Umuyobozi w’Ishuli Rikuru ryigisha ubumenyi ngiro mu Ntara y’Iburengerazuba (IPRC West) atangaza ko gahunda y’Itorero igomba guhabwa agaciro gakomeye kandi ikabangikanywa n’ishuri risanzwe kuko kimwe kidashobora kwihaza cyonyine.
Urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri yisumbuye binyuranye byo mu Murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe rurasabwa kugera ikirenge mu cy’intwari z’igihugu u Rwanda rwibuka tariki ya 01/02 buri mwaka.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’ amashuri yisumbuye cya Murama, basanga kuba bashyikirijwe insakaza mashusho “Télévision”, ikoresha ikoranabuhanga rya Digital ari inkunga ikomeye bahawe, nabo bakazarushaho gukurikira amakuru y’ u Rwanda no hanze , ariko bazanayifashisha mu masomo yabo.
Abayobozi bakuru ba kaminuza y’u Rwanda, bahuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa kane tariki 30/01/2014, mu mwiherero w’iminsi ibiri kugirango baganire ku nshingano bahawe yo guhindura iyi kaminuza imwe mu z’icyitegererezo muri Afurika.
Umuryango nyarwanda FCYF (Fair Children and Youth Foundation) watangije ibikorwa byawo mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa 30/01/2014 uzibanda gufasha abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kwiga unabakorere ubuvugizi.
Abanyeshuri ndetse n’abarezi bo mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Nyamata (ETO Nyamata) mu karere ka Bugesera baravuga ko mudasobwa bahawe na MTN Foundation zije kubongerera ireme ry’uburezi muri iryo shuri.
Ababyeyi bafite abana biga mu mashuri y’incuke n’abanza mu karere ka Kayonza ntibavuga rumwe ku cyemezo cya Minisiteri y’Uburezi gitegeka abayobozi b’ibigo by’amashuri byacumbikiraga abana bari mu nsi y’imyaka 10 kubihagarika.
Mu muhango wo kwakira abanyeshuli 71 bashya baje kwiga mu ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) wabaye ku wa 27/01/2014 byagaragaye ko abanyamahanga ari bo bitabiriye kuryigamo ari benshi.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Nyamagumba riherereye mu murenge wa Muhoza, akarere ka Musanze, baravuga ko abanyeshuri babo batazongera guhura n’impanuka za hato na hato bitewe n’uruzitiro ruzatuma nta mwana wongera gusimbukira mu muhanda uko yishakiye.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubumenyingiro muri minisiteri y’uburezi, aravuga ko abantu bakwiye guhindura imyumvire bakamenya ko ubumenyingiro butagenewe abantu batabashije kwiga amashuri ngo babone impamyabushobozi, kuko n’abazifite babukeneye.
Kayitesi Immaculée w’imyaka 51 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko kugira ngo yige ari muri iyo myaka ikuze byatewe n’amateka mabi y’ivangura yakorewe mbere y’1994 akamuvutsa uburenganzira bwo kwiga akiri muto.
Abadepite b’Abanyakoreya y’Epfo bari mu Rwanda batangaje ko barajwe ishinga no guteza imbere imyuga n’ubushakashatsi mu burezi bwo mu Rwanda, nyuma yo gusanga igihugu cyabo gihuje n’u Rwanda ubushake bwo kwiyubaka nyuma y’intambara.
Isosiyete yatsindiye kubaka ishuri ryigisha iby’amahoteli n’icyumba cyo kwimenyereza imyuga mu Ishuri Rikuru ryigishya Ubumenyi Ngiro mu karere ka Karongi (IPRC West) iratanga icyizere ko iyo mirimo izarangira mu mezi umunani uhereye muri Mutarama 2014.
Umugabo witwa Ruhama Juvenal wo mu karere ka Gicumbi yikoreye imashini ya siporo ihagaze akayabo ka miliyoni 35 maze anegukana umwanya wa mbere mu banyabukorikori bo mu karere ka Gicumbi.
Urubyiruko rw’abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Kibogora yo mu karere ka Nyamasheke rwashimangiye Gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” rutangiza ku mugaragaro “Club Ndi Umunyarwanda” muri iyi Kaminuza runibaruka amashami mu bigo bitanu by’amashuri yisumbuye.
