Abafite ubumuga bo mu Karere ka Gisagara bagiye gufasha kwigisha gahunda ya «Ndi umunyarwanda» mu bandi baturage.
Mukamparaye Anastasie w’imyaka 52 y’amavuko yiyemerera ko yari agiye kurogesha musaza we amuziza kumwima umunani mu masambu ababyeyi babasigiye.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zashyikirije ubwato bwa moteri abaturage batuye ku kirwa cya Birwa ya mbere giherereye mu kiyaga cya Burera, mu Murenge wa Kinoni, mu Karere ka Burera, kugira ngo bujye bubafasha mu ngendo zabo.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko abana babo banga kubafasha gukora imirimo yo mu rugo bakirirwa ku muhanda banywa inzoga n’ibiyobyabwenge, nyamara urubyiruko rwo ruhamya ko nta kazi gahagije ko gukora gahari.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi rurasabwa gufata ingamba zo gukumira ruswa no kudahishira abayitanga kimwe n’abayisaba.
Abaturage batishoboye batahabwaga inkunga y’ingoboka kandi bayikwiye bagiye kujya bayihabwa, kuko urutonde rw’abagenewe inkunga y’ingoboka rugiye gusubirwamo abaturage bo ubwabo bakihitiramo abakene kurusha abandi bakwiye kuyihabwa.
Urubyiruko ruri mu muryango wa FPR-Inkotanyi ruhagarariye urundi mu mashuri makuru na kaminuza byo mu Karere ka Karongi rwafashe umwanzuro wo kuba intangarugero mu myifatire no mu bikorwa.
Umuyobozi wa Radio One Kakooza Nkuriza Charles “KNC”, yashyize ahagaragara amabanga yose y’uko we na Nyagatare Jean Luck bamenyanye n’uko bafatanyije gushinga Radio One, Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu 6/12/2014.
Mu gikorwa cyo kwamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga ku bufatanye n’umuryango UCEF uhuje abagore b’abakirisitu bagaragaje ko impamvu zituma ihohoterwa ridacika ari ukubera ko abarikorerwa batarishyira ahagaragara.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasabye ababyeyi ko batagomba kwibuka igihe cyarenze gusengera abana no kubafasha kwirinda icyorezo cya SIDA. Bibi yabitangaje ubwo yari mu gikorwa cyo gukusanya inkunga izagenerwa bamwe mu babana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, cyateguwe n’umuryango wa gikirisitu wa CVX.
Abayobozi munzego zibanze barasabwa kujya bajya inama n’abaturage igihe hari gahunda y’iterambere bashaka gushyira mu bikorwa kuko iyo bagiye inama aribwo iyo gahunda igerwaho vuba kandi neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bugaragaza ko abantu ibuhumbi 173 bangana na 51% by’abatuye akarere bakiri mu bukene. Aba baturage bose biteganyijwe ko bazafashwa kubuvamo mu gihe gito, nkuko bivugwa n’umukozi wako ushinzwe igenamigambi.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu karere ka Nyabihu barasaba ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa henshi mu Rwanda kuko rubafasha gusobanukirwa no kumva ubutumwa bubagenewe nabo bakaba bagira uruhare mu gushyira mu bikorwa ibivuzwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage guhindura imyumvire bakumva ko amafaranga y’inkunga y’ingoboka ya VUP atari ay’abasaza n’abakecuru ahubwo ari ay’abantu batishoboye.
Bamwe mu batuye mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gakenke bemeza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kwigira kuko bituma umuntu ashobora kwikemurira bimwe mu bibazo bye ntawe ategeye amaboko.
Inkeragutabara zo mu Karere ka Nyamasheke zasabwe kuba umusemburo w’iterambere, zibumbira mu makoperative hagamijwe kuba indashyikirwa mu iterambere kandi zubaka igihugu.
Umwana w’imyaka 17 witwa Higaniro Jules aravuga ko uwamufasha akamujyana mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cya Iwawa ubuzima bwe bwahinduka.
Abagabo bagera kuri 17 biganjemo abashoferi bafatiwe mu cyuho bagerageza guha ruswa abapolisi ahantu hatandukanye mu gihugu.
Akarere ka Kicukiro kashyikirije uwitwa Niyotwizera Maurice wo mu Murenge wa Niboye igihembo cy’ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda, ashimirwa amakuru yatanze y’umuntu wagendaga asoresha abacuruzi atabyemerewe abandi akabaka ruswa.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko hari amagambo yo muri bibiliya usanga afobya abafite ubumuga ndetse ngo bamwe bikabakomeretsa igihe bagiye gusenga bagasoma ayo magambo.
Mu gihe bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bavuga ko abaturage banga kwitabira inama, umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru habitegeko Francois we aratangaza ko nta muturage mubi utumva ubaho, ahubwo ko habaho umuyobozi utumva wananiranye.
Abafite ubumuga bwo kutumva bo mu karere ka Burera batangaza ko bafite ikibazo cyo kuba muri ako karere nta bantu bahari bazi ururimi rw’amarenga bajya babasemurira ibyo abandi bavuze haba mu biganiro cyangwa mu nama zitandukanye zibera muri ako karere.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko kugera ku ikoranabuhanga babifitemo imbogamizi kubera ubukene kandi nta n’ubumenyi barifitemo.
Nyuma y’imyaka 50 inyubako ya Cathedral ya Kibungo imaze yubatswe, abakiristu b’iyi paroisse batangiye kuyivugurura ikazarangira itwaye amafaranga miliyoni 500.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke baravuga ko basigaye bashimishwa n’uburyo bahabwamo serivise neza kandi vuba bitabaye ngombwa ko umuntu abanza gutanga k’ushinzwe kumuha serivise akeneye.
Silas Turagirabavugizi utuye mu Mudugudu w’Umushumbamwiza akagari ka Rwombogo Umurenge wa Nyarugunga Akarere ka Kicukiro arasaba ubufasha abagiraneza ngo ashobore kwegereza abana yatoraguye ababyeyi babo.
Ubushakashatsi bushya bw’umuryango mpuzamahanga Transparency International bugaragaza ko abaturage benshi bemeza ko mu Rwanda ruswa igenda igabanuka buri mwaka, ariko rwasubiye inyuma mu manota kuko rwavuye kuri 50 rukajya kuri 49.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Bugesera baravuga ko ingeso ya bamwe muri bagenzi babo yo kwigana abafite ubushobozi buhambaye mu gihe bagiye gukora ibikorwa runaka byiganjemo ubukwe bigatuma basesagura ikwiye gucika mu maguru mashya kuko bishyira imiryango mu bukene.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bugaragaza ko imitangire ya serivisi mu nzego z’ibanze igihura n’imbogamizi zirimo imicungire y’itangwa rya Serivisi, kutamenya kwakira neza ababagana n’ubunyamwuga kimwe n’ubumenyi bukiri hasi kuri bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze.
Ahitwa i Kiruhura mu gace ka Nyabugogo mu mujyi wa Kigali hagaragaye imibiri y’abantu bakekwa ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.