Isomero ryashyizweho n’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (RTC) ishami rya Rubavu ku bufatanye n’Ambasade y’Amerika mu Rwanda, taliki ya 12/3/2014, ryizihije imyaka 2 ritangiye gukora mu kwigisha abaturage bo mu karere ka Rubavu Icyongereza no kubagezaho serivise bibashishikariza gusoma.
Abarimu bo mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo basoje amahugurwa ku kwimika amahoro arambye mu Rwanda, baratangaza ko biyemeje kuba abigisha b’amahoro bahereye ku bana basanzwe barera.
Mu gihe impunzi ziri mu Rwanda zitabasha kubona uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 nk’uko Abanyarwanda babasha kububona bikaba imbogamizi ku rubyiruko rw’impunzi, minisiteri ifite imicungire y’ibiza n’impunzi mu nshingano zayo (MIDIMAR) iratangaza ko hari icyizere ko iki kibazo cyazakemuka maze urwo rubyiruko narwo rukabasha (…)
Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri hatangijwe itorero mu mashuri abanza n’ayisumbuye, ryanatangijwe muri kaminuza no mu mashuri makuru. Iki gikorwa cyabereye kuri sitade ya Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, ku itariki ya 4/3/2014.
Abanyeshuri 25 bari bageze mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza ku kigo cy’amashuri abanza cya Nkombo mu karere ka Rusizi basubijwe mu mwaka wa gatanu n’uwa kane kubera ubumenyi buke.
Abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona biga mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini mu karere ka Kayonza bavuga ko kuba abafite ubwo bumuga batiga mu mashami ya siyansi atari uko batayashobora, ahubwo ngo biterwa n’uko nta bikoresho byabugenewe bihari abo banyeshuri bakoresha igihe biga ayo masomo.
Umuyobozi wungirirje mu nteko nyarwanda y’ururimi, Dr Kayishema Jean Marie Vianney, arihanangiriza ibigo by’amashuri usanga babuza abanyeshuri kuvuga Ikinyarwanda igihe bari ku ishuri ngo babashe kumenya izindi ndimi z’amahanga.
Muri gahunda yabo yo gusura ibigo by’amashuri y’isumbuye y’icyitegererezo mu Rwanda,komisiyo y’abadepite mu nteko ishingamategeko ifite uburezi munsingano yasuye ikigo cya Lyce de Zaza maze yishimira uburyo gicunzwe.
Hakizimana Jean Bosco ushinzwe uburezi mu Karere ka Gakenke atangaza ko abarezi bazagaragaho ko bagize uruhare mu buriganya bwo gukopeza abanyeshuri mu bizamini bya Leta bazabibazwa.
Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatandatu mu ishami ry’amashanyarazi ku Ishuri Ryisumbuye rya APRODESOC-Nemba mu Karere ka Gakenke, mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 25/02/2014 bigaragambije kubera kutiga neza bahanishwa icyumweru bari iwabo maze bajya ku karere kwibariza ikibazo cyabo.
Kirenga Chris, ishimwe Ange, Kayitare Jean Michel Toussaint na Ingabire Tricia ni bo banyeshuri bazahagararira abandi bo mu Turere twa Nyanza na Huye mu marushanwa ku rwego rw’Akarere k’ibiyaga bigari ku bijyanye no kuvugira mu ruhame (public speaking).
Abayobozi b’ibigo by’amashuri hamwe n’abarezi baravuga ko kwigisha amahame y’itorero ry’igihugu mu mashuri bizoroha cyane kuko itorero ku rwego rw’amashuri ryatangijwe abanyeshuri baramaze gucengera ibyiza byaryo ndetse bakaba basanzwe bafite indangacaciro na za kirazira bagenderaho.
Kuri uyu wa mbere taliki 24/2/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda nyakubahwa Paul Kagame yakiriye mu biro bye uwahoze ari umuyobozi rusange wa Canada (Governor General of Canada) akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Kaminuza ya Ottawa muri icyo gihugu, nyakubahwa Michaelle Jean.
Ubwo abadepite bo mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, bagize komisiyo y’uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko, basuraga ishuri rya E.S.Kagogo riri mu karere ka Burera bemereye abanyeshuri baho kubakorera ubuvugizi ku bibazo bafite.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr. Mathias Harebamungu, avuga ko gutangiza itorero ry’igihugu mu mashuri abanza n’ayisumbuye ari igikorwa gikomeye ku gihugu cy’u Rwanda.
