Bitewe n’uko isuku ari isoko y’ubuzima buzira umuze, ni byiza ko buri wese aharanira kugira isuku, cyane cyane abantu bakuru bakayitoza abana bakiri bato bagakura barayigize umuco.
Buri mwaka mu Rwanda hizihizwa umunsi wahariwe kwita ku buzima bwo mu umutwe, insanganyamatsiko y’umwaka wa 2011 igira iti ”Twongere imbaraga mu kwita ku buzima bwo mu mutwe”.
Mu rwego rwo gufasha abanyarwanda bose kugera kubuvuzi bunoze, hatangijwe gahunda nshya y’ubwisungane mu kwifuza, iyi gahunda yatangiye mu kwezi kwa Nyakanga umwaka w’2011 ikaba yaraje isimbura iyari isanzweho.
Mu rwego rwo kubahiriza inshingano zayo no kuzishyira mu bikorwa, kuri uyu wa kane mu ngoro y’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena washyize ahagaragara ubushakashatsi ku ihame ryerekeye amahirwe angana n’imibereho myiza y’abaturage.