Leta y’u Rwanda ibinyujijwe mu Minisiteri y’Umutungo Kamere ku bufatanye n’Ikigega Adaptation Fund batangije umushinga wo guhangana n’ingaruka z’imihindagurike y’ibihe (RV3CBA). Uyu mushinga uzita ku kubungabunga imigezi, imisozi n’ibibaya ukazatanga akazi ku bantu 38.266.
Hagiye gushyirwaho uburyo bwo guhurizwa hamwe ibishingwe biva mu ngo bikabyazwamo ifumbire, ku buryo byibura 80% y’ibishingwe biva mu baturage bitazajya bipfa ubusa ahubwo bikabyazwa umusaruro.
Mu gihe abinjiza bimwe mu biribwa bifunze mu mashashi usanga bavuga ko batari basobanukiwe ko amashashi amwe n’amwe abujijwe kwinjizwa mu gihugu, abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) baba ku mipaka bo bavuga ko akenshi abarenga kuri aya mabwiriza ari ababa bayazi atari ukudasobanukirwa.
Nyuma y’inkuru yasohotse kuri Kigali Today ivuga uburyo abaturage batuye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, bafite umwihariko wo kubakisha imbaho ziva mu biti, bakemeza ko babiterwa n’uko ubutaka bwabo butameze neza ngo babwifashishe babumba amatafari ariko bakanavuga ko inzu z’imbaho zikomera kurusha izindi, abahanga (...)
Nubwo abaturage baturiye ikiyaga gihangano cya Cyabayaga bishimira ko cyatumye banoza imirire kubera amafi akivamo barifuza ko cyazitirwa kuko bitabaye gishobora gusiba vuba.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire mu Rwanda, Esther Mutamba, avuga ko hashyizweho ingamba zo gukura ku mazu amabati ya Fibro-ciment aho agomba kurangirana n’umwaka wa 2017.
Bitewe n’ingamba zafashwe mu gukumira ibiza mu karere ka Nyabihu, imibare igaragaza ko byagiye bigabanuka kandi n’ingaruka byatezaga zagiye zigabanuka mu myaka itatu ishize.
Ikibazo cy’ibicanwa no kubungabunga amashyamba kizakemurwa no gukoresha rondereza za canarumwe, ingufu z’imirasire y’izuba na Bio-gaz; nkuko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare nyuma y’uko hishimirwa ko imvura isigaye igwa muri aka karere katakiri ubutayu.
Ikibazo cy’inkwi zikoreshwa mu gucana mu bigo by’amashuri gikomeje kuba umutwaro ku bigo by’amashuri kubera ibiciro by’ibiti bigenda byiyongera bigatuma n’amafaranga ibigo byaka ababyeyi yiyongera mu gihe ababyeyi bo basanga bitoroshye guhora basabwa kongera amafaranga.
Mu rwego rwo kureba uko ibikorwa byo kurwanya ibiza batera inkunga bigenda bikorwa, uhagarariye ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) yagiriye uruzinduko mu duce twagiye twibasirwa n’ibiza mu karere ka Nyabihu.
Ku bufatanye n’inzego za polisi y’igihugu, ubuyobozi bw’umurenge wa Karama mu karere ka Huye buratangaza ko bwafashe ingamba zo gukumira abatwika amakara mu ishyamba ry’ibisi ryashyizwe mu hantu harinzwe.
Abayobozi mu nzego zitandukanye baturuka mu gihugu cy’u Burundi basuye ishyamba rya Nyungwe kuri uyu wa gatatu, tariki ya 16 Mata 2014 batangazwa cyane n’intera u Rwanda rumaze kugeraho mu gucunga ishyamba.
Abayobozi b’imirenge y’akarere ka Rusizi bakoze inama bemeza ko amashyamba yatewe n’umushinga PAREF azasarurwa na ba nyiri amasambu ateyemo ndetse no kuba basubiranije amashyamba yangijwe mu gihe cyo kubakira abatishoboye bakuwe ahantu h’amanegeka vuba bishoboka.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe uruganda ruzakora amapoto y’insinga z’amashanyarazi ya kijyambere, rukazayakora mu biti byo mu ishyamba bita umukandara utandukanya pariki ya Nyungwe n’abaturage, igikorwa cyabaye kuwa gatatu tariki 26/03/2014.
