Mu gihe hamwe na hamwe mu karere ka Nyabihu hakigaragara iyangirika ry’ibidukikije mu buryo butandukanye kandi ahanini abaturage bakabigiramo uruhare rukomeye, kuri uyu wa 03/09/2013 ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukije REMA cyongeye kwibutsa abashinzwe ibidukikije muri aka karere inshingano zikomeye bafite mu (…)
Abanyamakuru bo mu Rwanda no mu Burundi barahamagarirwa gukangurira abaturage guhindura imyumvire ku mihindagurikire y’ibihe n’ihungabana ry’ibidukikije.
Impuguke mu bijyanye n’umutungo kamere ziteraniye i Kigali, kuva kuri uyu wa 21/08/2013, zarebeye hamwe uburyo hashyirwaho ikarita imwe yo kurengera no gucunga umutungo kamere.
Abatwika amakara mu karere ka Ngororero barasabwa gukoresha uburyo bugezweho budatwara inkwi nyinshi ndetse ntibyangize ikirere.
Ibigo bishinzwe gutsura ubuziranenge mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’iburasirazuba biteraniye i Kigali mu rwego rwo kwigira hamwe uko hashyirwaho amabwiriza agenga ikoreshwa ry’ibihingwa mu kubibyaza ingufu. Gusa haracyari ikibazo cyo kumenya niba ibihingwa bizatanga ingufu mu gihe bitanahagije mu gutunga abantu.
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi, aratangaza ko kubyaza umusaruro umukandara w’ishyamba utandukanya abaturage na pariki y’igihugu ya Nyungwe (buffer zone) bizatanga inyungu ku gihugu cy’u Rwanda muri rusange, ndetse n’abaturage bahaturiye by’umwihariko.
Imwe mu migezi yo mu karere ka Muhanga cyane cyane yo mu bice bikorerwamo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro itangiye gusiba, kubera ubu bucukuzi bukorwa mu kajagari bikangiza ibidukikije.
Bamwe mu bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bibazo by’ibidukikije, ingufu n’iterambere, yateguwe n’ishuri rikuru ry’Abalayiki b’abadivantisiti (INILAK), bemeza ko ibidukikije byangiritse bishobora gusubiranywa, aho ngo biteze kubona ibitekerezo byafasha gushyiraho ingamba nshya mu kubirengera.
Mu rwego rwo gufasha abaturage kuzamura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, abakangurambaga bo mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara bahuguwe n’umushinga R.D.I.S kukurengera ibidukikije hibandwa ku mikoreshereze myiza y’ubutaka no kubyaza umusaruro amazi y’imvura bayafata bakayavomeza imyaka mu gihe cy’izuba.
Gahunda yiswe “Foret Modele” ngo ni gahunda igamije guhuza ibitekerezo by’abantu batandukanye ku bijyanye n’uko babana n’umutungo kamere, bawubyaza umusaruro kandi batawangiza. Ku buryo n’abazabaho nyuma bazasanga uwo mutungo uhari kandi utarangiritse.
I Kigali hateraniye inama mpuzamahanga ihuje impuguke ziturutse hirya no hino ku isi ziga ku mihindagurikire y’ikirere n’uburyo itabangamira iterambere ry’ibihugu bya Afurika bikiri kwiyubaka mu bukungu.
Mu gihe imirimo yose ijyanye no kubaka ndetse n’amamashini atunganya imyanda ikabyazwa ibibiriti bya brike ndetse n’ibindi yahageze, uruganda rubyaza umusaruro imyanda ikurwamo ibindi rugiye kumara umwaka rwuzuye ariko rudatangira gukora.
Bimwe mu bibazo bibangamira ibidukikije mu karere ka Nyabihu harimo icyo kudafata amazi amanuka ku mazu ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe bukorwa muri tumwe mu duce tw’aka karere.
Abakozi ba Minisiteri y’umutungo kamere bari kumwe n’itsinda ry’Abongereza bashaka gutangiza umushinga wo kubungabunga amashyamba kimeza ya Mukura na Gishwati mu karere ka Rutsiro, basuye iryo shyamba tariki 10/07/2013, bagamije kureba uko rimeze n’aho ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bugeze buryangiza kugira ngo (…)
Guverineri w’intara y’Uburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko iyo ntara yifuza kugabanya umubare w’abakoresha inkwi n’amakara mu rwego rwo kubungabunga amashyamba no guhangana n’ubutayu bwakunze kwibasira bimwe mu bice by’iyo ntara.
