Polisi yo mu karere ka Nyarugenge yataye muri yombi imodoka yari itwaye forode y’amakarito 78 y’inzoga yo mu bwoko bwa African Gin ahwanye n’uducupa 640, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Umunyeshuri witwa Niyomugabo Diomede w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatanu mu ishuri ribanza rya Dihiro riri mu Murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yaburiwe irengero nyuma yo gukubita umwarimu umugeri akikubita hasi.
Ndikubwimana Erneste w’imyaka 33 afungiye kuri station ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akekwaho urupfu rw’umukobwa w’imyaka 20 witabye Imana nyuma yo gusambanywa n’abahungu babiri barimo uyu Ndikubwimana.
Kuri uyu wa 12/10/2012, mu kagari ka Rugarama, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe imvura yaguye mu masa saba n’igice yashenye amazu 23 ibisenge by’inzu byose bivaho naho andi 17 asenyuka igice.
Abanyeshuri batatu biga kuri Ecole Technique Sainte Trinite Ruhango, bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 11/10/2012 bacyekwaho kwiba matola z’abandi bana bakazigurisha mu baturage baturanye n’ishuri bigaho.
Umugore witwa Bayavuge utuye mu kagari ka Kabihogo, umurenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ku wa kane tariki 11/10/2012, arakomereka ahita ajyanwa kwa muganga.
Litiro 469 za kanyanga zifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 938 zamenywe mu muhango wo kumena ibiyobyabwe no gucira urubanza abacuruzaga n’abanywaga kanyanga, wabaye tariki 11/10/2012 mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera.
Justine Nyiratora w’imyaka 26 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze kuva tariki 10/10/2012 azira kwinjiza amashashi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ayavana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwafashe ingamba zo guhagurukira santere ya Mugu, iherereye mu murenge wa Kagogo kubera forode iharangwa ndetse n’urugomo rwa hato na hato ruterwa b’ababa banyoye ibiyobyabwenge bihacuruzwa.
Abakobwa babiri batawe muri yombi na Polisi ikorera mu mujyi wa Kigali, umwe akekwaho kwica uruhinja yibarutse, undi akurikiranweho gukuramo inda y’amezi atanu; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 3 witwa Kamanzi Fredi itabye Imana agonzwe n’ikamyo mu murenge wa Rwibogo mu karere ka Rusizi ku gicamunsi cya tariki 10/10/2012.
Ingabire Emmanuel w’imyaka 28 ukomoka mu Murenge wa Matimba, Akarere ka Nyagatare arwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba nyuma yo kugirwa nabi na Havugimana Damascene yitayeho igihe yari arwariye i Nyagatare nta kirwaza afite.
Abanyeshuri barindwi bo ku rwunge rw’amashuri rwa Bigutu ruri mu Murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bahungabanye bikomeye bitewe n’inkuba yakubise inyubako z’iryo shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 10 Ukwakira 2012.
Abaturage barasabwa kwirinda ibiyobyabwenge kuko bikurura umutekano muke ndetse bikagira n’ingaruka zirimo urugomo, ubusinzi, gusesagura umutungo wakagombye kuzamura ingo no kuwupfusha ubusa, indwara n’ibindi bitandukanye.
Abasore batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rushashi mu Karere ka Gakenke bakekwaho gufata ku ngufu abakobwa babiri mu ijoro rishyira tariki 07/10/2012, ku bw’amahirwe umwe abava mu nzara yambaye ubusa.
Umukozi wo mu rugo w’umukobwa witwa Uwamahoro yirukanwe ku kazi yakoraga nyuma yo kugambirira kuroga nyirabuja na sebuja, batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, akoresheje ikinini cyica imbeba.
Ntakirutimana Silas w’imyaka 31 wari amaze amezi abiri ashakishwa kubera kuruma izuru umukuru w’umudugudu w’aho atuye, yafashwe ku mugoroba wa tariki 8/10/2012 acumbikirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza.
Abayobozi bane ba koperative IMBARAGA y’abahinzi b’ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma bari mu maboko ya polisi station ya Kibungo bakekwaho kugurisha ifumbire ya “Dapu” irengaho gato toni 8.
Abagabo barindwi bo mu karere ka Kirehe bafunzwe bazira gucuruza mazutu mu buryo bwa magendu; bavuga ko bayikura ku bashoferi batwara amakamyo ava mu gihugu cya Tanzaniya.
Inzu y’umuturage wo mu murenge wa Kame mu karere ka Rusizi yaraye ihiye mu ma saa yine z’ijoro rya tariki 08/10/2012 bitewe n’umuriro waturutse mu gikoni cya motel Rubavu bituranye.
Abagize urwego rushinzwe umutekano rwa community policing rukorera ku mudugudu, rurasaba ko rwagenerwa umwenda w’akazi kugirango abaturage barusheho kububahira imirimo bashinzwe.
Dukuzimana Claire w’imyaka 6 yitabye Imana agozwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser saa moya n’igice z’igitongo cyo kuri uyu wa 08/10/2012.
Abantu babiri bitabye Imana bagonzwe n’imodoka mu turere twa Musanze na Kayonza mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Kanyamanza Asinapaul w’imyaka 54 yakubishwe n’inkuba ahita yitaba Imana, abandi batandatu bari kumwe barahungabana bajyanwa mu bitaro bya Ruhango bo bakaba bamaze koroherwa.
Itangishaka Maurice w’imyaka 23, Maniraguha Emmanuel w’imyaka 28 na Hategekimana Claude w’imyaka 22 y’amavuko, bafungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, kubera gucuruza inzoga z’inkorano zizwiho kwangiza ubuzima bw’abazinkwa.
Kayinamura Saidi yatawe muri yombi nyuma yo gukubita uwo basangiraga inzoga y’urwagwa akamuhindura intere, amuziza ko yashakaga kumuteretera umugore, ubwo basangiraga ku wa Kane tariki 04/10/2012.
Tariki 03/10/2012 inyuma y’ingoro y’Inteko Ishingamategeko mu Mujyi wa Kigali havumbuwe gerenade imwe naho izindi ebyiri zivumburwa mu Murenge wa Gitarama, Akarere ka Muhanga.
Amahugurwa y’iminsi 12 yagenewe abagize urwego rw’ubufatanye hagati ya polisi n’abaturage (Community Policing) agomba gutangwa mu turere twose yatangiriye mu karere ka Gisagara tariki 04/10/2012. Kuba uru rwego rugiye kungurwa ubumenyi bizanarufasha gukora ibyo rusobanukiwe neza.
Umugore witwa Iryivuze Valentine afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, kuva tariki 03/10/2012 azira gucuruza amamesa atujuje ubuziranenge.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagore batatu aribo Francine Murerwa, Chantal Uwamariya na Violette Ugirumurera nyuma yo gufatanwa uducupa 250 tw’inzoga zitandukanye.