Kubufatanye n’umuryango wa World Vision hamwe n’ubuyobozi bw’umurenge wa Rutarea wo mu karere ka Gicumbi bazindukiye mu gikorwa cyo kwigisha abaturage kwitabira kwandikisha abana babo mu gitabo cy’irangamimerere nyuma y’iminsi 15 bavutse kuko kutandikisha aba babo ari ukubabuza uburenganzira bwabo.
RAPID SMS ni uburyo bwashyizweho na minisiteri y’ubuzima mu guhana amakuru agamije kurengera ubuzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana. Iyi gahunda ikaba ari imwe mu ntego umunani z’ikinyagihumbi, leta y’u Rwanda ifatanyije mo n’isi yose.
Abitabiriye inama mpuzamahanga y’iminsi itatu yigaga ku bushakashatsi bukorwa kuri virusi itera Sida bashoje bifuza ko hakongerwa ingufu mu ngamba zihora zifatwa zigamije kurwanya Sida.
Nyuma y’aho hagiriyeho urugaga rw’abakora imirimo ishamikiye ku buvuzi, abakora iyi mirimo mu karere ka Ruhango na Nyanza baravuga ko akazi kabo kagiye kugira agaciro ndetse nabo banakora akazi bizeye ko bazwi, bityo service baha abarwayi zirusheho kugenda neza.
Inzego zirengera uburenganzira bw’abafite ubumuga mu karere ka Kayonza ziratabariza abafite ubumuga bw’uruhu bakunze kwitwa ba “nyamweru” kuko ngo bakomerewe n’ikibazo cy’izuba ribangiriza uruhu.
Bamwe mu bafite ubumuga bavuga ko barimo abanduzwa agakoko gatera SIDA bitewe n’intege nke za zimwe mu ngingo za bo. Ngo ntibabasha gukurikira ubukangurambaga bukorwa kuri icyo cyorezo cyangwa bakazingitiranwa kubera imyumvire iri hasi.
Urubyiruko rwo mu nkambi y’impunzi z’Abanyekongo ya Kigeme rusanga gukoresha agakingirizo ntawe byari bikwiye gutera isoni kuko ari bwo buryo bwonyine bwo kwirinda virusi itera SIDA mu gihe kwifata bidashoboka.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah araburira bamwe mu baganga batakira neza abivuriza ku bwisungane mu kwivuza nyuma y’uko abaturage bagaragaje ikibazo cy’imitangire mibi ya serivisi.
Abaganga bo mu bitaro bya Gisirikare bari mu karere ka Rubavu aho bazamara ibyumweru bibiri mu bikorwa byo gupima Virusi itera Sida no gucyeba (gusiramura) abagabo ibihumbi bitanu hakoreshejwe uburyo bugezweho bwa Prepex.
Umugore witwa Yankurije Zabukiya w’abana batandatu utuye mu mudugudu wa Nyamagana B mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko ubu yiyakiriye nyuma yo kugerageza kwiyahura inshuro eshatu kubera ubwandu bwa virusi itera SIDA.
Abaturage b’Akarere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa guhagurukira kwita ku isuku yo ku mubiri n’iyo mu ngo kuko bigaragara ko badohotse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buratanga za ko kubera ubukangurambaga bukorwa hirya no hino abaturage bitabira gahunda zo kuboneza urubyaro bagenda biyongera.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gikore, baratangaza ko kuva bubakiwe inzu yakira ababyeyi bajya kubyara ntawe ukibyarira mu rugo.
Abatuye Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara baratangaza ko bamaze kumenya uburyo bakoresha mu guhangana n’indwara ya Malariya ikunze kuhaba kubera guturira ibishanga.
Mu rwego rwo kurwanya imyotsi ituruka ku bicanwa yoherezwa mu kirere hamwe n’indwara z’ubuhumekero ndetse n’iziterwa n’umwanda, umushinga DelAgua urimo gutanga imbabura zikoresha ibicanwa bike kandi zitagira imyotsi hamwe n’ibikoresho biyungurura amazi ku miryango 17437 yo mu karere ka ngororero.
