Ngororero: 95% by’abaturage bakoresha imisarane idasakaye

Nyuma y’igenzura ryakozwe n’itsinda ryashyizweho kurwego rw’akarere ka Ngororero, basanze 95% by’imisarane yubatse mu karere ka Ngororero ikoreshwa idasakaye.

Iki kibazo ni ingorabahizi muri gahunda y’isuku yaba isuku rusange cyangwa iy’abagize umuryango, mu gihe abaturage basabwa kwirinda no guca burundu indwara ziterwa n’umwanda, nk’uko bitangazwa na Evariste Barigora, umuyobozi w’abakozi n’umurimo ukuriye itsinda ryakoze iryo suzuma.

Imyinahi mu misarane ntiba yuzuye cyangwa isakaye.
Imyinahi mu misarane ntiba yuzuye cyangwa isakaye.

Barigora avuga kandi ko urwego rw’isuku muri rusange rukiri hasi mu karere ka Ngororero cyane cyane mubice by’icyaro.

Abenshi mubaturage bafite imisarane idasakaye bavuga ko impamvu ibitera ari ubukene bwo kubaka inkuta zikwiye no kubona isakaro maze bagahitamo gukoresha imisarane iteye ityo, harimo n’idafite inkuta n’izubakishije ibyatsi cyangwa ibishangara (ibijagari).

Indi misarane nayo iba yubakishijwe ibyatsi.
Indi misarane nayo iba yubakishijwe ibyatsi.

Nyuma yo gutangarizwa ibyavuye muri iryo suzuma, abayobozi b’imirenge bakaba barasabwe gushyira imbaraga mubukangurambaga no mugutera inkunga abadafite ubushobozi bwo kwiyubakira imisarane kugira ngo umwanda utazakururura indwara ziterwa n’umwanda ubundi ngo zari zaragabanutse muri aka karere.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka