Inka ihaka yari yibwe mu Karere ka Kisoro, muri Uganda igafatirwa mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yashubijwe nyirayo ku cyumweru tariki ya 01/02/2014, mu muhango wabereye mu Murenge wa Cyanika.
Abanyarwanda barakangurirwa kurangwa n’ubutwari mu byo bakora umunsi ku w’undi, kuko intwari yibukwa ari izibera Abanyarwanda bose urugero, nk’uko byagarutsweho ubwo hizihizwaga umunsi w’intwari z’u Rwanda, kuri iki cyumweru tariki 1/2/2015.
Umuganda wakozwe n’abaturage b’akarere ka Gasabo ku rwego rw’akarere ukabera mu murenge wa Kimihurura, aho abaturage bacukuye imirwanyasuri ahahoze hitwa Kimicanga mu Kagali ka Kamukina, wahawe agaciro ka miliyoni ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza barasabwa kwizihiza umunsi w’intwari bagera ikirenge mu cyazo, kandi bigakorwa mu ngeri zose z’imibereho y’abantu n’iy’igihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma burasaba abagura ibibanza mu mujyi wa Ngoma kwitonda bakabanza bakabaza mu biro by’ubutaka igiteganyirijwe aho bashaka kugura, kugira ngo bahagure bazi ikihateganirijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi giherutse kwemezwa.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi yabwiye abaturage ko agaye ku mugaragaro bamwe mu bayobozi batekinika bagahimba imibare minini y’abaturage bafite ubwishingizi mu kwivuza, aho usanga iyo mibare itajyana n’amafaranga yatanzwe kugira ngo kwivuza ndetse n’imiti iboneke mu bitaro no mu bigo nderabuzima.
Abagana Kantine y’akarere batangaza ko babangamiwe no kutabona ubwiherero bakoresha igihe bibaye ngombwa kuko bufunze.
Abapolisi babiri bakorera mu Karere ka Bugesera bakoze ibikorwa by’indashyikirwa banga kwakira amafaranga bagenewe ya ruswa kugira ngo bafungure abantu cyangwa ibintu bashimiwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa polisi ku rwego rw’igihugu.
Gushyira mu bikorwa itegeko rihana abatitabiriye umuganda nibyo bizatuma abaturage b’Akagari ka Nyagatare barushaho kuwitabira.
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi arasaba abaturage kunganira Leta mu bikorwa by’iterambere binyuze mu muganda.
Minisitiri w’intebe, Murekezi Anastase yatangaje ko yanyuzwe n’ibikorwa by’amajyambere biri kugera mu Karere ka Nyamasheke birimo umuhanda wa kaburimbo uri kubakwa, ashima uburyo urubyiruko ruri kwitabira gukora imyuga mu gakiriro ndetse ashima intera ibitaro bya Bushenge bigezeho mu guha serivisi nziza ababigana.
Abanyeshuri 989 bashyikirijwe impamyabumenyi zo kugororwa no kwiga imyuga nyuma y’umwaka bamaze mu kigo ngororamuco no kwigisha imyuga cya Iwawa, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 31/1/2015.
Minisitiri w’umuco na siporo Joseph Habineza yashishikarije abanyeshuri biga mu kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi ko buri wese ashobora kuba intwari abiharaniye, kuko biharanirwa bitavukanwa.
Kuba intwari y’u Rwanda Fred Gisa Rwigema yaratabarukiye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare, abatuye uyu murenge bifuza ko umusozi yaguyeho wagirwa ahantu nyaburanga kuko ubitse amateka y’ubutwari.
Nk’uko bisanzwe buri wa gatandatu wa nyuma w’umuganda, Kigali Today ibagezaho uko igikoa cy’umuganda kiba cyagenze hirya no hino mu gihugu. Uyu munsi twabahitiyemo amwe mu mafoto abanyamakuru bacu baherereye mu turere dutandukanye bafashe agaragaza uko umuganda w’uyu munsi tariki 31/1/2015 witabiriwe.
