Kumenya amategeko n’uburenganzira bizafasha abaturage kugabanya imanza z’urudaca bahoramo, zigatuma bahora mu makimbirane ntibabashe gukora ibikorwa bibateza imbere.
Ibizamini byo gushaka ibimenyetso simusiga bikenerwa mu manza nshinjabyaha byajyaga bikorerwa ahanini mu Budage bigiye kujya bikorerwa mu Rwanda.
Urubanza ruregwamo Rtd Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Rtd Sgt Kabayiza Francois rwongeye gusubikwa.
Minisiteri y’Ubutabera itangaza ko Leta yahombye miliyari 126 muri 2014, kubera amasezera yakozwe nabi n’adakurikiranwa bikayishora mu manza.
Mu Gushyingo 2015 Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko yahawe inshingano zo kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kuko atari akijyanye n’ibyaha bihari.
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza ngo ntibakijya gukemurira ibibazo mu baturage igihe kugera aho ikibazo kiri bibasaba ubushobozi bw’amafaranga.
Abagore bari mu nama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba, baravuga ko hari amategeko akwiye kuvugurwa kuko agitambamira uburenganzira bw’abagore.
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko amahugurwa bahawe na IRC yatumye bamenya amategeko bifashisha mu kunga Abanyarwanda.
Abahesha b’inkiko 100 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, basabwe kudasiganira kurangiza imanza kuko biri mu bizitinza.
Abagize Komite z’Abunzi mu mirenge igize Akarere ka Ngoma bahawe amagari ngo ajye abafasha mu ngendo bajya kunga abagiranye amakimbirane.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST), iratangaza ko leta icunze neza imitungo yasizwe na beneyo kandi bakaba bayisubizwa mu gihe baramuka babonetse.
Umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhuha, Ntakibagora Felicien, yatawe muri yombi nyuma ngo yo gufatirwa mu cyuho ahabwa ruswa n’umuturage.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwibutsa ko butazajenjekera abubaka mu kajagari, kuko ngo biteza Leta igihombo n’imibereho mibi ku baturage.
Bamwe mu bafungiwe muri gereza ya Nsinda bavuye ku izima bemera ibyo byaha banabisabira imbabazi, nyuma y’igihe bafungiwe ibyaha batemera.
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye aratangaza ko igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kigiye kuvugururwa, kuko hari ibyaha bisigaye bikorwa ntibibonerwe ibihano bigendanye.
Umwunganizi mu mategeko Bufaransa, Me Joseph Scipilliti mbere yo kwiyahura yarashe ukuriye urugaga rwabo ku bw’amahirwe ntiyapfa.
Minisiteri yUbutabera n’Ubushinjacyaha bukuru bamaganye amakuru avuga ko impapuro zo guta muri yombi Lt. Gen. Karenzi Karake zigifite agaciro.
Ministeri y’Ubutabera(MINIJUST) yahagaritse ku mirimo yabo, abahesha b’inkiko b’umwuga 15 kuva tariki 14 Ukwakira 2015, ibaziza kurenganya abaturage.
Guverinoma y’u Rwanda itangaza ko yishimiye icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwa Espagne gikuraho impapuro zita muri yombi abasirikari bakuru b’igihugu.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi, yakiriye indahiro z’abashinjacyaha umunani kuri uyu wa 07 Nzeri 2015, abasaba gushyira ingufu ku bahombya igihugu.
Bamwe mu bahesha b’inkiko b’umwuga baranengwa imikorere mibi inyuranyije n’amategeko ari byo byatumye abagera kuri 21 baregerwa Minisiteri y’Ubutabera.
Minisitiri w’ubutabera, Jonhston Busingye yasabye abajyanama mu by’amategeko b’ibigo bya leta n’ibiyishamikiyeho kwirinda gukomeza gushora leta mu manza.
Minisiteri y’Ubutabera yamuritse imfashanyigisho izifashishwa mu kongerera abunzi ubumenyi bukenewe kugira ngo bakomeze gukemura ibibazo by’abaturage mu bunyamwuga.
Ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza 2015-2016 kuri uyu wa 4 Nzeli 2015, Perezida Kagame yasabye abacamanza gukorana ubushishozi mu kazi kabo.
Perezida Kagame atangaza ko atemera ubutabera bwitwa ko burengera inyungu mpuzamanga ariko bukarenganya bamwe, agakangurira Abanyarwanda kubwamagana.
Abunzi b’imirenge ya Rukoma, Ngamba na Karama barahiriye uyu murimo tariki 6 Kanama 2015, batangaza ko kubongerera inshingano bizabafasha gukemurira ibibazo abaturage benshi batagombye kujya mu nkiko.
Abagize komite z’abunzi 245 bava mu mirenge itandatu yo mu Karere ka Musanze, barahiriye kuzasohoza inshingano zo guca imanza z’abaturage mu buryo bwunga bagasabwa kurushaho kurangwa n’ubunyangamugayo kubera ko n’ububasha bahawe bwiyongereye.
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye n’intumwa ayoboye kuva tariki 17 kugeza tariki 22 Kamena 2015, bari mu rugendo rw’akazi mu gihugu cy’Ubuholandi. Urwo rugendo rwari rugamije kongera imbaraga mu bufatanye mu butabera n’iyubahirizwa ry’amategeko.
Urugaga rw’abavoka mu Rwanda (Rwanda Bar Association) rwabonye umuyobozi mushya Me Nduwamungu Jean Vianney wasimbuye kuri uyu mwanya Me Athanase Rutabingwa wari usoje manda ye y’imyaka ine ayobora uru rugaga.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), Umulisa Henriette, aratangaza ko abihakanaga abakobwa bateye inda bakanga gufasha abana babyaye akabo kashobotse, kuko mu Rwanda hagiye gutangira gukorerwa ibizamini bigaragaza amasano (DNA/ADN).