Abatampera (temperants) bo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ryo mu murenge wa Nyamyumba ntibemera ubwisungane mu kwivuza “Mutuelle” kuko ngo ari ishyirahamwe kandi batemerewe kujya mu ishyirahamwe.
Mu rwego rwo kubongerera ubushobozi n’imicungire myiza y’amakoperative, abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Gisagara bahuguwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Society for women against Aids in Africa (SWAA- Rwanda) ku bufatanye n’ibitaro bya Kibirizi ndetse na ministeri y’ubuzima.
Nyiramana Olive wari umaze amezi 10 akorera ikigo nderabuzima cya Remara – Mbogo mu karere ka Rulindo, yafashwe akoresha impamyabushobozi y’impimbano ahita yiyemerera icyaha.
Amashuri yigisha ababyeyi kwita ku mirire y’abana babo mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi arimo gutanga umusaruro kuko abana bari bafite icyo kibazo bari kugenda bamera neza.
Minisitiri w’ubuzima yasabye ko imirire mibi ku bana igomba gucika mu ntara y’amajyaruguru, bikajyana no gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Mu rwego rwo kuzamura imibereho myiza y’abaturage no kurwanya indwara zituruka ku mazi mabi, umuryango wa gikirisito e-Three Partners, tariki 15/02/2012, wamurikiye abaturage bo mu mudugudu wa Rwarucura mu Kagari ka Mbale mu murenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare amavomo atatu yatwaye amadorali y’Amerika 5250.
Abagabo bagera kuri 37 bo mu murenge wa Kinihira akarere ka Rulindo bibumbiye mu ishyirahamwe “Turuhure Abagore Bacu” bahisemo kwifungisha burundu kugirango baruhure abagore babo bagubwaga nabi n’uburyo bwo kuringaniza urubyaro bakoreshaga.
Umukozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza (mituelle de santé) mu kigo nderabuzima cya Mukarange, Bonaventure Babyecwamu, avuga ko umubare w’abantu bari bateganyijwe kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza wamaze kuzura ndetse ukanarenga.
Umuryango wa Muhigana Alphonse wapfiriye ku ivuriro “Gira Ubuzima” mu karere ka Nyanza mu cyumweru gishize wategetswe kumutaburura aho yari ashyinguye kugira ngo ujye kongera gukorerwa isuzuma mu bitaro i Kigali.
Umuryango Imbuto Foundation, tariki 31/01/2012, washyize ahagaragara igitabo mpfashanyigisho kizajya gifasha abigisha gusobanurira urubyiruko rufite imyaka 15 kugeza kuri 24 uko rwakwirinda icyorezo cya SIDA.
Abagana aho bategera imodoka (gare routiere) i Ngoma bavuga ko babangamiwe n’umwanda ukabije muri iyo gare ukururwa cyane cyane no kuba nta mazi iyo gare ifite.
Nubwo abashakanye basezerana kubana iteka ndetse bakanarara mu buriri bumwe, hari abandi bavuga ko kurara mu buriri bumwe buri gihe bigabanya amarangamutima (sentiments) umuntu agirira mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.
Nyuma yo kugaragara ko bamwe batita ku bikorwa by’isuku kandi bishobora kubagiraho ingaruka, ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bufatanyije n’abafatanya bikorwa bateguye ukwezi kw’isuku kuzatangira taliki 24/01/2012 kukazarangwa no gushishikariza abaturage kugira isuku n’imirire myiza.
Nyirakanani Beatrice, umugore utuye mu murenge wa Mushishiro ho mu karere ka Muhanga, amaze kugira imbyaro zirindwi ariko nta mugabo uzwi bigeze babana. Avuga ko yababyaye kubera kubura ubushobozi.
Abaturage bo mu murenge wa Kiziguro baturiye ivuriro rya Mbogo binubira ko bakora urugendo runini bajya kwa muganga kandi barubakiwe ivuriro rikaba ryarananiwe kuzura.
