Nyuma y’uko bigaragaye ko mu buvuzi gakondo hajemo abiyitirira uwo mwuga cyangwa abawukora nabi bagahesha isura mbi abawukora mu buryo bwemewe, urugaga rw’abavuzi gakondo mu Rwanda “AGA Rwanda Network” rurashishikariza abavuzi gakondo kunoza imikorere yabo no kugira ibibaranga byemewe hirindwa abiyitirira uyu mwuga (...)
Abibumbiye mu ihuriro ry’Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga ibya farumasi (RPSA: Rwanda Pharmaceutical Students’ Association) bemerewe kuzategura ndetse bakanakira inama ya kane y’abanyeshuri biga ibya farumasi muri Afurika, izaba muri Nyakanga 2015.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gakenke bemeza ko kuba baramaze gusobanukirwa neza n’akamaro k’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé), byatumye barushaho kwitabira gutanga umusanzu wabo ku buryo batakirembera mu rugo.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe kurwanya indwara zitandura kuri uyu wa 14/11/2014, abaturage bibukijwe ko atari ngombwa kujya kwisuzubimisha ari uko bumvise barwaye, ahubwo nibura bakajya bagana muganga rimwe mu mwaka.
Abagize Forumu yo mu karere ka Ngororero yunganira ubuyobozi muri gahunda zitandukanye z’ubuzima, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abakobwa batwara inda bakiri bato ndetse n’ubwitabire mu kuboneza urubyaro bikiri ku rugero rwo hasi.
Nyuma y’ubwiyongere bw’indwara ya Malariya buteye inkeke mu mirenge imwe n’imwe y’akarere ka Nyanza, hashyizweho ingamba z’ubukangurambaga buhuriweho n’umuryango Imbuto Foundation buzakorerwa mu mirenge yose igize aka karere.
Ibitaro bya Rwinkwavu biri mu karere ka Kayonza ntibikigira ikibazo cyo kubona umwuka wa Oxygene uhabwa abarwayi bawukeneye, nyuma y’aho biboneye imashini ikurura umuyaga wo mu kirere ikawuyungurura ikavanamo uwo mwuka wa Oxygene.
Abatuye akarere ka Ngoma baributswa ko kubyara abana bashoboye kurera ari ingenzi mu mibereho myiza y’umuryango kuko abana benshi batateganirijwe batera ikibazo mu muryango yaba mu burere, kubitaho ndetse no gukurikirana imibereho yabo.
Abaturage batuye mu karere ka Gakenke barasabwa kurushaho kwita ku isuku y’abana babo kugirango ubuzima bwabo burusheho kumererwa neza kuko iyo umuntu afite isuku agira n’imitekerereze mizima.
Abagore bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusisi baravuga ko abagabo babo batarumva neza akamaro ko kuboneza urubyaro kuko bagenda babyara abana hirya no hino kandi badafite ubushobozi bwo kubarera.
Rutebuka Yohani utuye umurenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, aratangaza ko nyuma y’igihe malaria yararembeje urugo rwe ubu hashize imyaka itatu ihacitse kubera kurara mu nzitiramubu.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe isuku kuri uyu wa 07/11/2014, ababyeyi bo mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwitwa ku isuku y’abana babo ndetse no kurangwa n’isuku ubwabo.
Abakozi n’abayobozi ba Ecobank bagendereye abatishoboye barwariye ku bitaro bya Akamabuye mu karere Bugesera, babagenera ubufasha butandukanye burimo ubwisungane mu buvuzi “mitweli” n’imiti ya malariya bifite agaciro ka miliyoni umunani z’Amanyarwanda.
Abacuruzi b’itabi mu isoko rya Ngororero (biganjemo abakuze kuko bose bari hejuru y’imyaka 55) ngo basanga abavuga ko itabi ari ribi bitiranya amoko yaryo kuko irihingwa mu Rwanda nta kibazo ngo ryatera urinywa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza buramagana igihuha kidafite ishingiro cyasakaye mu baturage mu minsi ishize kivuga ko amafaranga atangwa mu bwisungane mu kwivuza yagabanyijwe, ahubwo basaba abaturage kwitabira gutanga umusanzu wagenwe igihe kitararenga.
