa Atlanta muri Leta ya Georgia muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yegukanye igihembo cya World Guinness Record kubera umusatsi we ureshya na metero 17.
Umugabo wo mu gihugu cya Australie ufite imyaka 70 y’amavuko yiyambaje abaganga nyuma y’amasaha 12 asesetse ikirindi cy’ikanya mu muyoboro w’inkari w’igitsina cye (urètre) no kuva amaraso atagira ingano.
ubukwe bw’abayisilamu bari bavuye gusezerana mu musigiti Mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongo bwafunze umuhanda mu gihe cy’iminota hafi 10 ku cyumweru tariki 18/08/2013 ahagana 15h40.
Mu gace bita Oresund mu gihugu cya Danemark hatahuwe ubwoko bw’amafi bita Pacu akekwaho kurya udusabo tw’intanga-ngabo, igihe abagabo barimo koga batambaye imyenda ikingira bihagije udusabo twabo tw’intanga-ngabo.
Igihugu cy’Uburusiya kirateganya gufunga amashuri 733 kubera igabanuka ry’ubwiyongere bw’abaturage, nk’uko Guennadi Onichtchenko, ushinzwe serivisi z’ubuzima mu gihugu cy’Uburusiya, yabitangarije ibiro ntaramakuru by’Uburusiya Interfax.