Muringa: Abantu batazwi bari bagiye gutwika ishyamba biba ubuki

Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro rishyira tariki 12/08/2013 bajya guhakura mu mizinga y’abandi bibaviramo kuba bari bagiye gutwika ishyamba riri mu mudugudu wa Gakamba, akagari ka Muringa, umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu.

Uyu muriro wajimijwe utangiye gutwika agace gato ko munsi y’ishyamba kagera kuri Are 50, ngo watewe n’abo bantu bagiye kwiba ubwo buki bakagenda batajimije umuriro neza nk’uko tubikesha umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Muringa, Mutwarangabo Simon.

Nubwo mu gitondo cy’uyu munsi tariki 12/08/2013, uyu muriro waje kwihembera uza gutangira gutwika, inzego z’ubuyobozi, izishinzwe ibidukikije n’abaturage zahise zitabara ishyamba ritarashya.

Ishyamba ryari rigiye gushya, ubutabazi buboneka vuba umuriro uhoshwa nta gikomeye kiraba.
Ishyamba ryari rigiye gushya, ubutabazi buboneka vuba umuriro uhoshwa nta gikomeye kiraba.

Abaturage bakangurirwa kuba ijisho mu kubungabunga ibidukikije, amashyamba n’umutungo kamere bityo bakazajya batanga amakuru ku muntu wese wakora ibikorwa nk’ibyo kuko bigira ingaruka zikomeye.

Aho iyi nkongi y’umuriro yari igiye kwibasira ni igice cya Gishwati cyahagurukiwe n’inzego zose kugira ngo gisubiranywe nyuma y’aho cyangirijwe. Gishwati yakaswemo ibice bitatu birimo aho kororera mu nzuri, aho guhinga ndetse n’igice cy’ishyamba.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nje ndabona nta mpanvu yogufunga bariya baturage niba ibiti byimishikiri barabivanye mwisambu yabo.Ahubwo jye ndabona hakabaye ingamba zogutera imishikiri myinshi niba harabonetse isoko.

alias yanditse ku itariki ya: 13-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka