Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), kirasaba itangazamakuru kongera ubukangurambaga mu kurwanya SIDA cyane ko rigeza ubutumwa ku bantu benshi.
Abakirisitu b’itorero ADEPER Paruwasi ya Rutiti mu mirenge ya Ruheru na Nyabimata mu karere ka Nyaruguru barateganya kwiyubakira Kaminuza.
Mukamana Leonie w’imyaka 27 y’amavuko afungiye kuri polisi ya Ruhango guhera tariki 29/10/2015, nyuma yo gufatanwa ikiyobyabwenge cya Kanyanga iwe.
Umujyanama wa Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, aratangaza ko Leta ahagarariye izakomeza gufatanya n’iy’u Rwanda gukomeza gufasha mu bikorwa by’iterambere.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare ushinzwe imishahara y’abarimu, afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare, akekwaho guhemba abarimu ba baringa.
Ntibibaza Gerard wari umwe mu bayobozi b’igisirikare cya FDLR agataha mu Rwanda, yagaragarije umubare w’abarwanyi ba FDLR utajya utangazwa, avuga n’ahaherereye abarwanyi.
Ikigo cya Gatagara cyatangiye guhuriza hamwe abana b’abakobwa n’abahungu mu mikino na siporo, mu rwego rwo kubigisha ihame ry’uburinganire.
Umubyeyi witwa Yabaragiye Josephine yabyari ye abana bane mu Bitaro bya Kibogora mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Ukwakira 2015 bahita bapfa.
Abateganya igihe mu buryo bwa gakondo bakunze kwitwa abavubyi bagiye kwitabwaho, kuko ubumenyi bafite ku by’ikirere byemejwe ko bufite ireme.
Hari abafatabuguzi ba StarTimes b’i Huye batanze 16.000Frw ngo bajye bareba amatereviziyo yose yo mu Rwanda ariko ibyo bizejwe ntibabibonye.
Abaturage bo mu turere twa Ngororero-Muhanga na Karongi barasabwa kwitwararika ku bikorwa byangiza inkombe za Nyabarongo mu kwirinda ibura ry’amashanyarazi.
Umujyi wa Kigali ndetse n’Ikigo cy’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda (CMA) bariga uko hakorwa ibishoboka byose hakajyaho ikigega cy’imari cyafasha abatuye ahatajyanye n’igishushanyo mbonera babona amazu agezweho yo guturamo.
Ku isi ngo Abanyafurika ni bo bagikomeye ku muco w’ubufatanye ari yo mpamvu bakagobye kuwubyaza umusaruro mu rwego rwo kuyiteza imbere.
Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Mme Louise Mushikiwabo, ari mu Budage, kuva tariki 27 Ukwakira 2015 mu ruzinduko rw’akazi.
Abaturage bo mu mirenge ya Kabarore na Gitoki, bizejwe ko ikibazo cy’amazi macye cyahagaragaraga kigiye gukemuka kuko amasoko agiye kongerwa.
Inteko ishinga amategeko ku busabe bw’abaturage barenga Miliyoni eshatu yemeje ishingiro ry’ivugururwa ry’ingingo zimwe na zimwe harimo n’iya 101.
Mu gihe hari hashize amezi abiri uburobyi bw’amafi cyane ubw’isambaza mu kiyaga cya Kivu bufunze, bwongeye gufungurwa.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo irasaba abo bireba bose gushyiramo imbaraga kugira ngo umwaka wa 2017-2018 uzasige Abanyarwanda bose bafite amazi meza.
Mu gihe higwa ibigomba guhinduka mu Itegeko Nshinga, abadepite ntibavuga rumwe kuri 30% by’imyanya igenerwa abagore iteganywa n’Itegeko Nshinga.
Ministeri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yamuritse kuri uyu wa 28 Ukwakira 2015, agatabo kazafasha abaturage kumva ingengo y’imari ya 2015/2016 no kuyigiramo uruhare.
Nubwo hacukuwe ibyobo bifata amazi mu Mudugudu wa Mirama ya mbere hirindwa ko yabasenyera, ubuyobozi bw’akagari buvuga ko byakabanje gukurungirwa.
Tuyishime Binyavanga Charlotte arashimira Perezida Kagame wamukuye mu karuri akamutuza mu nzu nziza ifite agaciro ka miliyoni 4 n’igice.
Inkuba yakubise ishuri ribanza rya Nyagatare mu murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, umwana umwe yitaba imana abandi barahungabana.
Mu gihe komite ishinzwe isuku ikomeje gusura ibigo binyuranye by’ubucuruzi byagaragaye ko ibyinshi bikirangwa n’umwanda ukabije bisabwa guhindura imikorere.
Abahagarariye inama y’igihugu y’abagore mu mirenge mu karere ka Gakenke baratangaza ko kumenya uburenganzira bw’umugore n’umugabo ku butaka bizagabanya amakimbirane.
Abaturage bo mu murenge wa Rwimbogo, bavuga ko imihigo yo mu miryango ari ingenzi mu iterambere ry’ingo zabo.
Abagana ibiro by’Akagari ka Gisanze mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi babangamiwe no kuba katagira ubwiherero.
Imibare ituruka mu Karere ka Burera igaragaza ko abana 26 ari bo bagwingiye kubera ikibazo cy’imirire mibi bagize kuva bakivuka.
Abafite ubumuga biganjemo abana batabashaga kwigenza bagera ku 10, bahawe insimburangingo z’amagare, bakavuga ko azabafasha kugera aho abandi bari.
Abitabiriye inama Nyafurika y’Abagiraneza yaberaga i Kigali, barimo Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, barasaba isi kugira ubuntu.