Abashoferi mu muhanda Tanzania-Kigali basabwe kwirinda impanuka

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yasabye abashoferi bakorera mu muhanda Dar es-Salaam-Kigali kugabanya umuvuduko wo nyirabayazana w’impanuka zikomeje gutwara abantu.

Mu kiganiro SPT Christian Safari umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yagiranye n’abo bashoferi ku wa 16/11/2015 biganjemo Abatanzaniya yavuze ko ubuzima ari bwo bw’ingenzi mu byo bakora byose. Umuhanda Rusumo-Ngoma haherutse kubera impanuka 3 zikomeye.

Iyi modoka nyuma yo kugonga umukingo yacitsemo ibice bibiri kimwe kireba mu cyerekezo ivuyemo
Iyi modoka nyuma yo kugonga umukingo yacitsemo ibice bibiri kimwe kireba mu cyerekezo ivuyemo

SPT Safari yavuze ko akenshi izo mpanuka zikorwa n’abashoferi bagenda n’ijoro bapakiye kandi bagendera mu muvuduko ukabije mu muhanda batamenyereye.

Abashoferi bashimye impanuro z'umukuru wa Polisi bavuga ko bagiye kwisubiraho
Abashoferi bashimye impanuro z’umukuru wa Polisi bavuga ko bagiye kwisubiraho

Ati“ Iki cyumweru gishize hakozwe impanuka 3 zikomeye k’ubw’amahirwe ntizagize uwo zihitana,byose bituruka ku muvuduko, birasaba ubwitonzi muri uyu muhanda kuko ni muto kandi urimo amakona menshi si nk’imihanda ya Tanzaniya irambitse”.

Gatarama hamaze kumenyekano ku izina umukobwa w'igini kubera impanuka zikunze kuhibasira
Gatarama hamaze kumenyekano ku izina umukobwa w’igini kubera impanuka zikunze kuhibasira

Nk’uko yakomeje abivuga ngo ayo makorosi bayageramo kubera kumenyera imihanda ya Tanzaniya itagira amakorosi, bakirukanka bakata imodoka ziba zinapakiye bakisanga barenze umuhanda.

Gatarama hamaze kumenyekano ku izina umukobwa w'igini kubera impanuka zikunze kuhibasira-1
Gatarama hamaze kumenyekano ku izina umukobwa w’igini kubera impanuka zikunze kuhibasira-1

Yavuze ko impanuka ziterwa n’abanyamaguru, abanyonzi n’abamotari zagabanutse ku buryo bufatika nyuma ya gahunda ya Polisi y’ukwezi k’umutekano aho bigisha abakoresha umuhanda uko bitwara icyo gikorwa kikaba 3 mu mwaka.

Abashoferi banyuzwe n’izo mpanuro bavuga ko bagiye kugabanya umuvuduko bageza n’ubwo butumwa kuri bagenzi babo, bemeza ko nta mpanuka zizongera kuba zitewe n’umuvuduko.

Uduce dukunze kwibasirwa n’impanuka

Mu ikona ry’ahitwa Gatarama mu muhanda Rusumo-Ngoma niho hakomeje kubera impanuka kuko akenshi uhasanga imodoka ebyiri cyangwa eshatu zarenze umuhanda mu gihe kimwe.

Mbere yo kugenda abashoferi babanza guhabwa inama na Polisi
Mbere yo kugenda abashoferi babanza guhabwa inama na Polisi

Kubera impanuka nyinshi zihabera abaturage benshi bemeza ko aho hantu haba igini riteza impanuka.

Hamisi Saïdi uhaturiye agira ati “Nta gushidikanya hano haba igini ry’umukobwa, bose niko babibona aha ejo baheguye imodoka yarenze umuhanda none uyu munsi indi irahagaramye kuki zitagwa ahandi?nta munsi ushira hataguye imodoka”.

SPT Christian Safari umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yasabye abashoferi kwirinda umuvuduko
SPT Christian Safari umuyobozi wa Polisi mu karere ka Kirehe yasabye abashoferi kwirinda umuvuduko

Ahandi hibasirwa n’impanuka ni Cyunuzi mu rugabano rw’Akarere ka Kirehe na Ngoma.

Nyinshi mu modoka zikunze gukora impanuka ni kamyo ziba zikoreye esansi akenshi ziba zitwawe n’abashoferi bo muri Tanzaniya na Kenya.

Servilien Mutuyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Haba harimo n’abanyoye ibiyobyabwenge n’abandi bafite shida zaduniya yewe n’imodoka zifite imyaku yo kwa satani!basengere abagaga!

kayijuka yanditse ku itariki ya: 17-11-2015  →  Musubize

impanuka zasaga nk’iziteye inkeke ariko ubwo hatangiye ubu bukangurambaga reka twizere ko hari ikigiye guhinduka

Freddy yanditse ku itariki ya: 17-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka