Abaturage bo mu karere ka Rulindo bafatanije n’abitwa imboni zo mu karere ka Rulindo biyemeje kuzakora ubukangurambaga bwimbitse mu baturage bose babashishikariza kwita ku burere bw’abana no gukumira icuruzwa ry’abantu rigenda rigaragara hirya no hino.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize wa 2014, kandi bakavuga ko uwa 2015 bawutangiranye gahunda nshya zo gukora bashishikaye kugirango barusheho kwiteza imbere.
Bamwe mu bakoresha amazi y’isoko ya Bikiramariya iri i Kibeho mu karere ka Nyaruguru bavuga ko bayemera nk’atanga umugisha bakaba banayifashisha mu kwirinda amashitani.
Ku muganda usoza uwanyuma w’ukwezi umwe mu baturage battari bitabiriye umuganda uzwi ku izina rya sembweni Laurent, yatukanye n’umukuru w’umudugudu bapfa ko amubajije impamvu atitabiriye umuganda.
Nyuma y’uko ubwato bukoze mu mbaho bwari butwaye abantu bavaga mu murenge wa Rugarika berekeza mu wa Mageragere, burohamye muri Nyabarongo; abantu 11 nibo barohowe ari bazima na ho abandi basaga 12 ntibaraboneka.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko nubwo begerejwe umuyoboro w’amazi meza, baheruka kuwuvomaho bakiwufungura kuburyo ngo babona ntacyo ubamariye muri iki gihe kuko nta mazi ukibaha.
Mu migitambo cya misa ya gatatu yaberaga kuri paruwasi Gatorika ya Byumba abakirisitu bitabiriye gutura Imana amaturo atandukanye bayishimira ibyo yabakoreye mu mwak wa 2014.
Itsinda rihuriweho n’intumwa zihariye mu karere k’ibiyaga bigari zigizwe n’umuryango wabibumbye, Martin Kobler uyobora MONUSCO, Boubacar Diarra uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’Afurika, Koen Vervaeke uhagarariye umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Russell D. Feingold uhagarariye Amerika na Frank de Coninck uhagarariye u (…)
Abatuye mu duce twa Nyamirambo kugera Nyabugogo mu mujyi wa Kigali bamaze amasaha atatu y’umugoroba wo kuwa 02/01/2015 mu mwijima, nyuma y’uko ikigo EUCL gifunze umuriro ngo umusore witwa Sibomana wari wuriye icyuma gisakaza amashanyarazi adafatwa n’umuriro w’amashanyarazi.
Ikigo ngezuramikorere (RURA) cyatangaje ko ibiciro by’ingendo mu mujyi wa Kigali no kujya mu zindi ntara byagabanutse, ariko uburyo byahindutse ngo bukazasobanurwa ku wa mbere, hanyuma bitangire gukirikizwa ku wa kabiri tariki 06/01/2014.
Abakirisitu Gatorika bo mu Karere ka Gicumbi bishimiye uburyo umunsi w’Ubunani usoza umwaka wa 2014 ndetse unatangira uwa 2015 wagenze, kuko nta mvura yaguye ngo ibabuze kuwizihiza.
Umuvugizi wa polisi y’Igihugu akaba anakuriye ubugenzacyaha mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Superintendent (CSP) Hubert Gashagaza aratangaza ko umutekano muri rusange wagenze neza mu minsi mikuru isoza umwaka wa 2014 mu turere twose two muri iyi Ntara.
Bamwe mu bagize imiryango y’abarwanyi b’umutwe wa FDLR batashoboye gutaha mu Rwanda cyangwa kujya mu nkambi ya Kanyabayonga, kuva tariki ya mbere batangiye kwishyira mu maboko ya MONUSCO kugira ngo bajyanwe mu nkambi ya Kanyabayonga batazagerwaho n’imirwano ishobora kuba mu guhashya FDLR.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Mukingi akagari ka Rwinyana mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe n’umutekano muke uri mu muryango w’abaturanyi babo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke bavuga ko badakunze kwizihiza umunsi mukuru w’ubunani kuko baba bahaye agaciro cyane umunsi wa Noheri, bityo bigatuma ari wo bizihiza cyane kurusha ubunani.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu ntara y’i Burengerazuba irashima uburyo abaturage bitwaye mu bihe bisoza umwaka wa 2014 no gutangira umwaka wa 2015, kuko nta byaha byinshi byagaragaye uretse umugore umwe wakubiswe n’abantu bataramenyekana mu Karere ka Ngororero akajyanwa mu bitaro, hakaba hari gukorwa iperereza.
Tariki ya 31 Ukuboza buri mwaka ni umunsi uba utegerejwe n’abantu benshi bishimira ibyo baba baragezeho mu mwaka ushize, cyangwa se bababajwe n’ibibi byababayeho, banateganya kwinjira mu mwaka mushya n’imigabo n’imigambi inyuranye.
Mu muhango w’ihererekanyabubasha wabaye kuwa kabiri tariki 30/12/2014, Muzungu Gerald uherutse gutorerwa kuyobora Akarere ka Kirehe yatangaje ko atagiye gutangirira ku busa ahubwo agiye gukomereza kuby’abamubanjirije.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamagabe bumva ko guhigira umwaka mushya aribyo buri wese akwiye guha agaciro kurusha kwinezeza, kuko usanga hari abajya mu tubari bakanywa bakarengera ugasanga bateje umutekano muke ndetse n’ubuzima bwabo bukaba bwahatakarira.
Uwitwa Uwiringirimana Jean Pierre wo mu Mudugudu wa Kiraro, Akagari ka Gasizi ko mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, yafashwe n’abaturage ari kubaga imbwa yo kurya mu yishimira gusoza umwaka wa 2014 atangira uwa 2015 mu gitondo cyo kuwa 31/12/2014.
Mu ijambo risoza umwaka wa 2014 no gutangira umushya wa 2015, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yifuje ko Ingabo n’abashinzwe umutekano w’igihugu muri rusange bageza ku banyarwanda indi ntsinzi yo kugira amahoro, nk’iyagaragaye mu mwaka wa 2014.
Polisi y’igihugu yashyikirije umucuruzi wo muri Uganda amafaranga miliyoni umunani n’ibihumbi maganabiri (8,200,000 Rwf) binyuze mu bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’iya Uganda, aya mafaranga yafatiwe mu Rwanda uwayibye yayoherereje bashiki be.
Inama njyanama y’akarere ka Ngoma yasangiye noheri inifuriza umwaka mwiza wa 2015 inshike za Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bo mu murenge wa Mugesera ibyishimo birabarenga bamwe bararira.
Hategekimana Donacien utuye mu karere ka Ngoma, avuga ko ahangayikishijwe n’amazi aturuka aharunzwe ibitaka ubwo hasizwaga aho kubaka amazu mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) kuko nihatagira igikorwa azamusenyera inzu atuyemo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Rulindo biyemeje gutangira umwaka wa 2015 bafatanya kuzamuka mu iterambere ndetse no kugira umuco wo gukora no gutoza abanyamuryango bose gukora bakiteza imbere nta n’umwe usigaye inyuma.
Mu gihe Polisi ivuga ko mu mwaka wa 2015 nta mumotari ugomba gukora adafite uburenganzira bwo gutwara abagenzi butangwa na RURA, abo muri Koperative KAMOTRACO bahangayikishijwe n’uko batazakora kuko perezida wa Koperative yabo bamuhaye amafaranga ariko akaba atarabubagezaho.
Abatuye mu karere ka Ngororero barashimira abadepite ko babasura kenshi bakabagezaho ibibazo, ibyifuzo n’ibitekerezo byabo, ndetse nabo bakamenyeraho uko ababtoye babayeho mu bice bitandukanye by’ubuzima.
Leta y’u Rwanda imaze kwemeza ko ejo kuwa 31/12/2014 ari umunsi w’ikiruhuko ku bakorera mu nzego z’imirimo mu Rwanda bose; nk’uko bigaragara mu itangazo rya minisitiri ushinzwe abakozi ba Leta n’umurimo.
Umugore witwa Mukaruremesha Annonciatta wavugaga ko umugabo we yamucitse nyuma yo kugurisha isambu n’ibikoresho byo munzu ngo bimukire mu karere ka Nyabihu byatahuwe ko yabeshyaga nyuma yuko ubuyobozi bumenye ko aho yavugaga bari batuye hatabaho.
Raporo igaragaza ikibazo cy’ibibanza byatanzwe hatubahirijwe amategeko yakozwe n’abajyanama mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri taliki 30/12/2014 ntiyashoboye kuvugwa uko bikwiye nyuma y’uko umuyobozi w’akarere ka Rubavu Bahame Hassan ayibuzemo.