Mu gihe hakigaragara abana bata amashuri, Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko hari ingamba zinyuranye zo guhangana n’iki kibazo harimo no kwigisha ababyeyi ko badakwiye gutuma abana bava ku ishuri.
Abasore n’inkumi 212 bo mu karere ka Rutsiro bahawe impamyabumenyi zemeza ko hari ubumenyi bungutse mu bijyanye no gukoresha mudasobwa n’ubudozi, kuri uyu wa Gatanu tariki 27/12/2013.
Umwana w’imyaka 17 witwa Muhawenimana Jean Bosco, avuga ko atabashije gukomereza amasomo ku kigo yagiye kwigaho bitewe n’uko abarimu bavugaga ko arangaza abandi bana bazaga kumushungera bitewe n’uko nta maboko yavukanye.
Ibigo bibiri by’amashuri yisumbuye, irya IJW-Kibogora n’irya APEKA-Kagano yo mu karere ka Nyamasheke yemerewe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro (WDA) gutanga amasomo y’ubumenyingiro ku rwego rwa A2 mu mwaka w’amashuri wa 2014.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyabirasi bufatanyije n’abaturage ndetse n’akarere ka Rutsiro batangiye kubaka bundi bushya ibyumba by’amashuri abanza ya Busuku nyuma y’uko itorero rya ADEPR rigaragaje ko nta bushobozi rifite bwo kuvugurura ikigo cyaryo.
Umugoroba w’ababyeyi mu karere ka Rulindo kuri ubu umaze gutera intambwe ikomeye aho kuva watangira wafashije abaturage kwikemurira ibibazo bimwe na bimwe, cyane cyane ibyari byugarije imiryango.
Inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye tariki 19/12/2013 yemeje ko abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bazajya bakorerwa isuzumabumenyi nibura rimwe mu gihembwe kugira ngo bashobore gutegurwa neza, bazajye batsinda neza ibizamini bya Leta.
Abakozi ba Leta mu karere ka Rusizi biga muri Congo bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cya tariki 21/12/2013 abakora ku mupaka barabagarura bababwira ko ari itegeko bahawe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga kimwe n’ubuyobozi bw’aka karere baratangaza ko umumenyi buke ari imwe mu mpamvu zitera imicungire idahwitse mu bigo.
Ishuri rikuru ry’Abadivantisiti b’Abalayiki rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza ku nshuro ya mbere ryahaye impamyabushobozi z’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza abanyeshuli bagera kuri 223 barangije muri iri shuli mu mwaka wa 2013.
Umushinga wa SWISSCONTACT wo mu gihugu cy’Ubusuwisi, kuri uyu wa 17/12/2013, wagaragarije Leta y’u Rwanda aho ugeze wubaka ibyumba bitandatu by’amashuri yigisha imyuga mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Nyuma y’imyaka ibiri ahagaritse amashuri kubera amikoro n’uburwayi bw’ababyeyi be, Josiane Uwimana w’imyaka 18 utuye mu karere ka Rutsiro agiye gusubira mu ishuri abifashijwemo n’ubuyobozi bw’akarere.
Umugabo witwa Nkunzimana Samson ubu uri gukabakaba imyaka 40 ari mu basoje itorero ry’igihugu kuri College ya Nyarutovu mu karere ka Gakenke nk’umunyeshuri urangije amashuri yisumbuye ariko atandukanye n’abandi bari kumwe aho mu itorero kuko we yize amashuri akuze cyane. Ngo yatangiye muri 9YBE afite imyaka 33, uyu mwaka (…)
Samson Nkunzimana w’imyaka 40 ari mu itorero ry’igihugu kuri College ya Nyarutovu, Akarere ka Gakenke nk’umunyeshuri urangije amashuri yisumbuye ariko atandukanye n’abandi kubera ko we yize akuze cyane.
Abanyeshuri bafashwa kwiga amashuri yisumbuye n’umushinga Partners In Health, Inshuti Mu Buzima bo mu karere ka Burera baratangaza ko uwo mushinga wabafashije cyane kuko iyo batawugira bari kuba baravuye mu ishuri.
Abanyeshuri bigaga muri Kaminuza yitwaga Community Intergrated Polytechnic CIP baravuga ko bahejejwe mu gihirahiro n’ubuyobozi bw’iyo kaminuza, nyuma y’aho ifungiwe kubera kutuzuza ibyangombwa.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Plan Rwanda mu karere ka Bugesera bwagaragaje ko abana 55 mu myaka itatu ishize bacishirije amashuri kubera gutwara inda zitateganyijwe, by’umwihariko mu murenge wa Mayange ni 28 mu mashuri ane.
Komite nshya y’abanyeshuri bo mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda, Rwanda Teachers’ College (RTC) ryahoze ari Rukara College of Education ryo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, yiyemeje guteza imbere ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri abanza n’ay’uburezi bw’ibanze yo mu murenge wa Rukara n’inkengero za wo.
Intore 1735 ziri ku rugerero ku ma site ya Nyarurena, Rukomo n’iya Nsheke mu murenge wa Nyagatare, mu karere ka Nyagatare ziratangaza ko urugerero ari amahugurwa bazungukiramo byinshi.
Nubwo bamaze kumenya akamaro k’amashuri y’incuke, abatuye Akarere ka Gatsibo batangaza ko ikibazo cy’ibikorwa remezo nk’inyubako z’ayo mashuri zidahagije ari kimwe mu bibangamiye ubu burezi.
Ubwo yatangizaga itorero ry’igihugu ku banyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Gisagara, Minisitiri Mussa Fazil Harerimana, yatangaje ko itorero ari amahirwe menshi ku barijyamo kuko higirwa inzira y’ubuzima bw’Umunyarwanda nyawe bityo bakaba bakwiye kubyaza umusaruro inyigisho barihererwamo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, yatangije ku mugaragaro itorero ry’abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye mu mwaka w’amashuli wa 2013 baturuka mu mirenge itandukanye y’akarere ka Nyanza.
Ubuyobozi bw’amashuri mu karere ka Rubavu bwashyizeho gahunda zifasha abana mu kiruhuko aho kujya mu miryango bakabura icyo gukora bakazerera, abandi bakajya ku kiyaga cya Kivu bashobora gukora impanuka zo kugwa mu mazi.
Abasoje amashuri yisumbuye muri uyu mwaka bagera ku 1200 batangiye itorero ry’igihugu mu ishuri rya TTC Mbuga riherereye mu murenge wa Uwinkingi no mu ishuri ry’ubumenyi rya Nyamagabe (ES Nyamagabe) ribarizwa mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Ubwo hatangizwaga ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ishuri rikuru rya polisi riri mu karere ka Rwamagana kuri uyu wa 28/11/2013, umunyamabanga wa Leta ushizwe amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro yemeje ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe cyane no guha buri muturage we ubushobozi bwo kwibeshaho neza no gutera imbere.
Abayobozi ba kaminuza imwe y’u Rwanda basuye ishami ryayo riri mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kureba uko iyi kaminuza yakwagurwa kuko aho bari baratijwe n’akarere ari hato cyane kandi hakaba harangirijwe n’umutingito.
Uwambajemariya Florence, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera, ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, arashishikariza urubyiruko rwo muri ako karere guharanira icyabateza imbere biga bashyizeho umwete, batava mu ishuri kuko aribo bazaragwa u Rwanda.
Ababyeyi bo mu murenge wa Maraba ho mu karere ka Huye barishimira ko abana babo basigaye bitabira amashuri y’incuke kuko ubu yabegerejwe bityo bakaba batagifite impungenge z’uko abana babo bagira impanuka mu nzira cyangwa ngo babe baruha bakora urugendo rurerure bagana ku mashuri.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) igaragaza ko ireme ry’uburezi rigomba kuvugururwa kugira ngo abanyeshuri bajye basoza amasomo bashoboye guhangana n’abandi ku isoko ry’umurimo, haba mu gihugu cyangwa mu ruhando mpuzamahanga.
Bitewe n’umutekano muke uri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, abarimu bigishaga mu karere ka Nyabihu baniga muri Congo, basabwe kureka kujyayo ku mpamvu z’umutekano wabo.