Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana mu bihe bitandukanye yakiriye bamwe mu bayobozi bagera ku 10 baje bahagarariye Polisi z’ibihugu byabo, kugirango baganire ku bibazo birebana n’umutekano.
Abanyamahanga batuye mu karere ka Bugesera kuva kuwa 3/3/2014 barimo gufotorwa ari nako hafatwa ibimenyetso bidasibika biba ku ntoki z’ibikumwe biranga buri muntu ngo bahabwe ibyangombwa bibaranga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, yibukije abayobozi mu karere ka Kirehe ko Umudugudu ari rwo rwego rw’ibanze mu iterambere ry’igihugu bityo bakaba basabwa gukora akazi kabo neza banatanga serivise nziza.
Mukantagara Marcelline w’imyaka 49 akaba atuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu abasha konsa umwana yatoraguye taliki ya 19/6/2013 nyuma yo gutabwa n’uwamwibarutse.
Nyuma y’imyaka itari mikeya akarere ka Nyaruguru gakorera mu nyubako ntoya yahoze ari iy’icyahoze ari komini Ndago, ubu akarere kamaze kwiyubakira inyubako igezweho mu rwego rwo gukorera mu bwisanzure n’ahantu heza.
Itorero ry’ivugabutumwa rya Westphalia ryo mu gihugu cy’u Budage rikaba rifitanye umubano n’amatorero y’abaporotestanti yo mu Rwanda, ryemereye Ministiri w’intebe w’u Rwanda kuzakomeza gukora mu buryo bwunga abaturage.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko inzego z’umutekano zikeneye ubumenyi bugezweho kugirango zibashe guhangana n’abakora ibikorwa bihungabanya umutekano ku isi.
Akarere ka Nyamagabe kagiye kubaka inyubako yo gukoreramo ijyanye n’igihe hagamijwe kunoza imitangire ya serivisi kugira ngo uzishaka ajye azibonera ahantu hamwe, mu gihe mbere kubera inyubako zitandukanye byajyaga bigora ababagana.
Abamugaye bo mu turere 13 tw’igihugu bagiye guhabwa amagare azabafasha kwifasha no gukora ubuzima bwa buri munsi, igikorwa kigiye gukorwa ku bufatanye bw’imiryango ibiri mpuzamahanga Handicap International na World Vision.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abayobozi ba Polisi z’ibihugu byo ku isi, Yousry (Yost) Zakhary, yasuye Polisi y’u Rwanda ku cyumweru tariki 02/03/2014 ashima ibyo imaze kugeraho birimo kubungabunga umutekano, kongerera ubumenyi abakozi bayo ndetse n’ubufatanye n’imiryango inyuranye ihuje Polisi z’ibindi bihugu.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga bakomeje gusaba ubuyobozi bw’akarere ko bwajya bubafasha bakamenyeshwa igihe umuriro w’amashanyarazi ugendera kugirango babyitegure ariko ubuyobozi ngo ntibushobora kubivuga ku bw’umutekano wabo.
Abayobozi mu karere ka Nyarugenge barasabwa kumvisha no gufasha ubuyobozi bw’inzego bakuriye kugira igaciro imbere y’abaturage, kugirango babagirire icyizere kugeza no ku rwego rw’umudugudu.
Umuryango nyafurika w’abayobozi b’abanyeshuri muri za kaminuza (Africa Youth Leadership Forum/AYLF) ryitabiriye amasengesho n’inyigisho byabereye i Kigali ku wa gatandatu tariki 01/3/2014; ryigishijwe ko umuntu utagira indangagaciro nzima ahinduka ikibazo ku bantu, yaba ari umuyobozi ho ngo ibintu bikarushaho kuzamba.
Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame arasaba abagore kuba umusemburo w’iterambere, bakorera hamwe, barushaho gukora imishinga minini, bagamije kwihangira imirimo no gutanga akazi ku bandi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza bavuga ko bifuza Radiyo ya Kigali Today Ltd yazarushaho kwegera abaturage mu byaro, aho gukorera mu mujyi wa Kigali gusa nk’uko bagiye babibona kuri zimwe muri radiyo zikorera mu Rwanda.
