Umuyaga uvanze n’imvura yaguye tariki 25/01/2013 byagurukanye igisenge cy’inzu imwe y’amabati, izindi nzu umunani zisakaje amategura zirasakambuka mu mudugudu wa Muhora, akagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro.
Hifashishijwe amafishi mpimbano y’abanyamuryango, Sacco Abanzumugayo yo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza yibwe amafaranga hafi miriyoni eshatu; nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Sacco Abanzumugayo, Munyemana Deo abivuga.
Igishanga cya Rugezi giherereye mu karere ka Burera, cyafashwe n’inkongi y’umuriro cyirashya ariko abaturage n’inzego zishinzwe umutekano bahaturiye bihutira kukizimya inkongi y’umuriro itaragera ahantu hanini.
Mukarugema Immacule w’imyaka 73 yitabye Imana ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana, kuwa Kane tariki 24/01/2013. Bikavugwa ko yaba yazize amakimbirane ashingiye ku mutungo w’ubutaka.
Jean de Dieu Hagumimana wari utuye mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, yiciwe mu gasantere ka Kabihanga muri Uganda, atewe icyuma mu rubavu n’abantu bari barimo basangira mu kabari ko muri ako gasantere.
Edouard Twizeyimana, Jean de Dieu Habineza na Daniel Bakunda bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, bazira kwica imbogo muri Parike y’Akagera.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu batangaza ko bugarijwe n’ikibazo cy’ubujura butobora amazu bugamije kwiba television n’ibikorana nayo nk’ibikoresho bikoreshwa n’amashanayarazi.
Habimana Anastase w’imyaka 30 ari mu maboko ya polisi guhera tariki 22/01/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 18 mu kigo nderabuzima cya Karambi mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango.
Safari Nzabakurana w’imyaka 30 wakoraga umwuga wo gutwara abantu ku igare mu gasantire ka Gitisi umurenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, yishwe n’abagizi ba nabi batwara igare yakoreshaga.
Abagabo batandatu biyemerera uruhare mu rupfu rw’umugabo w’Umugande wishwe atwikiwe mu modoka ye mu karere ka Gicumbi mu ijoro rishyira tariki 18/01/2013. Nubwo bamwishe urwagashinyaguro, bahakana ko batari babigambiriye kuko bifuzaga kumwiba gusa.
Umuvugizi wa polisi mu ntara y’iburasirazuba, Supt. Benoit Nsengiyumva, arasaba abatwara abagenzi kuri za Moto kubahiriza amategeko y’umuhanda no kubahiriza ibisabwa mu muhanda.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, tariki 22/01/2013, umwana w’imyaka 15 wo mu Kagali ka Kagoma, Umurenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke yafashwe atwaye igare ry’umunyonzi arishyiriye umutekamutwe wavugaga ko ari rye kugira ngo abashe kuryiba.
Abakora umwuga w’uburaya mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi batangiye kujya batera amahane ku bagabo baba babasambanyije, kugeza naho uwanze kwishyura indaya zimwishyurije ku karubanda ku manywa y’ihangu.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza avuga ko ikibazo cy’abana batabwa ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo ndetse n’ahandi mu mihanda y’umujyi wa Gisenyi kimaze kwiyongera.
Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo, tariki 20/1/2013, yataye muri yombi abasore babiri batuye mu Kagali ka Nyagatovu, Umurenge wa Kimironko ibasanganye udupfunyika tw’urumogi 841; nk’uko Polisi ibitangaza.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro (EWSA) buravuga ko butazigera bukingira ikibaba umukozi wayo uzafatwa yibye insinga z’amashanyarazi.
Niyigena Leandre uri mu kigero cy’imyaka 30 utuye mu Mudugudu wa Kirehe, Akagali ka Gisozi mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke yateye kwa nyirabukwe aramukubita amukura amenyo atatu anaruma umugore we izuru mu ijoro rishyira tariki 21/01/2013.
Ntawimenya Théobard w’imyaka 48 utuye mu mudugudu wa Rwabigaro, akagari ka Muganza, umu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ari mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kuraswa amasasu abiri n’abantu bitwaje imbunda bashaka kumwiba.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa mbere, tariki 21/01/2013, imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite pulake RAA 636X yari ivuye ahitwa ku cyapa yerekeza ku Rusizi rwa mbere yagonze imwe mu nyubako z’itorero Anglican mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi.
Mukarusagara Maria utuye mu mudugudu wa Mont Cyangugu, akagari ka Cyangugu, umurenge wa Kamembe ho mu Karere ka Rusizi, wafatanywe amasasu abiri y’imbunda yo mu bwoko bwa SMG.
Usengimana Mechak w’imyaka 56 yaguye mpanuka yabereye mu karere ka Kamonyi ubwo Ambulance yari imuvanye mu karere ka Nyamasheke imujyanye mu bitaro bya CHUK i Kigali nyuma yo kugongwa n’imodoka.
Ababyeyi bo mu karere ka Ruhango batuye mu duce twamaze kugeramo iterambere nk’umuriro bahangayikishijwe n’insinga z’umuriro zinyura mu butaka ko zishobora kubaca ku rubyaro.
Nyirambonyimana Noella w’imyaka 36 y’amavuko wari Umucungamutungo (Comptable) wa Koperative Umurenge SACCO yo mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi kuri uyu wa 19/01/2013 akekwaho gukoresha impapuro mpimbano ngo anyereze umutungo.
Nk’uko byagaragajwe n’inama y’abafatanyabikorwa mu by’ubuzima mu karere ka Ngororero, abantu bagera kuri 301 bakorewe ibikorwa by’ihohoterwa mu mwaka ushize wa 2012.
Mu masaha yo ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 18/01/2013, inkumi iri munsi y’imyaka 25 yanyweye inzoga aho bita mu kajagari mu murenge wa Bwishyura hakunze kuba abakobwa bigurisha, ubundi si uguteza akavuyo mu muhanda biratinda.
Polisi yo mu karere ka Burera icumbikiye umugabo witwa Felix Ntaganzwa, ukekwaho kwiba moto ya Anastase Nteziryayo, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruhunde.
Ubwinshi bw’abakora uburaya n’abandi bakora ibikorwa byo guhungabanya umutekano birimo guta abana no gukwirakwiza Virusi itera Sida, biri mu bibazo bikomeje gufata indi ntera mu karere ka Rubavu.
Abarundi icyenda n’Abanyarwanda babili bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Ngoma iri mu karere ka Ngoma, bakekwaho gutwara urumogi na forode z’amasashe n’amamesa.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 18/01/2013 ahitwa Rwafandi mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi abagizi ba nabi bahatwikiye umugande witwa Tinyinondi Dickson mu modoka ubwo yari avuye mu mujyi wa Kigali kuvunjisha amadorari.
Umurambo w’umugore utaramenyekana inkomoko ye watoraguwe mu kizenga cy’amazi kiri mu mudugudu wa Remera mu kagari ka Nyarutunga ho mu murenge wa Nyarubuye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba tariki 17/01/2013.