Umuyobozi w’ingabo z’ u Rwanda mu ntara y’Iburengerazuba, Maj Gen Mubarakh Muganga avuga ko ibikorwa byo kurwanya FDLR muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ntacyo bizahungabanya ku mutekano w’u Rwanda kuko urinzwe neza.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994 batishoboye barimo n’inshike 44 babaga mu mazu yashaje agiye kubagwaho bashyikirijwe ku mugaragaro amazu yabo nyuma yo kuyasana, ku bufatanye n’inkeragutabara ku nkunga ya leta binyuze mu kigega cyita ku barokotse Jenoside batishoboye (FARG).
Abaturage bari batuye ku kirwa cya Mafundugu, kimwe mu birwa byo mu kiyaga cya Kivu bibarizwa mu Karere ka Rutsiro, baratangaza ko ubuyobozi bw’akarere bwabimuye bubizeza ingurane y’imitungo yabo ariko ngo kugeza na n’ubu ntibarayibona.
Umunyamabanga Mukuru mushya w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Itumanaho (ITU), Houlin Zhao azasura u Rwanda kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 4/02/2015.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, Niyonsaba Ernest avuga ko kuba ku ishuri ry’Intwari rya Nyange hatarubakwa imva rusange nk’urwibutso rw’Intwari z’Imena zahaguye, byatewe no kutumvikana ku ngurane akarere kagombaga guha nyiri ubutaka gashaka gukoreraho icyo gikorwa.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko nyuma yo gusobanurirwa ibyiciro by’ubudehe n’ibisabwa kugira ngo buri muryango ubashe kumenya icyiciro ugomba kubarizwamo, hari ahagaragaye ubusumbane mu gushyirwa mu byiciro, bitewe n’amikoro ya buri muryango.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ubufatanye ifitanye na Polisi mpuzamahanga (Interpol) by’umwihariko ubwo ifitanye n’ibihugu by’ibituranyi nka Uganda na Kenya, buzatuma nta banyabyaha bongera kumenera muri ibi bihugu bahunga ibyaha bakoreye hakurya y’umupaka.
Lt. Gen. Karl Eikenberry wacyuye igihe mu ngabo za Leta zunze Ubumwe z’Amerika (USA) aratangaza ko ibyo u Rwanda rwagezeho mu gihe gito gishize bikwiye kubera urugero ibihugu biri mu nzira y’Amajyambere muri Afurika ndetse no ku isi yose.
Abakirisitu basengera muri katedrali (Cathedral) ya Kibungo barasabwa gutanga umusanzu wa Miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo iyi katedral ivugururwe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi biyemeje kwikubita agashyi bakajya batanga amakuru nyayo kandi bakagira uruhare mu guhindura ubuzima bw’aho batuye.
Abaturage bo mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Bwishyura mu Kagari ka Nyarusazi baturanye n’irimbi rya Kanyabusange rifatwa nk’irimbi ry’Umurenge wa Bwishyura ari na wo Murenge w’Umujyi wa Kibuye, barasaba akarere kureba aho kimurira irimbi kuko ngo ryuzuye abantu bakaba bahamba hejuru imbwa zikaza zigataburura imirambo.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera igaragaza ko bamwe mu babyeyi batita ku burere bw’abana babo ahubwo bakabakoresha imirimo ivunanye, bigatuma abo bana bahunga bakajya kuba inzererezi.
Inama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba n’iya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yafashe ingamba zo gushyiraho amategeko agenga uburobyi mu kiyaga cya kivu ku bihugu byombi, ndetse no kugena imiraga ikwiye gukoreshwa mu rwego rwo gukumira kwangiza umusaruro w’amafi n’ibiyakomokaho.
Ubuyobozi bw’igisirikare cy’u Rwanda burashimira ingabo zari zaroherejwe kubungabunga amahoro mu gihugu cya centre Africa, kuko akazi ko kugarura amahoro kazijyanye zagakoze neza.
Umuhuzabikorwa wa Komite y’Abarokokeye muri Hotel ya Mille Collines muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, Tatien Ndolimana Miheto yandikiye Komini ya Turin iri mu Majyaruguru y’u Butaliyani asobanura amateka ya Rusesabagina nk’umuntu ufatwa nk’ intwari yarokoye imbaga nini y’Abatutsi kubera filime “Hotel Rwanda”.