Ubwo yatangizaga gahunda yo kugaburira abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12, mu bigo 42 byo mu karere ka Kamonyi, Minisitiri w’Uburezi Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba iyi gahunda yarashobotse ku Kamonyi, ari igihamya cy’uko n’ahandi izashoboka.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 cya Butete kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko gahunda bashyiriweho yo kujya bagaburirwa ku ishuri ku manywa (School Feeding) igiye kubafasha mu myire yabo.
Kuva mu 2008 kiliziya Gatorika yashyizeho gahunda y’icyumweru cy’uburezi Gatorika kugirango abarebwa n’uburezi bazirikane uruhare rw’indangagaciro nkirisitu n’izishingiye ku muco nyarwanda, hagamijwe kurera Umunyarwanda ubereye u Rwanda na Kiliziya.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu w’Umusaraba akagali ka Gakoma umurenge wa Mimuli mu karere ka Nyagatare bavuga ko abana babo bacikishiriza amashuli kubera ko biga kure, ubuyobozi bwo buvuga ko amashuli atari kure ahubwo bakwiye kwita ku bana babo bakurikirana imyigire yabo.
Ibarura ryakozwe n’Umuryango FCYF (Fair Children/Youth Foundation) muri uyu mwaka rigaragaza ko mu Karere ka Musanze hari abana 841 bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bugarijwe n’ikibazo cyo kubona uburyo bwo kwiga.
Abanyeshuri basaga 2000 biga mu mashuri yisumbuye ya IJW Kibogora (Institut JohnWesley) na GSFAK (Groupe Scolaire Frank Adamson de Kibogora) barasabwa buri gihe gushyira imbere amasomo bahabwa bakabifatanya no gushyira imbere indangagaciro nyarwanda zirimo kugira ibyo baziririza nk’abana b’Abanyarwanda bakazubaka u Rwanda (…)
Abantu bakuze 319 barimo abagabo 23 bo mu nkambi y’impunzi ya Kigeme bashyikirijwe inyemezabumenyi zabo nyuma yo kwigishwa kubara, gusoma no kwandika n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda.
Intumwa za kaminuza yitwa Mount Kenya University (MKU), zasuye akarere ka Ngororero kuwa 11 Kamena 2014, zatangarije abatuye aka karere ko MKU yifuza kugira ishami ryayo muri aka karere kugira ngo yegereze amasomo abagatuye, ubu bakora ingendo ndende bajya kwiga muri za kaminuza zo mu zindi Ntara n’ibihugu bidukikije.
Komite y’abanyeshuri barahiriye kuyobora abandi muri Kaminuza yigisha ibijyanye n’Ubutetsi n’Ubukerarugendo (Rwanda Tourism University College/RTUC), baratangaza ko muri iyi manda yabo bazita ku masomo y’abanyeshuri ariko bakibuka no gufasha abaturage muri gahunda zitadukanye za Leta.
Ibigo 42 bifite amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 yatangiye guha abana amafunguro ya saa sita. Ababyeyi, abarezi n’abanyeshuri, bose ngo basanga iyi gahunda izafasha mu kwiyongera ku ireme ry’uburezi butangirwa muri aya mashuri.
Ikigo cy’imfubyi cyitiriwe Mutagatifu Antoine giherereye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza cyizihije isabukuru y’imyaka 25 kimaze gishinzwe n’abapadiri bo mu muryango w’abalogasiyonisite.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burahumuriza urubyiruko rwiga imyuga ko byoroshye kubona akazi kuri bo no kukihangira kandi ko bafite n’amahirwe yo kwishyira hamwe mu makoperative, bakabasha kuronka ku mafaranga yagenewe guteza imbere imishinga y’urubyiruko.
Nyuma y’aho ishuri rya Ecole de Science de Byimana rihiriye inshuro eshatu mu mwaka ushize wa 2013, imirimo yo kuzisana yahise itangira kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/06/2014, akaba ari bwo inyubako zari zarahiye zatashywe ku mugaragaro.
Rumwe mu rubyiruko rw’abanyeshuri bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko babona amahirwe mukwihangira umurimo, kuko usanga bibarinda ubushomeri mu gihe barangije kwiga, ariko ugasanga bakibangamiwe n’uko benshi muri bo bibanira n’amikoro macye.
Urubyiruko rurakangurirwa kwiga amasomo y’imyuga ngo kuko ni ryo pfundo iterambere ry’igihugu ryubakiyeho, kandi bikaba amahirwe y’umwihariko ku wize imyuga kuko adashobora kubura akazi.
