Umubyeyi Nyirahabimana Esther w’imyaka 45 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Nyakarekare, Akagari ka Nyakarekare mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, aravuga ko ahangayikishijwe cyane n’abana be bakomeje guta urugo kubera ingaruka z’amakimbirane aterwa n’umugabo we umuca inyuma.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo basanga umunsi wa Noheri ari umunsi nk’iyindi dore ko hari n’abatawizihiza bakigumira mu mirimo yabo isanzwe ya buri munsi, ahubwo bakizihiza ubunani kuko baba bishimira ko barangije umwaka bahumeka umwuka w’abazima.
Hakizimana Soter Céléstin, umunyarwanda uba mu gihugu cya Niger aratangaza ko akurikije uko u Rwanda rumaze gutera imbere asanga nta mpamvu yatuma umunyarwanda akomeza kwitwa impunzi.
Urubyiruko rw’umuryango Barakabaho Foundation rwakoze umuganda ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyanza ya Kicukiro, mu gikorwa cyateguwe n’uyu muryango warenze benshi muri bo bari impfubyi abandi bandagaye nyuma ya Jenoside ubwo uyu muryango washingwaga.
Inama ya Biro politike y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa gatandatu tariki 20/12/2014, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiye ingamba zikomeye bamwe mu banyamuryango babonwa nk’abataye umuco, yiyemeza gushyira ingufu mu kuzamura ubukungu, umutekano, ubuzima bwiza n’iterambere ry’Abanyarwanda (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Gisagara bavuga ko batishoboye ariko ubufasha bwo kubakirwa bukaba bwaratinze kubageraho mu gihe ahandi mu Rwanda hagenda hagaragara ibikorwa byo kubakira abatishoboye, barasaba ko bwakwihutishwa kuko babayeho nabi.
Bamwe mu babyeyi bo mu mirenge iherereye mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi baratangaza ko ikibazo cy’abana b’abakobwa bagenda bakuramo inda kigenda kirushaho gukaza umurego uko iminsi igenda icyanamo, aho bavuga ko ahanini giterwa nirari ry’ikigihe kimwe n’umuco wo kudahana abana.
Abaturage mu karere ka Rutsiro bakurikiranye inama y’igihugu y’umushyikirano yasojwe kuri uyu wa 19/12/2014 bishimiye imyanzuro yayivuyemo basaba ko umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yazakurikirana ishyirwa mu bikorwa byayo.
Mu Kagari ka Ruronde mu Murenge wa Rusebeya ho mu Karere ka Rutsiro haturikirijwe igisasu cyari cyaratezwe n’abacengezi, kuwa gatanu tariki ya 19/12/2014 ku isaha ya saa sita n’iminota 50 z’amanywa.
Abanyarwanda basanzwe mu mirimo itandukanye mu gihugu basoje amahugurwa yateguwe n’ingabo z’igihugu (RDF) ku gutegura amahugurwa n’uburyo utanga amahugurwa agomba kwitwara kugira ngo ubumenyi atanga bwumvikane.
Abaturage bafite amatungo mu kagari ka Rusura mu murenge wa Busasamana bavuga ko bacyeneshejwe no guturira ikibaya kibagabanya na Kongo kirimo abasirikare bababira amatungo, mu gihe iki kibaya cyagombye kubafasha guteza imbere ubworozi.
Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo (RPC), Chief Superintendant (CSP) Simon Pierre Mukama arasaba abafite utubari kudakomeza guha inzoga abantu bigaragara ko bamaze gusinda.
Guverineri w’intara y’Uburengerazuba, Cartas Mukandasira aravuga ko ibikorwa byo kubaka umupaka wa La Corniche uhuriweho n’u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) mu Karere ka Rubavu bitazabangamira igikorwa cyo kuvugurura imipaka hagati y’ibihugu byombi cyatangiye muri uyu mwaka wa 2014.
Abanyeshuri bo mu karere ka Kayonza bari mu biruhuko bavuga ko serivisi zitangirwa mu kigo cy’urubyiruko cyo muri ako karere zituma batarangazwa n’abashobora kubashora mu ngeso mbi. Aho guta igihe bazerera bajya kwidagadura mu mikino itandukanye abandi bakaba bari mu isomero ry’icyo kigo bihugura mu bintu bitandukanye.