Abasaza n’abakecuru bava mu turere dutandukanye kuva ku cyumweru tariki ya 02/11/2014 bari ku Bitaro bya Ruhengeri aho barimo kuvurwa indwara y’ishaza. Muri iki gikorwa kizamara icyumweru biteganijwe ko abantu 180 bazavurwa.
Abajyanama b’ubuzima mu karere ka Ruhango baravuga ko nyuma yo kwibumbira mu makoperative abateza imbere, bishimira amahugurwa bahabwa ku kwicungira imitungo kuko bituma bashobora gucunga no kugenzura neza ibikorwa byabo.
Abatuye umurenge wa Kigembe mu karere ka Gisagara barashima ikigo nderabuzima begerejwe, bagasaba ko serivisi yo kwita ku babyeyi babyara itaragera muri iki kigo nderebuzima yakwihutishwa kuhagera kuko ababyeyi bakivunika bakora urugendo.
Nyuma y’uko bigaragaye ko hari abayobozi bo mu tugari bahabwa amafaranga y’imisanzu y’abaturage mu kwivuza bakamara ighe kinini batarayatanga, ubuyobozi bw’akarere bwabafatiye ingamba.
Abagore bo mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara barashima umugoroba w’ababyeyi bagiye bigiramo gutegura amafunguro afite intungamubiri, abari barwaje bwaki ikaba imaze kwibagirana.
Icyorezo cya Ebola kimaze amezi asaga umunani kibasiye bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburengerazuba gihangayikisheje isi bitewe cyane cyane nuko cyandura mu buryo bworoshye kandi kikaba nta muti n’urukingo kirabonerwa.
Mu gihe imisanzu ya mitiweli yo mu karere ka Rutsiro ica kuri konti ziri muri Sacco nyuma zikayimurira kuri konti ya mitiweli y’akarere ubu izitarabikoze zasabwe kwishyura ayo mafaranga y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bitarenze icyumweru.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahagurukiye abishyuza imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bakayishyirira mu mifuka yabo bigatuma aka karere gahora inyuma mu gutanga imisanzu ya mitiweli.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzika cya Gatebe kiri mu murenge wa Gatebe, mu karere ka Burera, butangaza ko gifite ikibazo cy’ibikoresho bidahagije n’abaganga bake, ndetse n’amazi meza n’amashanyarazi nabyo bitarahagera.
Abaturage batuye mu kagari ka Kamubuga mu murenge wa Kamubuga mu karere ka Gakenke barishimira ko bamaze guhanga umuhanda bazajya bakoresha berekeje ku kigo nderabuzima cya Kamubuga mu gihe hari uwo bibaye ngombwa ko ajyanwa kwa muganga, kuko ubusanzwe biyambazaga abasore bafite imbaraga kugira ngo bamuheke mu ngombyi (...)
Umuryango w’abahinzi n’aborozi bo mu Rwanda IMBARAGA ukaba ari nawo ushyira mu bikorwa umushinga PPIMA ukurikirana amakuru no gukora ubuvugizi kuri politiki z’igihugu wagaragaje ko abaturage mu karere ka Gakenke hari ibibazo bikibangamiye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abaturage bo mu murenge wa Gahunga n’abo mu karere ka Burera muri rusange gushishikarira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mitiweri), kugira ngo nibaramuka barwaye bazabone uko bivuza bitabagoye.
Ikusanyirizo ry’amata ry’i Rusatira “Agira gitereka” ry’abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Huye, rigurisha amata riba ryakusanyije, ariko rikanagenera abana barangwa n’imirire mibi amata yo kunywa.
Mu gihe cy’iminsi 10 gusa abagabo n’abasore bagera kuri 808 baturuka mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo bamaze gusiramurwa, iyi serivisi ikaba iri gutangwa ku buntu ku nkunga ya Minisiteri y’Ingabo ibinyujije mu mushinga JHPIEGO hamwe na Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE).
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) hamwe n’Umuryango mpuzamahanga w’Abongereza witwa Vision for a Nation, bamaze igihe basuzuma uburwayi bw’amaso, basanga umuntu ayarwaye bakamuha amadarubindi atuma abona neza ku biciro ngo bihendukiye buri muturage mu Rwanda.