Umuyobozi w’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’amajyepfo (IPRC-South), Dr. Barnabé Twabagira, avuga ko mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAN izabera no mu Karere ka Huye mu mwaka wa 2016, hari amasomo bazigishiriza ubuntu mu gihe cy’amezi abiri.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa St Nicolas Cyanika ruri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko ubujyanama bahabwa n’umushinga ugamije gukumira ko abana b’abakobwa bata ishuri (Keep Girls at school/KGAS) buri kugenda butanga umusaruro haba mu guhangana n’impamvu zatuma batwara inda zitateguwe (…)
Ikigo cya Leta gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro no kwigisha imyuga (WDA) kibinyujije mu kigega gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (Skills Development Fund/SDF) cyatangije icyiciro cya kane cyo gusaba amafaranga yo guhugura Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi mu bijyanye n’imyigishirize y’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Masengesho Ismael wari umucungamutungo w’urwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Dominiko Saviyo rwa Nyamugari yasabwe kujya kwigisha mu rwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Yohani Bosco rwa Shangi, nyuma y’uko basanze yari afite imyitwarire idakwiye mu kazi yakoraga harimo gusuzugura ubuyobozi , inyandiko mpambano no gukererwa akazi.
Bamwe mu rubyiruko rutuye umurenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe ruvuga ko rufite ubushake bwinshi bwo kwiga imyuga ariko rugahura n’imbogamizi zuko amashuri yigisha imyuga atarabageraho aho batuye mu cyaro.
Ababyeyi barerera mu rwunge rw’amashuri rwa Nyabigoma mu murenge wa Bweyeye, mu karere ka Rusizi bashyikirijwe ibyumba by’amashuri bine n’ubwiherero, bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 50 n’ibihumbi 400.
Amenshi mu mashuri yigisha amasomo y’ikoranabuhanga hamwe n’amasomo y’ubumenyi mu karere ka Ngororero afite ikibazo cy’ibikoresho bikeya by’ikoranabuhanga ndetse n’ibya raboratwari (laboratoire), kuburyo abarezi bavuga ko imyigire y’abana biga muri ibyo bigo idashimishije.
Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryiyemeje kuzenguruka uturere twose mu ntara. Babyiyemeje mu gikorwa cyo gukangurira urubyiruko n’abandi bose bafite imbaraga zo gukora kwitabira kwiga imyuga biga n’ubumenyingiro.
Abanyeshuri 235 barangije amasomo y’ubumenyingiro mu Ishuri ry’Imyuga rya Rubona (Rubona Vocational Training Cennter) mu karere ka Rwamagana, tariki 30/05/2014 bahawe impamyabushobozi nyuma y’igihe kigera ku mwaka bamaze biga aya masomo y’ubumenyingiro.
Mu ishuri ry’inshuke ryo ku ishuri ribanza rya Nyanza, mu murenge wa Huye mu karere ka Huye, bigira mu ishuri rimwe ari hafi 80. Umuyobozi w’iri shuri avuga ko n’ubwo bitabashimishije kuba biga bangana kuriya, ngo byibura baba baje.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative “Coopte Mulindi” bashyikirije ku mugaragaro amashuri yasaniye urwunjye rw’amashuri rwa Mulindi ku nkunga ya miliyoni zisaga 26.
Ubwo hatahwaga icumbi ry’abarimu bigisha kuri G.S Cyabayaga mu murenge wa Mimulimu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 21 Gicurasi, abarimu bizeje ko umusaruro w’amasomo uziyongera ndetse n’ayo bakoreshaga mu bukode yakoreshe indi mishinga yabateza imbere.
Amashuri makuru nderabarezi abiri, Kavumu College of Education na Rukara College of Education agiye guhurizwa hamwe ahinduke Rwanda Teachers College. Aya mashuri yombi asanzwe ategura abarezi bigisha mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Ihsuri ry’imyuga n’ubunyingiro muntara y’Iburasirazuba(IPRC/ East) ryatangiye ku mugaragaro gahunda yo kwigisha imyuga mu gihe gito urubyiruko rw’abanyonzi 60 rukorera mu mugi wa Ngoma.
Abakozi biga muri za kaminuza zo mu mahanga bagiriwe inama n’abayobozi bo mu karere ka Nyamasheke mu buryo bakwigamo hanze y’igihugu kandi bakarushaho kuba umusaruro ku Rwanda ariko ibyo ntibireba abayobozi bafite inshingano zo kwita ku baturage umunsi ku munsi nk’abanyamabanga nshingwabikorwa.