Nyuma y’imyaka umunani abaturiye ikibuga cy’indege cya Rubavu batemerewe kugira icyo bakorera ku butaka bwabo kubera imirimo yo kicyagura iteganwa, ubu barahabwa ikizere ko icyo kibazo kizakemuka vuba.
Abakozi n’abayobozi ba Bralirwa basuye abarwayi barwariye mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK) babagenera ibikoresho byo kwifashisha mu isuku, banatera inkunga ibitaro amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Habitegeko Francois yatangaje ko umuntu wese wisunga itangazamakuru agakorana naryo ahirwa, kuko ari umuyoboro mwiza wo kunyuzamo gahunda za leta kugira ngo zigere ku baturage.
Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Nyamata (TSS Nyamata) ryahaye ikigo cyita ku bakecuru b’incike n’imfubyi zitagira kirera cyitwa “Maison Notre Dame de Compassion” inkunga y’ibitanda byo kuryamaho bifite agaciro k’ibihumbi bisaga 500.
Nsengiyumva Venuste utuye mu murenge wa Karembo mu karere ka ngoma yababariye umugore we bamaranye imyaka 12 nyuma yuko amuhohoteye akamutema bikomeye mu mutwe n’ukuboko akenda gupfa.
Mariya Nakamondo wo mu mudugudu wa Nshuli akagali ka Gitengure umurenge wa Tabagwe arasaba ubuyobozi kumwubakira nyuma y’amezi atandatu aba mu kazu k’amahema nyuma yo gusenyerwa n’umuyaga.
Umuyobozi wa polisi mu ntara y’amajyepfo, Chief Superintendent Simoni Petero Mukama, yasabye ko abazi abantu b’abajura bababarangira bakaba babigijeyo muri iyi minsi ya Noheri n’ubunani.
Polisi irasaba abacuruzi batandukanye bafite ibikorwa by’amahoteli, resitora n’utubari kwitwararika kudasakuriza abaturage muri iki gihe cy’iminsi mikuru turi kwinjiramo, kugira ngo abishima ntibazabangamire abifuza umudendezo wabo.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana yatangaje ko n’ubwo ubushomeri ari ikibazo gihangayikishije u Rwanda cyane cyane urubyiruko, kiri kuvugutirwa umuti mu buryo bwihuse.
Abayobozi bose bo mu Karere ka Rwamagana kugeza ku bayobora utugari basabwe gufatanya n’abaturage gukaza umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani izizihizwa guhera mu cyumweru gitaha.
Irakiza Fiston na Turahirwa Jean Marie Vianney nibo banyamahirwe ba mbere begukanye ibihembo muri tombora “Subiza utsinde” yateguwe n’ikigo ntaramakuru Kigali Today Ltd.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke buratangaza ko uruganda rw’icyayi rwa Gisakura rugiye kwishyura abaturage bafite ubutaka mu nkengero z’imirima y’icyayi yarwo, bigakemura amakimbirane yari ari hagati yarwo n’aba baturage.
Mu Murenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi haravugwa ikibazo cy’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri atangwa n’uwakubiswe kugira ngo inkeragutabara zijye gufata uwamuhohoteye ashyikirizwe inzego z’umutekano.
Mu rwego rwo kurwanya ruswa mu bapolisi, ubuyobozi bwa polisi ubwabwo bwafashe ingamba rimwe na rimwe zo kugerageza abapolisi bakekwaho kuba baka ruswa.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko umuhanda uhuza aka karere n’aka Huye ngo ubateye ikibazo kuko udakoze, bigatuma ubuhahirane butagenda neza ndetse ngo n’ishoramari muri aka karere rikadindira.
Nyuma y’ikiganiro cyahawe abagororwa bo muri gereza ya Rusizi ku kwirinda gupfobya Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, kuri uyu wa 16/12/2014, abagera kuri 228 bahise batangaza ko biteguye kujya gusaba imbabazi abo bahemukiye.