Polisi y’igihugu iri guhugura abagize community policing ububi bw’indwara ya Ebola n’uburyo bayirinda kugira ngo bagire uruhare mu kuyikumira ndetse banamenye uko bakwitwara baramutse babonye umuntu uyirwaye.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Nyumba mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye buratangaza ko bwasanze gukorana n’inzego z’abagore mu gukusanya imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza bitanga umusaruro.
Mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, haracyagaragara abaturage bafite umwanda mwinshi haba ku mubiri cyangwa ku myamboro, bamwe bakavuga ko babiterwa n’ubukene abandi bakavuga ari imyumvire ikiri hasi, bagasaba ubuyobozi gukora ubukangurambaga butandukanye.
Nubwo hari ababyeyi bamaze gusobanukirwa na gahunda yo kwita ku mwana bamugenera ifunguro ryuzuye, haracyari ikibazo kuri gahunda y’imbonezamikurire aho umwana agomba kubuzwa ikibi hadakoreshejwe inkoni usanga itaracengera mu babyeyi.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu avuga ko nubwo akarere ayobora gahanganye no kugeza ku gipimo 100% mu bwisungane mu kwivuza, hari abayobozi bashatse kunyereza amafaranga atangwa n’abaturage abandi batinda kuyashyira aho agomba kujya bitinza abaturage kwivuriza igihe.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru bwamaze kuvuza umuryango wa Gasimba Emmanuel wari wugarijwe n’amavunja ariko byasabye ko ubanza ukimurirwa ahandi.
Abayobozi b’utugari n’abacungamutungo b’amashami y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA) barasabwa guhindura imikorere no kuzamura igipimo cy’ubwisungane mu kwivuza kikava kuri 70% kikagera ku 100 % mu byumweru bibiri biri imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buratangaza ko ukwezi k’Ukwakira kwari kwahariwe ubukangurambaga ku kwitabira ubwisungane mu kwivuza kwatanze umusaruro ugaragara.
Mu gihe bamwe bibaza impamvu maraliya ikomeje kwiyongera kandi harafashwe ingamba zikomeye zo kuyirwanya hifashishijwe inzitiramubu, abashinzwe ubuzima mu karere ka Ngoma barakangurira abafite inzitiramubu kuzikoresha neza ngo babashe kuyihashya.
Bamwe mu babyeyi bo mu mirenge ya Butare, Gikundamvura, Bugarama, Muganza na Nyakabuye ituriye ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi, barasabwa guhindura imyumvire yabo birinda kujya gucisha abana ibirimi kuri ba magendo.
Abaturage bo mu karere ka Burera batuye mu gice cy’amakoro munsi y’ikirunga cya Muhabura, batangaza ko bagira ikibazo cy’imisarane kuko kuyicukura bibagora kubera ko ubutaka bwaho bugizwe n’amakoro gusa.
Abaturage b’Umurenge wa Mugano, mu Karere ka Nyamagabe bamaze gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (MUSA: mutuelle de santé) baracyari bake, bakavuga ko biterwa n’ubukene n’abandi bumvako leta igomba kuyibishyurira.
Abavuzi gakondo bakorera mu karere ka Gakenke ntibishimiye ko uburyo buri mwaka bazajya bakwa amafaranga y’icyangombwa kibemerera gukora kuko ngo ubusanzwe bazi ko icyangombwa umuntu akishyura inshuro imwe gusa keretse iyo bibaye ngombwa ko gihindurwa.
Mu gihe ihuriro ry’abavuzi gakondo “AGA” rikomeje igikorwa cyo kubarura abanyamuryango baryo mu gihugu hose, abavuzi gakondo bo mu karere ka Ngororero ntibanyurwa n’umubare w’amafaranga bakwa muri mwaka ndetse amwe bakayasabwa ku byangombwa basanganywe.
Nyuma y’uko bigaragaye ko mu buvuzi gakondo hajemo abiyitirira uwo mwuga cyangwa abawukora nabi bagahesha isura mbi abawukora mu buryo bwemewe, urugaga rw’abavuzi gakondo mu Rwanda “AGA Rwanda Network” rurashishikariza abavuzi gakondo kunoza imikorere yabo no kugira ibibaranga byemewe hirindwa abiyitirira uyu mwuga (...)