Bamwe mu baturage bo mu bice bitandukanye bigize Akarere ka Gakenke bemeza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kuboneza urubyaro ku buryo biyemeje kuzajya babyara abo bashoboye kurera.
Mu murenge wa Kirehe uherereye mu karere ka Kirehe haracyagaragara indwara zitandukanye mu ngo z’abaturage, zirimo amavunja n’inzindi ndwara zifata uruhu, nk’uko byagaragaye mu igenzura ryakorewe muri izo.
Mu rwego rwo guca burundu indwara zituruka ku mirire mibi, Akarere ka Nyamasheke kari koroza amatungo magufi ababyeyi bafite abana bagaragayeho indwara zitandukanye zikomoka ku mirire mibi nka bwaki.
Abavuzi gakondo babiri bari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo na Poste za Polisi zitandukanye mu Karere ka Nyagatare kubera gukora batabyemerewe abandi bakabikorana isuku nke, kimwe na bimwe mu bikoresho bibujijwe muri uyu mwuga.
Kutagira inyubako zihagije bituma abarwayi baryamana ku gitanda kimwe ari babiri mu bitaro bya Muhororo biri mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba, ibi bikaba bishobora kubabangamira ndetse ntibyorohe kwita ku isuku no gutanga ubuvuzi ku barwayi.
Ubwitabire bwo kuboneza urubyaro mu Karere ka Nyabihu bwarazamutse buva kuri 42% umwaka ushize ubu bukaba bugeze kuri 56%.
Kuteza imyaka ngo bagire umusaruro mwinshi byabangamiye umugambi w’abaturage bo mu Murenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera bari bafite wo kwigurira imbangukiragutabara.
Bamwe mu barwarije mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) binubira ko bahabwa gahunda yo kuvuza (rendez-vous) ariko baza bagasabwa kuzagaruka ikindi gihe.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe barishimira igikorwa cyo kuvurwa indwara zo mu kanwa ku buntu bitewe n’uko usanga ari indwara kuzivuza bihenze, kandi mu bitaro no mu bigo nderabuzima bitoroshye kuhasanga inzobere mu by’indwara zo mu kanwa cyangwa se n’iz’amenyo muri rusange.
Kuba hari abaturage bamwe bo mu Karere ka Gicumbi bagifite imyumvire mike mu gutanga ubwisungane mu kwivuza bituma akarere katabasha kwesa umuhigo w’ubwisungane mu kwivuza 100%.
Mu rwego rwo kubafasha kuborohereza ingendo bakora bimwe mubigo nderabuzima bya Nyabitimbo na Rwinzuki byo mu karere ka Rusizi bifite ibibazo by’imiteterere mibi yingendo bitewe n’uko nta modoka zihagera , byahawe ibinyabiziga bya Moto bizajya bibafasha kwihuta no gutunganya akazi kabo neza.
Bamwe mu babyeyi batuye mu mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi batangaza ko kuganiriza abana babo ku buzima bw’imyororokere ari bimwe mu bibafasha kugira ubumenyi bubafasha kwirinda inda zitateguwe bigafasha n’abana babo bagira uburere bwiza.
Abaturage b’abanyafurika batari bake bakomeje guca agahigo mu gukoresha nabi inzitiramibu ugereranyije n’abandi batuye ku yindi migabane igize isi.
Ubuyobozi bw’ibitaro by’akarere bya Shyira buratangaza ko ikigero cy’ababyeyi babyarira kwa muganga mu Karere ka Nyabihu cyazamutse kikava kuri 47% cyariho muri 2012 bakagera kuri 87% mu mpera za 2014.
Uruzinduko rw’iminsi 10 itsinda ry’abagize inteko ishinga amategeko ryari ryagiriye mu Karere ka Rutsiro rwasojwe kuwa kabiri tariki ya 03/02/2015, rusize hari ingamba zifashwe harimo no kugarura mu kazi abakozi b’ibigo nderabuzima bari barirukanywe.
Itsinda ry’intumwa za rubanda ryari riri gusuzuma uko gahunda za Leta zigera ku baturage zigenerwa mu Karere ka Nyabihu rirasaba ko umwanda ukigaragara hirya no hino wahagurukirwa.
Abakobwa bo mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze bari mu cyiciro cy’urubyiruko bavuga ko batakoresha agakingirizo kuko ari icyaha, ndetse ngo bagira impungenge ko bashobora kugakoresha kakabaheramo bakaba bapfa.
Abaturage b’Akagari ka Mukomacara mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara baravuga ko ivuriro riciriritse (poste de Santé) bagiye kwegerezwa rizabaruhura imvune bagiraga bajya gushaka serivisi z’ubuvuzi.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gisagara barahamya ko gukurungira cyangwa gusiga inzu ingwa ari kimwe mu bifasha abaturage b’amikoro make kugira isuku z’inzu zabo, kuko birinda kuba banarwara imbaragasa, kandi n’aho batuye hakagira isura nziza.
Bamwe mu bakirisitu basengera mu itorero Pantekoti mu Rwanda, bakunze kwita abarokore, batuye ku Kirwa cya Bugarura giherereye mu Murenge wa Boneza ho mu Karere ka Rutsiro batangaza ko kuboneza urubyaro ari icyaha bityo bakaba batabikozwa.
Ingo zitari nke zo mu Karere ka Kayonza ntizibarizwamo akarima k’igikoni n’ubwo bamwe mu babyeyi bo muri ako karere bemeza ko gafite akamaro kanini.
Inyubako zizakorerwamo n’ikigo Isange Rehabilitation Center cyagenewe kuvurirwamo abantu basabitswe n’ibiyobyabwenge zimaze kuzura. Iki kigo cyubatswe mu Mujyi wa Butare i Ngoma hafi y’ahari ivuriro rya Polisi.
Bamwe mu bagabo bo mu Murenge wa Rukumberi ho mu Karere ka Ngoma basanga ibyo guherekeza abagore babo muri gahunda z’igikoni cy’umudugudu bitabareba ndetse ko batanabishobora, mu gihe abagabo nabo bakangurirwa kugira uruhare rugaragara mu mikurire myiza y’umwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko ibarura ry’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi riherutse gukorwa mu mirenge igize aka karere ryerekanye ko abana 224 ari bafite iki kibazo.
Intumwa za Rubanda ziribaza impamvu ikibazo cy’isuku nke kiri kugaragara muri iyi minsi nk’ikibazo gishya gitunguranye kandi nyamara abayobozi mu nzego z’ibanze babana n’abaturage umunsi ku munsi.
Kimwe mu bibazo bihangayikishije ubuyobozi mu Karere ka Rulindo ni ukuba hakiri abaturage bararana n’amatungo mu nzu imwe kubera impamvu zitandukanye.
Abatuye akarere ka Ngoma mu murenge wa Rukumberi baravuga ko ubujiji mu gutunganya imirire bwari bugeze kure abana babo bari bugarijwe n’indwara z’imirire mibi ariko nyuma yo kubona igikoni cy’umudugudu ntawe ukirwaza izo ndwara kubera amasomo bahakura.
Bamwe mu batuye mu Mudugudu w’Uwintobo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Kibeho ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe no kutagira ubwiherero buhagije muri uyu mudugudu.
Mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi hari kubakwa ikigega kizafasha mu gukwirakwiza amazi muri aka kagari ndetse no mu tundi bituranye twa Kabagesera na Kagina.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwamaze kugenera inka ikamwa ababyeyi bamaze amezi atanu bibarutse abana batatu b’abakobwa, mu rwego rwo kubafasha kurera abo bana neza no kubarinda imirire mibi kuko bavutse mu muryango utishoboye.