Umuryango w’Urubyiruko rw’u Rwanda ruharanira guhangana n’ihinduka ry’ibihe RYACA, tariki 22/03/2014 wizihirije Umunsi Mpuzamahanga w’Amazi ku Kivu mu Karere ka Karongi hanakorwa amashusho y’indirimbo yawo “Umwuka mwiza” y’ubukangurambaga ku gufata neza ikirere habungabungwa ibidukikije.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, arasaba abaturiye inzuzi n’ibiyaga kubifatana neza kandi ari nako barushaho kubyaza umusaruro amazi.
Binyuze mu mushinga urengera ibidukikije witwa ARECO Rwandanziza, hagiye gukorwa ibishoboka byose ngo harengerwe ishyamba rya Pariki y’Ibirunga yibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’iyangirika ry’ibidukikije.
Ku bufatanye n’ihuriro nyafurika rigamije kurengera ibidukikije (Réseau Africain de Forets Modèles) mu Rwanda hatangijwe ibiganiro by’iminsi itatu bigamije gusangira imyumvire kuri gahunda yiswe “Foret Modèle” ndetse no kureba uko iyi gahunda yatangizwa ku mugaragaro hirya no hino mu gihugu.
Abaturage baturiye igishanga cya Rugezi, kiri mu karere ka Burera ndetse na Gicumbi, barashishikarizwa kukibungabunga uko bikwiye kuko gifitiye akamaro gakomeye u Rwanda n’isi muri rusange.
Ikondera Company Ltd yatsindiye isoko ryo gukora isuku mu mujyi wa Kigali yaguze imodoka ebyiri izajya yifashisha mu gukubura imihanda no kuyikoropa ari nako igenda iyora iyo myanda ku buryo bworoshye byose bikozwe n’izo modoka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire, ku bufatanye bw’Umuryango w’Abafaransa ushinzwe iterambere (AFD), na Ministeri y’Ibikorwa Remezo, batanze ibikoresho by’isuku n’isukura mu turere twa Karongi na Rusizi bifite agaciro ka miliyoni zisaga 460 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abakozi n’abayobozi b’umushinga wa ABAKIR (Autorite du bassin du Lac Kivu et de la Riviere Rusizi) bavuga ko ibikorwa byabo bikomeje kudindizwa no kudahura kw’abaminisitiri bashinzwe uyu mushinga mu bihugu bihuriye ku kiyaga cya Kivu n’umugezi wa Rusizi aribyo u Rwanda, u Burundi na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.
Inganda zo mu Rwanda zirashimirwa ubushake zigira mu gucunga neza ibizikorerwamo no kwita ku bidukikije, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi (MINICOM).
Mu rwego rwo guhangana n’iyangirika ry’ibidukikije ribyara ihindagurika ry’ikirere, Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zo kurengera ibidukikije zirimo kutangiza amashyamba ariko kutayitaho ngo biracyari ikibazo.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2012, akarere ka Karongi katangiye umushinga wo kubaka umwaro muhimbano (plage artificille), ahitwa Nyakariba, ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ariko uwo mushinga byarangiye utabonye izuba kubera ko wari waranyuranyije n’amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu Kirengera Ibidukikije (REMA).
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yo muri Uganda yafatiwe mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu ijoro rya tariki 14/01/2014 ipakiye ibiti by’imishikiri bivugwa ko bivamo parufe maze umushoferi wayo ariruka.
Nyuma yaho abantu bacuruza inkwi n’amakara mu mugi wa Kibungo babaye benshi bigatera impungenge ko amashyamba yaba asarurwa mu kavuyo, umuyobozi w’akarere ka Ngoma yahaye inshingano ubuyobozi bw’ibanze bwo kugenzura abantu bacuruza amakara n’abacuruza inkwi ko bafite ibyangombwa byo gusarura ishyamba.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) hamwe n’andi bikorana mu Rwanda, yatanze inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari y’Amerika; agamije kubaka ubushobozi, kubahiriza amategeko agenga ibidukikije, gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima; hamwe no kunganira ikigega cyagenewe guhangana n’ingaruka z’ihindagurika (...)
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, arashimira abaturage b’akarere ka Nyamasheke uburyo babungabunga amashyamba ariko akabasaba kongera imbaraga mu bikorwa biyateza imbere kugira ngo yiyongere bisumbyeho.
Abantu batunze imodoka zirekura umwotsi w’umukara basabwe gutangira gusuzumisha imodoka zabo hakiri kare kuko nta modoka izogera gukandagira mu muhanda irekura bene uwo mwotsi wangiza ubuzima bw’abantu.