U Rwanda nk’igihugu gihagaze neza mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba mu kurinda ibishaga, guhera kuri uyu wa mbere tariki 08/07/2013, rwakiriye inama mpuzamahanga yiga ku buryo byarushaho kubungabungwa ariko bikanatanga umusaruro bitangijwe.
Amarebe ntikikiri icyatsi gihangayikishije abaturage bo mu karere ka Bugesera baturiye ibiyaga kuko ubu ahubwo icyari ikibazo kuri ubu gisigaye ari igisubizo kuribo.
Urwego rushinzwe kubungabunga ibidukikije mu Karere ka Gatsibo ruvuga ko abakora umwuga w’ububazji bo muri aka Karere batema ibiti bakoresha mu mwuga wabo ku buryo butemewe n’amategeko.
Ku bufatanye bw’umuryango The Aspinall Foundation, isosiyete kabuhariwe mu bwikorezi DHL yatwaye ingagi ziri mu miryango icyenda izivana ahitwa Port Lympne Wild Animal Park, Kent izigeza muri parike y’igihugu cya Gabon yitwa Batéké Plateau National Park.
Kubera ukuntu Abanyekongo bakunda kuza kugura amakara mu karere ka Rusizi, ngo abaturage babyishinze bagakomeza gutema ibiti bivamo ayo makara, akarere kazahinduka ubutayu mu minsi mike.
Ibiti by’ishyamba kimeza byitwa imisheshe bivugwaho kuba bivanwamo imibavu (parfum) n’indi miti ikoreshwa mu buvuzi bwa gihanga biboneka mu mirenge ya Ntyazo, Kibilizi na Muyira mu karere ka Nyanza bikomeje kwibasirwa bikangizwa ku buryo busigaye buteye inkeke.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013, Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke iri kumwe n’abaturage bo mu Murenge wa Gakenke bakoze umuganda wo gutoragura amashashi no kubaka rondereza mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Hagamijwe ko amafaranga aturuka mu bukerarugendo yajya agera mu baturage mu buryo bwihuse, ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyagennye ko 5% by’amafaranga aturuka mu bukerarugendo azajya afashishwa amakoperative akora ibikorwa biyateza imbere ariko anarengera ibidukikije na za pariki.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurengera ibidukikije, tariki 05/06/2013, ikigo cy’igihugu kirengera kandi kikanabungabunga ibidukikije (REMA) cyahembye abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu kurengera no kubungabunga ibidukikije.
New Forest Company, ikigo cyahawe uburenganzira bwo kubyaza umusaruro ishyamba rigabanya Pariki y’igihugu ya Nyungwe n’imirima y’abaturage (buffer zone) mu myaka 49, uretse gutunganya iryo shyamba ku buryo bwa gihanga, ngo iki kigo kizongera agaciro ibiti.
Ikigega cy’ibiribwa ku isi (PAM) kiratangaza ko imihindagurikire y’ibihe ikomeje kongera inzara ku isi, bityo ibihugu bidahagurukira guhangana n’iki kibazo, bikaba bizahura n’ingaruka zirimo iz’inzara n’imirire mibi.
Bamwe mu baturage twaganiriye,bibaza cyane aho insanganyamatsiko “Tekereza,Urye unibuka kuzigama” yagenewe umunsi mpuzamahanga w’ibidukiki ku isi ihuriye n’ibidukikije.
Umuganda wabaye tariki 25/05/2013 mu karere ka Nyabihu wahujwe no gutangiza icyumweru cy’ibidukikije maze hakorwa inyoroshyasuri cyangwa se “check dams” mu mirima y’abaturage,ahantu iyi suri ikunze kwibasira.
Umuganda rusange ngarukakwezi usoza ukwezi kwa Gatanu wabaye tariki 25/05/2013 wahujwe no gutangiza icyumweru cyahariwe kubungabunga ibidukikije kizarangira tariki 05/06/2013 gifite insanganyamatsiko igira iti: “Tekereza, Urye unibuka kuzigama”.
Bitewe n’uko ibidukikije bifitiye akamaro kanini abatuye isi bose, umuryango w’abibumbye washyizweho umunsi mpuzamahanga w’ibidukikije wizihizwa buri mwaka taliki ya 05 Kamena.