Mu Rwanda hatangijwe irushanwa ryiswe “Andika Rwanda” rigamije guteza imbere umuco wo gusoma no kwandika no gufasha abana kubona ku buryo bworoshye inkuru n’imivugo byo gusoma.
Urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye ruratangaza ko guhurira mu Itorero ry’Igihugu mu mashuri yabo birufasha gusobanukirwa amateka yaranze u Rwanda, bityo bagakuramo isomo ryo gukosora ibibi byakozwe mu izina ry’urubyiruko rwafatwaga nk’abanyabwenge ariko bakarangwa n’amacakubiri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buhangayikishijwe n’abana b’abakobwa b’abanyeshuri batwara inda zitateguwe ngo kuburyo bahagurukiye icyo kibazo kugira ngo gicike burundu muri ako karere.
Ubwo komisiyo y’abadepite ishinzwe uburezi, ikoranabuhanga, umuco n’urubyiruko yasuraga amashuri yo mu Karere ka Huye y’icyitegererezo mu kwigisha siyanse, ku itatiki ya 13/2/2014, yasanze mu mbogamizi aya mashuri afite harimo ibitabo bikeya no kutagira ibikenewe byose muri laboratwari.
Mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) hatangiye kubakwa inyubako zijyanye n’igihe zizatwara amafaranga y’u Rwanda miliyari ebyiri na miliyoni magana ane, izo nyubako zikazacyemura ikibazo cy’inyubako nke iri shuri rifite.
Minisitiri Musoni James ushinzwe ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yabwiye urubyiruko rwo mu karere ka Rwamagana ko niba bashaka kuba abazagirira igihugu akamaro ndetse bagakora no ku mafaranga bakwiye gushyira ingufu zabo mu kwiga imyuga kuko aricyo cyerecyezo Leta yerekezamo ubukungu.
Umuryango w’urubyiruko iDebate Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/2/2014, wateguye amarushanwa y’ibiganiro mpaka mu rwego rwo gukangurira abanyeshuri biga mu masegonderi kugira umuco wo kuganira ku bibazo byugarije igihugu.
Abana biga mu ishuri ry’inshuke rya SAEMAUL riri mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka mu kagari ka Nyabivumu bafite hagati y’imyaka itatu n’itandatu baherekejwe na komite y’ababyeyi, basuye ingoro ndangamurage y’u Rwanda iri i Huye hagamijwe gutembera ndetse no kuhigira.
Amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye asanzwe, ayigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET) ndetse n’amashuri nderabarezi ya TTC, ngo agaragaza ko ireme ry’uburezi rigenda ritera imbere, nk’uko Ministiri w’uburezi, Dr Vicent Biruta yabitangaje.
Mu muhango wo gutaha ibyumba by’amashuri umuryango w’Abanyakoreya Good Neigbors wubakiye abaturage bo mu kagari ka Ngoma, umurenge wa Nyamiyaga; abaturage basabwe kuzibungabunga kuko aribo zifitiye akamaro kandi umuterankunga akaba atazagaruka kureba uko zikoreshwa.
Abadepite mu inteko inshinga amategeko barizeza amashuri y’icyitegererezo mu kwigisha amasiyansi ko agiye gukorerwa ubuvugizi kugirango ibibazo n’imbogamizi baba bafite mu kugera ku ireme ry’uburezi bwiza birangire.
Care International Rwanda igiye gutangiza umushinga wo kwita ku bana b’abakobwa bari hagati y’imyaka 14 na 19 batiga hagamijwe kubafasha gukora ibikorwa bibateza imbere, umushinga ugiye kugeragerezwa mu turere twa Nyamagabe na Huye two mu ntara y’amajyepfo.
Ribinyujije mu kigo cyaryo gishinzwe ubushakashatsi Centre Universitaire de Recherche et de Professionalisation, Ishuri rikuru Gatulika rya Kabgayi (ICK) ryatangiye ubushakashatsi bwo gusesengura imibereho y’abantu bagenda bimurwa n’ibikorwa binyuranye mu duce runaka.
Nyuma yuko akarere ka Rusizi kemereye urwunge rw’amashuri rwa Murira ruri mu murenge wa Muganza gusana amashuri yangijwe n’ibiza, ubuyobozi bw’iryo shuri buvuga ko bwatunguwe no guhagarikwa kubaka bigatuma abanyeshuri bigira mu rusengero no mu bubiko (stock).
Abanyeshuri 34 b’abahanga batishoboye bo mu karere ka Burera, biga mu mashuri yisumbuye barashimira umuryango ASEF (African Student’s Education Fund) ubahaye ubufasha bakaba babonye ubushobozi bwo gukomeza kwiga.