Abaturage batanze ibikoresho n’abakoze ku nyubako z’amashuri mu mwaka wa 2012-2013, barizezwa ko bazishyurwa muri uku kwezi kwa Gashyantare kuko amafaranga agera kuri miliyoni 42 yo kubishyura hagisuzumwa dosiye zishyuza.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Huye rwafashijwe kwiga imyuga itandukanye ntiruyitabira nk’uko bikwiye, ibi ariko ngo bitewe n’uko baba bagiye gushaka amaramuko dore ko ngo abenshi ari imfubyi zirera.
Ishuri rikuru ryitwa Community Intergrated Polytechnic (CIP) rifite icyicaro mu karere ka Kayonza ryongeye gukingura imiryango tariki 06/01/2013, nyuma y’amezi icyenda ryari rimaze ryarahagaritswe na minisiteri y’uburezi kubera bimwe mu bikoresho ritari rifite.
Intore zo mu murenge wa kibirizi ho mu karere ka Gisagara zifatanyije n’abaturage batangije ibikorwa by’urugerero, bafasha abana b’impfubyi zirera gukorera insina baterewe n’umushinga Zoe Ministries hagamijwe imibereho myiza, izi ntore zikanasaba ko hakomeza kubaho ubufatanye kugirango ibyo zigamije bizagerweho.
Abana 122 b’Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi bazatuzwa mu karere ka Kirehe bagiye gutangizwa mu bigo by’amashuri bibegereye.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo mu mashuri yisumbuye mu karere ka Muhanga baragaragaza ikibazo ko hari ababahugura mu cyongereza (mentors) batajya baza kubigisha kandi ntibibabuze guhembwa.
Ababyeyi n’abanyeshuri bo mu karere ka Gatsibo barakangurira bagenzi babo kujya bubahiriza umunsi wa mbere wo gufungura, kuko aribwo amasomo atangira mu bigo byose by’amashuri kandi ku banyeshuri ngo usibye uwo munsi aba acikanywe.
Ku bufatanye n’umurenge wa Gasaka, umushinga World Vision ndetse na koperative “twite ku bana Gasaka” mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga bugamije gukumira ikibazo cy’abana bata amashuri no gukangurira ababyeyi kubajyana ku ishuri ku gihe.
Ababyeyi bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko mu murenge wabo hakwiye kubakwa ishuri ry’incuke rigezweho abana babo bakwigamo ngo kuko kuba ubu nta rihari bituma bajyana abana babo kwiga kure y’iwabo bikabatwara amafaranga menshi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abarimu bo mu mashuri yisumbuye n’abanza ko bwashyira ingufu mu kwiga icyongereza kuko uzaba atakizi neza mu bihe biri imbere azirukanwa kimwe n’abirukanwe kubera kutuzuza amashuri.
Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo (Rwanda Tourism Institute) ryahaye impamyabumenyi abanyeshuri bagera kuri 885 basoje amasomo yabo mu butetsi n’ubukerarugendo. Igikorwa cyari kibaye ku nshuro ya kabiri, kuri uyu wa Gatanu tariki 3/1/2014.
Kuri uyu wa 03/01/2014 mu karere ka Kirehe hateraniye inama y’uburezi yaguye aho bareberaga hamwe uburyo bafasha abanyeshuri gusubira mu mashuri bashaka uburyo bafata umwanzuro wo kunoza ibitagenda neza kugira ngo uburezi bugende neza.
Biteganyijwe ko guhera muri Muratama umwaka wa 2014 ku mafaranga y’ishuri ababyeyi bajyaga bishyurira abanyeshuri ku bigo biri mu karere ka Ruhango haziyongeraho amafaranga ibihumbi bitanu.
Mu gihe hakigaragara abana bata amashuri, Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko hari ingamba zinyuranye zo guhangana n’iki kibazo harimo no kwigisha ababyeyi ko badakwiye gutuma abana bava ku ishuri.
Abasore n’inkumi 212 bo mu karere ka Rutsiro bahawe impamyabumenyi zemeza ko hari ubumenyi bungutse mu bijyanye no gukoresha mudasobwa n’ubudozi, kuri uyu wa Gatanu tariki 27/12/2013.