Evariste Rwigema w’imyaka 64 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Kagusa mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro, avuga ko atunzwe n’igikoma n’ibiryo byoroheje nyuma yo gukubitwa akagirwa intere azira amakuru ngo yatanze mu nkiko gacaca.
Kuri uyu wa 18 Ukuboza 2013, abacamanza bose bakora mu nkiko z’igihugu batangiye umwiherero ugamije kuganira kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda.”
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko mu karere ka Rulindo, hatangajwe ko muri ako karere bagiye kwita cyane ku gukurikirana imanza z’abana n’abatishoboye.
Nyuma y’amezi hafi atandatu barahagaritswe ku kazi kubera gukurikiranwaho kunyereza umutungo w’ikigo nderabuzima cya Rususa, umuyobozi w’icyo kigo Beninka Leoncie, hamwe n’umucungamutungo witwa Nyirabashyitsi Gloriose basubijwe mu kazi na komisiyo y’abakozi ba Leta.
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango mpuzamahanga utabara imbabare (CICR) mu Rwanda, George Paclisanu, ashima uburyo u Rwanda rushyira mu bikorwa amasezerano mpuzamahanga harimo arengera uburenganzira bwa muntu n’imbabare.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Rusizi yahuraga n’abakozi b’inzego z’ibanze harimo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge kuwa 21/11/2013, yavuze ko ruswa irangwa mu maserivisi atandukanye igiye guhagurukirwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko igihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20 kizagera imitungo y’abarokotse Jenoside ifitwe n’abandi yarahawe bene yo, ndetse n’imanza z’imitungo zaciwe n’inkiko Gacaca zose zararangijwe.
Urukiko rw’Ubujurire rw’u Bufaransa rwemeje ko Abanyarwanda babiri bakekwaho ibyaha bya Jenoside babaga aho mu Bufaransa bashobora kuburanira mu nkiko z’u Rwanda kandi bakabona ubutabera.
Umuyobozi w’isosiyeti y’ubwubatsi yubatse isoko rya kijyambere ry’akarere ka Nyanza yatawe muri yombi na polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza akekwaho gukoresho inyandiko mpimbano no gutanga sheki itazigamiwe (Cheque sans provision)
Bamwe mu bakozi bakorera Sosiyete icunga umutekano ya SCAR, Security Company Against Robbery mu gucunga umutekano ku nyubako z’akarere ka Nyamasheke n’ibigo bigashamikiyeho, biravugwa ko bimwe icyemezo cy’uko ari abakozi b’iyi sosiyete cyabafashaga kwaka inguzanyo, bitewe n’uko mu kwezi gushize, batanze amakuru (...)
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri bahawe, abaunzi bo mu karere ka Rulindo batangaje ko kuba hari ubumenyi batari bafite mu bijyanye no bakemura ibibazo by’abaturage ntibanagire ibikoresho bihagije byatumaga badakora neza akazi kabo.
Abacamanza 56 bo mu Rukiko rukuru rwa Leta ya Lagos mu gihugu cya Nigeria, bavuga ko umwiherero w’icyumweru bagiriye mu Rwanda, ubigishije uburyo bazajya gukoresha ikoranabuhanga mu nkiko z’iwabo, kugirango bihutishe imanza.
Mu nama nyunguranabitekerezo yabahuje n’abafatanyabikorwa babo kuri uyu wa 30/10/2013, abunzi bo mu karere ka Ngoma hose bahawe umwambaro ubaranga uzajya ubafasha mu kazi ko gukemura ibibazo by’abaturage bitarinze kujya mu nkiko.
Ministiri w’intebe, Dr Pierre-Damien Habumuremyi yaburiye abacamana bashya barahiye ko atari bo kamara, mu gihe baba batatiye igihango ntibarenganure abantu uko bikwiye, bashobora gukurikiranwa n’amategeko.
Umuryango Transparency International Rwanda utangaza ko abantu bagera kuri 27,1% banga gutanga ruswa kuko baba babona ko ntacyo byahindura, nk’uko ubushakashatsi uwo muryango wakoze bubigaragaza.
