Ibi yabigaragaje kuri uyu wa 20/02/2014, ubwo yasuraga abakozi b’ubu bushinjacyaha bwisumbuye muri aka karere kugirango arebe imikorere yabo ndetse n’aho bageze.
Umushinjacyaha uyoboye ubushinjacyaha bwisumbuye bw’akarere ka Muhanga, Stephen Muhairwe, avuga ko mu myaka ishize wasangaga mu bushinjacyaha bicaranye amadodiye menshi y’ibirarane bakora bigatuma idosiye nshya ije buva idahita ikorwaho.
Ibi ngo byaterwaga n’uko abashinjacyaha bafataga amadosiye agomba kwigwa bakayabika mu tubati bavuga ko bazaba bayakurikirana.
Kugeza ubu muri ubu bushinjacyaha abereye umuyobozi, avuga ko ibi byacitse nta birarane bikirangwa kubera ingufu bashyizemo. Ibi kandi avuga ko ari imbuto z’imihigo basinyanye n’inzego zo hejuru.
Umushinjacyaha mukuru wa Leta yashimiye abo mu karere ka Muhanga kuko ari bamwe mu bagaragaza ko bita ku kazi kabo. Muhumuza avuga ko Leta yatakazaga byinshi mu birarane ndetse ngo harimo n’igihombo ku muntu uburana ndetse n’uwo baburana kuko nta butabera bwihuse baba babonye.
Uyu muyobozi avuga kandi ko nubwo ngo nta birarane biri kurangwa mu bushinjacyaha bwo mu karere ka Muhanga ngo bagakwiye noneho guharanira kurwanira ireme rihamye ry’amadosiye baba bakurikirana.
Akaba asaba ko bajya bakorana ubuhanga amadosiye bakora kuko ngo mu busanzwe akazi k’ubushinjacyaha ari akazi katoroshye. Ati: “mugomba gutsinda abo mu burana nabo”.
Ubushinjacyaha bwisumbuye bw’akarere ka Muhanga bukorera mu turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango.
Gerard GITOLI Mbabazi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|