Uwimboneye Phiacle na Ntawenda Jean Marie Vianney bamaze igihe cy’ukwezi basezeranye imbere y’amategeko kubana nk’umugore n’umugabo mu buzima bwabo bwose mu gihe Ntawenda atavuga naho Uwimboneye we akaba avuga.
Abacuruza inyama mu isoko rya Cyili ryo mu murenge wa Gikonko mu karere ka Gisagarara barashinjwa kugira isuku nke. Aba bacuruzi bo batangaza ko ikibazo cy’isuku nke giterwa n’uko nta bagiro bafite n’isoko rikaba ritubakiye.
Umwana w’umukobwa witwa Uwimana Jeanette ukomoka mu mudugudu wa Mukingo mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yatewe inda akiri umwana w’imyaka 17 y’amavuko abyara abana babiri b’impanga.
Dr Jean Claude Ndagijimana wari umuyobozi w’ibitaro bya Rwamagana, tariki12/01/2012, yagaharitswe ku mirimo ye kubera isuku nke Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yasanze muri ibyo bitaro ubwo yabisuraga.
Imbuto Foundation ifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya SIDA (RBC/IHDPC), uyu munsi, yatangije Icyumweru cy’Urukundo Nyakuri mu rwego rwo gushishikariza urubyiruko kwipimisha agakoko gatera SIDA no gukebwa. Ku rwego rw’igihugu iki cyumweru cyatangiriye ku kirwa cya Iwawa.
Ubushakashatsi bugaragaza ko uku kwishushanya ku mubiri (tatouge) bishobora gutera indwara zitandukanye zirimo kanseri cyangwa icyorezo cya Sida.
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bw’abaturage bukabije, Leta y’u Rwanda yashyizeho uburyo bwo kuboneza urubyaro butandukanye burimo kwifungisha burundu ku bushake ariko ubu buryo ntibuvugwaho rumwe n’abantu bose.
Uyu munsi, abakozi ba MTN Rwanda bari kumwe n’umuyobozi wayo, Khaled Mikkawi, bahaye amaraso ikigo cy’igihugu gitanga amaraso (National Center for Blood Transfusion). Iki gikorwa cyabereye ku cyicaro cya MTN i Nyarutarama.
Ikinyamakuru Le Figaro cyanditse ko hari ubushakashatsi bwakozwe buvuga ko benshi mu bashakanye iyo bamaranye imyaka 15 cyangwa irenga batangira kurangwa n’ubwumvikane buke kugeza nubwo basabye gatanya (divorce).
Mu gihugu cya Chili hari gukorerwa ubushakashatsi ku rukingo batekereza ko ruzafasha mu kurwanya ubusinzi. Uru rukingo ngo ruzakora ku buryo uko umuntu afashe ku nzoga cyangwa ibindi bisindisha azajya yumva agize iseseme, ugata umutwe n’ibindi byatuma yumva azanze, bityo ngo bikagabanya ubusinzi.
Urubuga rwa interineti www.anyvitamins.com ruvuga ko vitamini A irinda umubiri kurwara indwara zandura (infections) n’indwara z’uruhu.
Nk’uko bigaragazwa n’impuguke zinyuranye zirimo Dr Joseph Musaalo wo mu gihugu cya Uganda, ngo hari ibiribwa bitagoye kubibona umuntu ashobora gufata bikamurinda kugira indwara zifata imyanya myibarukiro ndetse bigafasha n’ubifata kongera ubushake mu mibonano mpuzabitsina (libido).
Urubuga rwa interineti www.kidshealth.org ruvuga ko iyo umuntu ageze mu myaka y’ubwangavu, umubiri utangira guhinduka bikajyana n’isaha y’umubiri aho umutegeka kuryama atinze akabyuka atinze.
Abantu benshi muri Autriche ngo ntibahwemye kwifuza ko babona ishuri ryigisha ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina, none barashyize bararibonye.
Mu nteko rusange y’umutwe w’abadepite yateranye ejo tariki 10/11/2011, abadepite batoye itegeko rigena imikoreshereze y’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nkabyo mu Rwanda.