Kuri uyu wa 13 Nzeli 2013, Inteko rusange y’Umutwe wa Sena yateranye mu gihembwe kidasanzwe iyobowe na Perezida wa Sena Dr. Ntawukuliryayo Jean Damascène yemeje abayobozi mu bakandida yari yashyikirijwe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika mu nzego nkuru z’ubutabera.
Ubuyobozi bwa Polisi y’igihugu bwamurikiye abanyamakuru abapolisi 34 bakurikiranyweho icyaha cyo kurya ruswa. Iki cyaha bagikoze hagati y’ukwezi kwa Gatanu n’ukwa Cyenda uyu mwaka, nk’uko Umuvugizi wa Polisi ACP Damas Gatare yabitangaje.
Kuva muri Mata 2011, ikigo cy’Igihugu gishinzwe amazi n’amashanyarazi EWSA gitangiye imirimo yo gukora umuyoboro w’amashanyarazi uzayavana ku rugomero rwa Nyabarongo uyajyana i Kirinda, bamwe mubaturage babaruriwe imitungo bakaba batarishyurwa barasaba ko EWSA yabaha ingurane zabo kuko ngo barambiwe gutegereza.
Leta y’u Rwanda yishyuye amafaranga arenga miliyari 2,37 mu manza yatsinzwe mu nkiko, ahanini bitewe no kutubahiriza amasezerano ibigo byayo byagiranye na ba rwiyemezamirimo ndetse na bamwe mu bakozi bagiye birukanwa binyuranyije n’amategeko.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, yasabye abanyeshuli barangije kwiga amasomo y’ubumenyingiro mu mategeko mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ( ILPD) riri mu karere ka Nyanza kuba inyangamugayo.
Impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza yatangije umushinga ukomeye wo gusaba abacamanza kutazongera guhanisha abajura igihano cyo gufungwa ngo kuko ntacyo cyimarira uwibye n’uwibwe ndetse ngo bigahombya n’abaturage muri rusange.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aravuga ko uburyo Abanyarwanda babanye muri iki gihe ari umusaruro w’intambwe igihugu cyafashe mu kubaka ubutabera.
Urwego rw’umuvunyi ruvuga ko rwafatiye mu cyuho umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Jean Pierre Ndagijimana, arimo guha ruswa umukozi w’urwo rwego, kugirango aburizemo dosiye imushinja kuba ataramenyekanishije muri uyu mwaka umutungo wose afite.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) ruratangaza ko bamwe mu bagororwa barangije ibihano byabo ku byaha bya Jenoside bakoze, batinda gutaha ahanini biturutse ku kuba amadosiye yabo atuzuye kubera aho bafunzwe mbere y’uko bakatirwa.
Abagana inzu y’ubufasha mu mategeko MAJ (Maison d’acces a la Justice), barashima uko bakirwa n’abakozi b’uru rwego n’inama bagirwa kuko zibafasha mu myanzura bafata ku nzira zo kunyuzamo ibibazo bya bo.
Kuva mu 2005 kugera mu 2013 abacamanza umunani n’abanditsi b’inkiko 17 barirukanwe mu kazi kabo nyuma yo kugaragaraho ruswa mu bucamanza, nk’uko bitangazwa n’umukuru w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, asanga abunzi bakwiye guhabwa agaciro bakitabwaho ku bw’umurimo bakora ukomeye. Ibi minisitiri yabitangarije mu karere ka Muhanga ubwo yaganiraga n’abakozi b’iyi minisiteri bakorerera mu turere 15 tw’igihugu bashinzwe inzu zunganira mu mategeko (MAJ).
Kuba mu mwaka wa 2013-2014 ibibazo by’imitungo yangijwe muri Jenoside bizarangizwa mu Karere ka Huye, byavuzwe na Mutwarasibo Cyprien, umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.
Abaturage baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera babifashijwemo cyane cyane n’inzu z’ubujyanama mu by’amategeko zabashyiriweho muri buri karere, zizwi cyane nka MAJ.
Abanyamategeko b’i Paris batangije iperereza ku ruhare rw’uwari umukapiteni mu ngabo z’u Bufaransa mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Paul Barril. Iperereza ryatangijwe tariki 24/06/2013, mu rukiko rwisumbuye w’i Paris.