Leta igiye gutangira gushishikariza abaturage kwitabira kugura ubwisungane mu buvuzi “mituweli”, ihereye mu madini kugira ngo ayifashe gusakaza ubwo bukangurambaga.
Abatuye Umurenge wa Gitoki muri Gatsibo bizera ko kumenya gutegura indyo yuzuye hari icyo byagabanyije ku ndwara ya bwaki yahagaragaraga.
Ibitaro byo mu Murenge wa Mukarange muri Gicumbi byafashije abahatuye no mu nkengero zawo kutakiremebera mu rugo kuko serivisi z’ubuzima zabegerejwe.
Abaturage baturiye Ibitaro bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba bituzura, bibangamiye ubuzima bwabo kuko badashobora kubona serivise z’ubuvuzi hafi yabo.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima bishamikiye ku bitaro bikuru bya Kibuye muri Karongi ko bahawe ibikoresho bizabafasha kwirinda impfu z’abana n’ababyeyi bapfa babyara.
Ibitaro bikuru bya Kiziguro by’Akarere ka Gatsibo bifite inyubako zidahagije, bituma serivisi zihatangirwa zitihuta, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwabyo.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko Leta y’u Rwanda yiyemeje kuvuza umwana witwa Tuyisenge Emile ufite uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.
Urubyiruko rwo muri Kayonza rwaterwaga isoni no kugana serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, rwashyiriweho gahunda ya ‘Youth Corner’ izarufasha kugana izo serivisi ntacyo rwikanga.
Abaturage bo mu mirenge igize Akarere ka Gatsibo bavuga ko kurwara no kurwaza malariya bituma iterambere ryabo ritihuta nk’uko babyifuza.
Umuryango utuye mu Kagari ka Gasarabwayi mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Kirehe uratabaza abagiraneza kuwuha ubufasha bwo kuvuza umwana wabo umaranye imyaka 16 uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.
Abatuye imirenge ya Sake na Rukumberi muri Ngoma, basanga ubusinzi bwadutse mu bagore burimo gutera ubwiyongere bw’abana bavuka nta bushobozi.
Bamwe mu bivuriza ku kigo Nderabuzima cy’Umurenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko abaforomo babarangarana muri serivisi bifuza.
Abana bagera kuri 800 mu Karere ka Nyanza bugarijwe n’imirire mibi, kubera ubumenyi bucye bw’ababyeyi ku gutegura indyo yuzuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), cyegereje abakozi bakorera mu bigo bitandukanye byo mu Murenge wa Kimihurura, igikorwa cyo gupimwa indwara zitandura.
Umuryango Nyafurika Ushinzwe Ubuziranenge (ARSO) urasaba abatuye isi kudasuzugura imiti gakondo kuko ngo ivura ikanaba ishingiro ry’iya kizungu.
Ikigo Nderabuzima cyo mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Gicumbi cyugarjwe n’umwanda wo mu bwiherero budakorerwa isuku bikabangamira abarwayi.
Niyigena Marthe ukora ubuvuzi gakondo, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Shyorongi muri Rulindo, akurikiranyweho urupfu rw’umugabo yavuriraga iwe.
Impuguke mu by’imirire Dynaparm batangaza ko mu gihe umuntu yateguye neza amafunguro, ibiryo byamurinda indwara kandi bikanamubera umuti.
Madame Jeannette Kagame yahawe igihembo n’umuryango Team Heart, kubera uruhare rwe mu bikorwa bya kimuntu.
Imirire mibi mu Rwanda yagabanutse kuva ku kigero cya 51% muri 2005 kugera kuri 38% uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’imibare iheruka.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko bidasobanutse kuba mu muvuduko isi iri kugenderaho hari indwara zigihitana ubuzima bwa benshi zitaracibwa burundu.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho avuga ko u Rwanda nirutangira gukoresha drones (utudege duto), ubutabazi buzajya bugera ku babukeneye byihuse.
Akarere ka Nyamasheke kahaye ibigo nderabuzima byo mu bitaro bya Bushenge na Kibogora, ibikoresho byo kwa muganga by’agaciro karenga miliyoni 135 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhanganye no gutazangera kuba akanyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza kuko 2015-2016 yarangiye gafite 69.4%.
Abaganaga bakora ku bitaro bya Nemba mu Karere ka Gakenke, barasaba kwishyurwa imishahara y’amezi abiri bamaze badahebwa.
Umuhango w’ihererekanyabubasha ry’Ibitaro bya Polisi wabaye kuri uyu wa 26 Mata 2016 aho Polisi y’u Rwanda yabishyikirije Minisiteri y’Ubuzima nk’Ibitaro by’Akarere bya Kacyiru.
Abakecuru n’abasaza bo mu Karere ka Muhanga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 barishimira ubuvuzi bagenerwa n’Ingabo z’u Rwanda, RDF.
Minisiteri y’Ubuzima (Minisante) izaha umuti w’inzoka zo mu nda abana bagera kuri enye muri uku kwezi kwahariwe ubuzima bw’umwana n’umubyeyi.
Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ikigo cya Oshen Healthcare Rwanda Ltd, yo kuyifasha kugenzura no kuyobora ibitaro byitiriwe Umwami Faical.
Abahanga mu buvuzi bwibanda kuri malariya bavuga ko igihugu gishobora kuyirwanya ariko ibihugu bituranyi bitabikoze ngo nta cyo biba bimaze.