Kuri uyu wa Kane tariki 01/08/2013, umusozi uri mu mudugudu wa Gitwa, Akagali ka Munyana mu Murenge wa Minazi ho mu Karere ka Gakenke wibasiwe n’inkongi y’umuriro urashya.
Hashize igihe abaturage biyama umuyobozi w’akagari ka Rwinji ho mu murenge wa Nkombo kwinjira mu ngo z’abandi ariko ngo bikaba iby’ubusa kugeza n’aho abana be baje gutabaza inzego z’umutekano kuwa 31/07/2013, bavuga ko umubyeyi wabo ababangamiye.kugeza
Ishyamba ry’umuturage riri mu mudugudu wa Nyamuhunga mu kagari ka Save mu murenge wa Ruharambuga wo mu karere ka Nyamasheke, ryibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro rishyira tariki 31/07/2013; cyakora abaturage n’inzego zishinzwe umutekano bahise batabara ribasha kuzima hatarasha hanini.
Ubutumwa bushimangira uruhare rwa buri wese mu gukumira abangiza ibidukikije ni bwo butangwa n’ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare.
Umugabo witwa Emmanuel wo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gushaka gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera, imaze guta muri yombi abantu batatu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umusaza witwa Baziga Paul w’imyaka 60.
Abakora, abacuruza n’abanywa inzoga z’ibiyobyabwenge bo mu Tugari twa Cyarwa na Cyimana ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, biyamiwe ku mugaragaro nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyo kuwa 27/07/2013.
Abana babiri bo mu mudugudu wa Nyamigende mu kagari ka Juru mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera bitabye Imana barohamye mu ruzi rw’Akagera, ubwo barimo kuroba amafi.
Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi (EWSA) ishami rya Nyanza cyibwe moto ebyiri zo mu bwoko bwa Yamaha Ag 100 imwe ifite purake GRM 555 C n’indi yambaye purake GRM 559 C.
Bamwe mu bashigajwe inyuma n’amateka bo mu mudugudu wa Kinihira mu kagari ka Rukaragata mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro bagiye kwiba ubuki mu mizinga yagitse mu ishyamba riherereye muri uwo mudugudu tariki 29/07/2013 umuriro bifashishishaga utwika igice gito cy’iryo shyamba.
Umugore w’imyaka 36 y’amavuko wo mu mudugudu wa Wimana, akagari ka Gatare mu murenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Polisi ya Kanjongo akekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 15.
Mu mudugudu wa Rugarama mu Kagari ka Mbyo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Baziga Paul w’imyaka 60 wishwe n’abantu bataramenyekana barangije baramutwika.
Umurambo w’umusaza Niyibizi Straton bawusanze hafi y’urugo rwe mu mudugudu wa Kabiha akagari ka Mutara umurenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango mu gihe cya saa tatu z’ijoro tariki 28/07/2013.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ya sosiyete itwara abagenzi ya Sotras yari itwawe na Shema Abubakhar yagonze ibantu babiri bari ku magare aribo Biziyaremye Protegene na Ngenzahabandi Simon bahita bitaba Imana.
Uzarama w’imyaka 28 na Kwibuka w’imyaka 26 batawe muri yombi mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza saa moya n’igice za mu gitondo tariki 28/07/2013 bashinjwa gusambana kuko umugabo afite isezerano n’undi mugore.
Umurambo w’umusore witwa Uwimbabazi Emmanuel w’imyaka 23 y’amavuko ukomoka ahitwa i Ruganda mu karere ka Karongi wabonetse ureremba hejuru y’urugomero rw’amazi ruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 27/07/2013 ahagana saa kumi z’umugoroba.
Mu ijoro rya tariki 26/07/2013 mu mudugudu wa Kigogwe, akagari ka Nyarusanga, umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi, ishyamba ringana na hegitari 2,5 ryafashwe n’inkongi y’umuriro yatewe n’umuntu wari urimo gutwika amakara mu murenge wa Gitesi.
Karenga Evariste w’imyaka 28 n’uwitwa Umutoniwase Fauziya w’imyaka 18 y’amavuko batuye mu mudugudu wa Rukandiro mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana bafunzwe bazira ubufatanye mu gukuramo inda no gufatanwa ibikoresho bitandukanye byibwe birimo ibya gisirikare na polisi.
Abagabo babiri bo mu mudugudu wa Nyamurira mu kagari ka Gasayo, umurenge wa Karengera ho mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatandatu, tariki 27/07/2013 barwanye bapfa ideni ry’amafaranga ibihumbi bitatu ku buryo uwishyuzwaga yakomeretse ariko bidakabije.
Niyonsaba Theogène wigaga mu mwaka wa kabiri ku kigo cy’amashuri abanza cya Mpingamabuye giherereye mu mudugudu wa Runaba mu kagari ka Haniro mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 26/07/2013 azize ipoto y’amashanyarazi yamubirindutse hejuru.
Kamegeri Joseph w’imyaka 63 utuye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza yarusimbutse ari ku igare mu mpanuka y’imodoka ebyiri yabereye mu mujyi wa Nyanza ahagana saa kumi n’igice z’umugoroba tariki 26/07/2013.
Abandi bantu babiri bamaze gutabwa muri yombi mu gikorwa Polisi y’igihugu ikomeje cyo gushakisha abagize uruhare mu gutera igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade mu kivunge cy’abantu i Nyabugogo ahazwi nka Marato (Marathon).
Abaturage bo mu mudugudu wa Mberi mu karere ka Rutsiro batangiye gutanga amakuru kubo bakeka baba baragize uruhare mu rupfu rw’umunyeshuri umaze iminsi atoraguwe yariswe, nyuma yo kuburirwa irengero umurambo we ukaza gutoagurwa mu mwobo.
Ibyaha bitandukanye byiganjemo amakimbirane yo mu miryango nibyo byavuyemo impfu z’abantu 43 mu gihembwe gishize mu karere ka Ngororero, nk’uko byatangarijwe mu nama y’umutekano yahuje ubuyobozi bw’Inkeragutabara mu ntara y’Iburengerazuba n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, ahagana i saa Moya igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kiraturitse, gihitana abantu batatu n’aho abandi bagera kuri 32 barakomereka, nk’uko amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu abitangaza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera burasaba abaturage bajya gushaka amazi mu biyaga ko bagomba kwitondera ingona zibamo kugirango zitabavutsa ubuzima bwabo.
Virginie Mukandayisabye wo mu mumurenge wa Nyabitekeri mu kagari ka Mariba ho mu mudugudu wa Nyarusange ngo amaze amezi icyenda agenda acumbika mu ngo z’abandi kubera gutinya umutekano muke ukomoka ku muryango we.
Kuva saa mbiri z’ijoro tariki 24 kugeza tariki 26/07/2013 amashyamba yo mu midugudu 11 yo mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza akomeje kwibasirwa n’inkongi y’umuriro yatewe n’umuturage witwa Hakizimana Aloys watwikaga amakara rwihishwa nta burenganzira abifitiye.
Mu minsi ibiri ikurikirana mu karere ka Karongi hamaze gupfa abantu babili mu mirenge itandukanye, kandi bose bikavugwa ko bishwe n’abantu bo mu miryango yabo.
Saa tatu z’igitondo cya tariki 25/07/2013 mu murima wa Kabayiza Emmanuel mu kagari ka Ntenyo umurenge wa Byimana akarere ka Ruhango, hatoraguwe gerenade ebyiri zo mu bwoko bwa Tortoise zitwikirijeho utwatsi.