Abitandukanjije n’abacengezi bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, baravuga ko batazongera kwibona mu moko yatandukanyije Abanyarwanda.
Ababyeyi bo mu karere ka Rutsiro barasabwa kuzigamira abana babyara kugira ngo bazagire ahazaza heza habo bamaze gusaza.
Pasiteri Ndagijimana Emmanuel yemeye guha amakoperetive n’amatsinda yakoreraga ibikorwa ku butaka bw’itorero ry’Ababatisita imitungo yabo yiyandikishijeho y’ahazubakwa ikibuga cy’indege.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke barasaba ko amapoto y’amashanyarazi ashaje yasimbuzwa kugira ngo atazateza impanuka.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku avuga ko ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro bukorerwa mu Karere bubangamiye imibereho myiza y’abimurwa ahacukurwa.
Inama y’abagiraneza(Philanthropists) bafasha Afurika, ibera i Kigali ku wa 26-27/10/2015, ngo izavamo ubufasha butandukanye kuri Leta y’u Rwanda.
Inzu zivugwaho kuba zarubatswe mu kajagari mu mujyi wa Kayonza zigiye gusenywa, ba nyirazo bakavuga ko ari igihombo gikomeye.
Abagore bo mu Murenge wa Rukomo bifuza ko abagabo bahorana intero ya “Ndi umugabo” mu magambo babireka igasimburwa n’ibikorwa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Gatete Claver, yashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo ya miliyoni 26 z’amadolari y’Amerika yatanzwe na Banki y’isi akazafasha mu bucuruzi.
Nyuma y’amezi atandatu impunzi z’Abarundi zigeze mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, ziri kubakirwa amazu y’amabati zigomba kwimukiramo zikava mu mashitingi.
Impunzi z’abarundi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama iri mu karere ka Kirehe zirasaba ko zafashwa kugira ngo abacikirije amashuri muri kaminuza bayakomeze.
Abanyarwanda batuye muri Senegal ndetse no mu bihugu by’Afurika y’Iburengerazuba bakiriye abayobozi b’u Rwanda ndetse baboneraho umwanya wo kwifuriza Perezida wa Repubulika Paul Kagame isabukuru nziza y’amavuko.
Abakozi b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bashinzwe gutegura ubutumwa bw’amahoro, biyemeje kurwanya Jenoside, nyuma y’ibyo babonye ku rwibutso rwa Kigali.
Ihuriro rigizwe n’abagore b’abayobozi b’igihugu n’abagore b’abahoze ari abayobozi, Unity Club “Intwararumuri”, ryashyikirije abakecuru b’incike mu Karere ka Rulindo icumbi.
N’ubwo ibikorwa bijyanye no kwitabira igikoni cy’Umudugudu bikunze kwitabirwa n’abagore, abagabo bo mu murenge wa Mukindo nabo baributswa ko bibareba
Mu muganda w’abagore wabaye tariki 24/10/2015, bahamagariwe kugira uruhare muri gahunda z’inyungu rusange baharanira iterambere ry’umuryango n’iry’igihugu
Urubyiruko rwo mu karere ka Gisagara rwiyemeje kuzasanira abatishoboye amazu muri uku kwezi kwahariwe urubyiruko, rukazasana amazu agera kuri 59
Ba mutima w’urugo bahangayikishijwe na bamwe mu bagore bavuga ko batatekera abana babo injanga kuko ziribwa n’abatagira inka.
Kuri uyu wa 24 Ukwakira, mu muganda wa ba mutima w’urugo, abagore basabwe kwimakaza isuku kuko utayigira adatekereza neza.
Abakozi 23 bakoze ikizamini cy’akazi cyanditse mu karere ka Rubavu bamaze gusaba kwerekwa impapuro bakoreyeho kubera kutemera amanota bahawe.
Abagize inama y’Igihugu y’abagore mu karere ka Nyanza bakoze igikorwa cy’umuganda udasanzwe basibura imihanda kuri uyu wa 24 Ukwakira 2015.
Abanyamuryango ba RPF bo mu karere ka Kicukiro bigiye byinshi ku mateka yo ku Murindi w’Intwari bizabafasha gukomeza gusigasira ibyagezweho.
Abatuye mu murenge wa Busengo mu karere ka Gakenke barasaba gukorerwa ikiraro cyo kuri Gaseke kuko cyangiritse bikaba bibabangamira kuhambuka
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi burasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’utugari ibisobanuro ku nka zo muri Gira inka zambuwe abaturage batishoboye.
Ministeri y’Imicungiye y’Ibiza no gucyura Impunzi irabeshyuza amakuru avuga ko mu nkambi y’impunzi ya Mahama hakorerwamo ibikorwa bigamije kurwanya u Burundi.
Igikorwa cyo gusubizaho imbago z’imipaka zashyizweho 1911 kigiye kurangira gisenyeye Abanyekongo batari bacye harimo n’ishuri ryubatse ku mutaka bw’u Rwanda.
Umuyobozi w’umuryango Transparency International- Rwanda, Madame Ingabire Immaculée avuga ko hari abaturage usanga bashimishwa no kwitwa ko bahora mu karengane.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gatsibo, bavuga ko icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko gisize gikemuye bimwe mu bibazo.
Urwego rw’Igihugu rw’imfungwa n’abagororwa rwahuguye abaforomo barwo bakorera mu bigo nderabuzima by’amagereza yose yo mu Rwanda.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Nyanza bahamya ko imyumvire yiyongereye mu kurwanya isuri itwara ubutaka bwabo babyazaho umusaruro.