Abarwanashyaka ba PPC mu karere ka Karongi barasabwa kwitinyuka bakiyimamariza ubuyobozi mu nzego z’ibanze mu matora ateganyijwe mu mwaka utaka.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko leta y’u Rwanda izahangana n’ushaka gusumba Imana ko yo itigeze ishaka gusumba Imana.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame arasaba abanyarwanda kwihesha agaciro kugira ngo hatagira abakomeza kubayoresha ivu nk’agatebo.
Mu ijoro rishyira kuri iki cyumweru, ibendera ry’igihugu ryo ku kagari ka Tyazo, muri Karongi ryibwe, nyuma riza kuboneka.
Habumugisha Jean Claude w’imyaka 20 wo mu kagari ka Rubaya Umurenge wa Mpanga nyuma yo gutwarwa n’umuturanyi amushinja ubujura umurambo we wabonetse mu ruzi rw’Akagera
Muri iki gitondo, umurambo w’umugabo witwa Hakizimana Thomas wasanzwe iruhande y’umugezi witwa Musogoro mu Murenge wa Rubengera Akarere ka Karongi.
Ngoyabahizi Viateur umuforomo mu kigo nderabuzima cya Nyarubuye nyuma yo kugwa mu muhanda mu ijoro rishyira 06/11/2015 agapfira mu bitaro bya Kirehe bakeka ko yishwe na Kanyanga abandi amarozi.
Abatuye muri Duwane nyuma yo kubona ibibazo by’umutekano muke byaterwaga n’inzoga z’inkorano, bashinze koperative icunga umutekano kandi byagize akamaro.
Mu mudugudu wa Nyamugali mu kagari ka Nyagasozi Umurenge wa Mutenderi Akarere ka Ngoma,hamaze gufatwa ingunguru zengerwamo kanyanga eshanu.
Mu karere ka Nyanza nka hamwe mu turere tw’u Rwanda twugarijwe n’indwara ya Malariya ubuyobozi bw’Akarere bwahagurukiye kuyirwanya.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo bakora ubucuruzi bw’imisambi gakondo, bavuga ko isoko ryayo ryagabanutse ngo kuko hasigaye hakoreshwa imifariso.
Nyarubuye nka rumwe mu nzibutso 5 zikomeye mu gihugu tariki 20/10/2015 CNLG yahatangije igikorwa cyo kubaka urwibutso ruzakira imibiri ibihumbi 80.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikorabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko idini ryiza ribereye Abanyarwanda ari ugukunda igihugu.
Abanyabugeni bo mu Rwanda bifuza ko Abanyarwanda bagira amatsiko y’ibyo bakora, bakabasha kubagana no kubagurira kugira ngo ntibikajyanwe n’abanyamahanga gusa.
Inama y’igihugu y’abagore (CNF) iragaragaza inzitizi mu iterambere ry’umuryango Nyarwanda, zirimo kuba hakiri umubare munini w’abagore batazi gusoma no kwandika.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatusti muri Mata 1994 bo mu Murenge wa Nyarusange bavuga ko gahunda ya “Mvura nkuvure” ikomeje kububaka.
Ingabo z’igihugu zatangiye gusimbura bagenzi babo bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo bari bagize batayo ya 35.
Madame Jeannette Kagame arasaba buri Munyarwanda kugira uruhare mu kubungabunga iterambere n’ubusugire by’u Rwanda.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Never Again Rwanda, bwagaragaje ko amakimbirane arangwa mu karere k’ibiyaga bigari ahanini intandaro yayo ari ubutaka.
Abashoferi bakoresha Gare ya Kabarondo yo mu Karere ka Kayonza baravuga ko gusana iyo gare bizarengera imodoka zabo zayangirikiragamo.
Imvura idasanzwe yaguye mu mirenge ya Nyarubaka, Nyamiyaga na Mugina, isenyera abagera kuri 50 inangiza imyaka mu karere ka Kamonyi.
Polisi y’igihugu irasaba abaturage kutihanira kuko bihanirwa. Ni nyuma y’aho abo mu mudugudu wa Kabeza bakubise umujura agakizwa na DASSO.
Uhagarariye Turkiya mu Rwanda, Mehmet Raif Karaca yemereye Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi ku itariki 05/11/2015, guteza imbere umubano ushingiye ku bukungu.
Abaturage bo mu karere ka Gakenke by’umwihariko aborozwa muri gahudna ya Girinka basanga iyi gahunda ituma barushaho kwiteza imbere.
Minsitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Gakenke kubera urugero abaturage, kugira ngo nabo babarebereho.
Perezida Kagame yageze muri Tanzania aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya uherutse gutorwa muri iki gihugu, John Pombe Magufuli.
Abagenzi bategera imodoka muri gare ya Ruhango, baravuga ko mu bihe abanyeshuri bataha, ba nyir’amodoka ngo ntibongera kubaha agaciro nk’ibisanzwe.
Abitandukanyije n’umutwe w’inyeshyamba za FDLR barasaba bagenzi babo guhumuka bakava mu buyobe bamazemo imyaka 21 bazerera mu mashyamba ya Congo.
Nyuma y’imyaka ibiri abagenzi bagana ku Ruyenzi bahawe umurongo wa tagisi, abakomeza Bishenyi n’i Gihara na bo zizajya zibakomezanya.
Abacunda bagemura amata kuri koperative z’aborozi mu Karere ka Kayonza ngo bari mu ruhuri rw’ibibazo nyuma yo kwamburwa n’izo koperative.