Bamwe mu banyamakuru bakunze gukorana n’urwego rw’akarere ka Muhanga bahashaka amakuru, bavuga ko bagorwa cyangwa bakimwa amakuru na bamwe mu bayobozi n’abakozi muri aka karere, ariko umuyobozi w’aka karere, Yvonne Mutakwasuku, yemeza ko uzabifatirwamo azakuriranwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yijeje abaturage bo muri Rulindo ubufasha bwo guteza imbere byihuse umusaruro uva muri ako karere, harimo uw’ibihingwa by’ikawa, marakuja, ingano, ibiva ku bworozi ndetse no mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Radio y’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd yumvikana ku murongo wa 96.7 FM, kuri uyu wa 01/03/2014, iratangira kubagezaho amakuru acukumbuye, ibiganiro byubaka bigaragaza imiberereho y’abaturage mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ubwo umukuru w’igihugu Nyakubahwa Paul Kagame yasuraga akarere ka Nyamagabe tariki ya 19/02/2013, yasezeranije abaturage bako ubufasha mu nzira igana ku iterambere ryabo n’akarere kabo, ariko abasaba gushyiraho akabo ngo kuko inkunga iza yunganira abagize icyo bakora.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Ingabo Nyafurika muri Centrafrique (RCA) tariki 27/02/2014, zakoranye inama n’abaturage bo mu murwa mukuru w’icyo gihugu, Bangui ari na ko zikora amarondo ahitwa Miskine, mu rwego rwo kurushaho kubacungira umutekano nabo babigizemo uruhare.
Ingabo z’u Rwanda zashoje igikorwa cyo gusimburanya abasirikare 850 bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro (UNMISS) muri Sudani y’Epfo. Icyiciro cya nyuma cy’izo ngabo ziyobowe na Col David Bukenya Ngarambe bageze ku kibuga mpuzamahanga i Kigali tariki 27/02/2014 ku gicamunsi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yabeshye mu nama mpuzabikorwa y’akarere yateranye kuri uyu wa kane tariki ya 27/02/2014 maze bibyutsa andi makosa yakoze, akaba agiye kuzafatirwa umwanzuro hakurikijwe uko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikurikirana.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagomba gutuzwa mu karere ka Nyamagabe bagicumbikiwe by’agateganyo mu murenge wa Gatare, barasaba ko imyiteguro yo kujyanwa gutuzwa hirya no hino mu mirenge yakwihutishwa bakagerayo vuba kugira ngo batangire urugamba rw’iterambere nk’abandi Banyarwanda.
Mu gitaramo kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda cyahuje abantu babarizwa mu matorero n’amadini anyuranye akorera mu mujyi wa Butare tariki 26/2/2014, Minisitiri w’umutekano Musa Fazili Harerimana yasobanuye ko iyo gahunda ari ingabo y’umutamenwa y’u Rwanda.
Inama y’umutekano yo mu karere ka Rusizi yafashe icyemezo ko bitarenze tariki 15/03/2014, ku bigo by’amashuri n’ahandi hantu hahurira abantu benshi hazaba hageze imirindankuba mu rwego rwo kugabanya ipfu n’inkomere bya hato nahato biterwa n’izo nkuba.
Ntabanganyimana Yohani w’imyaka 61 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Kabusagara mu kagari ka Kabere mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro yafatanywe ibaruwa yandikiye FDLR ikubiyemo intashyo, izina rishya yifuza ko FDLR yakwitwa, ndetse ayemerera n’ubufasha burimo kuyishakira abayoboke.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi barishimira ko ubwato bahawe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubu bukora neza nyuma yo gushyirwaho moteri ijyanye na bwo nk’uko byari mu masezerano y’uwabwubatse.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, muri iki cyumweru zatangije igikorwa cy’umuganda aho zasukuye uduce dutandukanye tw’aho zikorera muri icyo gihugu.
Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) n’abafatanyabikorwa bayo bari kwiga uburyo bunoze bwo gukurikirana no gukemura ibibazo bijyanye n’abantu binjira mu Rwanda cyangwa basohoka mu kivunge kandi batunguranye.
Minisitiri w’imari w’Igihugu cya Suwede, Anders Borf, aratangaza ko igihugu cye kigiye kongera kurekura amafaranga y’inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda umwaka ushize.