Impuguke icyenda mu by’amategeko zikorera Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko (NLRC) baregeye Ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ko bashatse gusaba kongezwa umushahara bemererwa amategeko, bakaza gutungurwa no gukoreshwa ikizamini ngo kitemewe, cy’amananiza atuma bava mu kazi.
Abagabo batatu bazwi ku mazina Bernard T., Félicien B. na Jean Bosco U. bagejejwe imbere y’ubushinjacyaha mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa kabli taliki 11/06/2013 bakurikiranyweho gukorana n’umutwe wa FDLR ushinjwa ibikorwa by’ubwicanyi, gufata abagore ku ngfu no guhungabanya umutekano.
Tharcisse Karugarama, ucyuye igihe muri Minisiteri y’Ubutabera, aratangaza ko abantu badakwiye kwibaza impamvu yakuwe muri Guverinoma. Yemeza ko impunduka muri Guverinoma ari ibintu bisanzwe iyo umukuru w’igihugu ashaka kongera imbaraga mu buyobozi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Transparency International Rwanda bugaragaza ko abikorera ari bo baza ku mwanya wa mbere mu kurya ruswa ishingiye ku gitsina ku rusha izindi nzego mu Rwanda.
Ihuriro ry’abagize inteko ishingamategeko baharanira kurwanya ruswa muri Afurika, ishami ry’u Rwanda “APNAC-Rwanda” bagiranye ibiganiro n’abayobozi b’ibigo batandukanye mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo kurwanya ruswa ishingiye ku gitsina ndetse no kumenya uko bihagaze mu karere.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abo mu tugari bigize akarere ka Ngoma bahawe iminsi itarenze 20 yo kuba barangije gukemura ibibazo byose abaturage bagaragaje mu kwezi kw’imiyoborere myiza ku uyu mwaka wa 2013.
Umugabo witwa Twiringiyimana Stanislas afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera akurikiranyweho icyaha cyo kuburanira abandi (avoka) kandi atabifitiye uburenganzira.
Ubuyobozi bwa komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu burashimira Polisi y’igihugu ibikorwa igaragaza mu kubahiriza uburengenzira bw’ikirenwamuntu mu gihugu ndetse no hanze yacyo.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe kurenganura abaturage no kurwanya ruswa, tariki 27/05/2013, Umuvunyi mukuru, Cyanzayire Aloysia, yakiriye ibibazo by’abaturage mu karere ka Gicumbi byiganjemo ibirebana n’amasambu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta, Angelina Muganza, avuga ko akarere ka Kamonyi karenganyije umwe mu bakozi b’ako kimwe n’izindi nzego za Leta zigiye zitandukanye mu gihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda imanza za hato na hato ngo kuko umuntu uhora mu manza akena bitewe nuko agurisha ibyo atunze kugira ngo abone amafaranga yo kujya muri izo manza.
Ubwo yasuraga akarere ka Rulindo, tariki 23/5/2013, Minsitiri w’Ubutabera, Thercisse Karugarama, yasabye abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri ako karere kwikemurira ibibazo kuko nta muntu uzava i Kigali ngo ajye kubibakemurira.
Umuntu ufashwe akoresha abana batarageza ku myaka 18 mu mirimo mibi n’ivunanye ashobora guhanishwa igihano kigera ku myaka 20; nk’uko amategeko yo mu Rwanda abiteganya.
Urwego rw’umuvunyi mu karere ka Muhanga ruragaragaza ko akarengane ari kimwe mu bishobora guteza ruswa mu gihugu, bagasaba ko aka karengane gakorerwa abaturage kacika burundu kuri bamwe mu bayobozi bigaragaraho.
Urwego rw’Umuvunyi rufite inshingano yo kurwanya akarengane na ruswa rwashyizeho uburyo bwo korohereza abaturage kurugezaho ibibazo by’akarengane na ruswa hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Mu runzinduko yagiriye mu karere ka Rusizi, tariki 09/05/2013, Perezida w’urukiko rw’ikirenga Prof. Sam Rugege, yasabye abayobozi b’inkiko kimwe n’abayobozi b’inzego za Leta gutanga ubutabera bwihuta kandi bunogeye buri wese.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushukiwabo, aratangaza ko Leta y’u Rwanda ishyigikiye ubutabera mpuzamahanga, ariko itemera na gato imikorere y’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC).
Urwego rw’umuvunyi rusaba inzego z’ubuyobozi zose mu Rwanda kwakira no gukemura ibibazo by’akarengane ibyo ari byo byose abaturage bazigezaho bitarajya ahandi, kuko ngo iyo bibaye byinshi bituma ababifite batishimira ababayobora, bityo bikaba byatuma batubahiriza gahunda za Leta nk’uko ziba zateganijwe.
Ubuyobozi bw’Ikicyo mpuzamahanga cy’Ubukemurampaka cya Kigali (KIAC), butangaza ko abantu bagirana amasezerano bagomba kugira umuco wo guteganya ingingo iki kigo gishobora guheraho kibafasha gucyemura ibibazo bijyanye n’ubucuruzi, kuko hari abagirana amasezerano ariko ingingo ziyagize zikagorana gucyemura impaka.
Ubwo basurwaga n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ya Gitambi, Nyakabuye na Nzahaha, bamwe mu bagororwa bari muri gereza nkuru ya Cyangugu basabye ko ibibazo by’imiryango yabo byajya bikemurwa kugira ngo idasigara inyuma mu iterambere igihugu kiri kuganamo.
Ubwo yatangizaga igikorwa cyo kongerera ubushobozi abunzi mu karere ka Muhanga, Minisitiri w’ubutabera, Tarcisse Karugarama, yasabye abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda ko batazajya bayifata nk’umukeba wabo.
Akarengane kariho muri iki gihe ngo gashingiye ahanini ku buharike, nk’uko Urwego rw’umuvunyi rubigaragarizwa iyo rwagiye gukemura ibibazo by’abaturage mu mirenge yabo mu cyumweru cyahariwe kurwanya akarengane.
N’ubwo mu gihe kingana n’amezi atatu cyahariwe imiyoborere myiza mu Rwanda abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe ijambo ngo batange ibitekerezo ndetse babaze n’ibibazo bafite, icyo gihe cyasojwe abaturage bagitora umurongo ari benshi kugira ngo babaze ibibabangamiye.
Amakuru aturuka mu nkiko z’ibanze zo mu karere ka Burera avuga ko izo nkiko zifite ibirego byinshi by’ubutane aho abagore cyangwa abagabo basaba gutana n’abo bashakanye kuburyo inzego z’ibanze zisabwa gufata ingamba zo gukubikumira.
Ndahimana Anastase wari umwanditsi mukuru mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu mujyi wa Kigali yirukanywe ku kazi ke n’inama nkuru y’ubucamanza azira kuba yaratse ruswa umuburanyi.
Abunzi bari guhabwa amahugurwa mu mushinga wo kwegereza abaturage ubutabera batangaje ko hari byinshi bakoraga basanze bigomba guhinduka mu rwego rwo gutanga ubutabera bwunga nyabwo.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga ko mu ntara y’Amajyepfo, Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, abayobozi bamaze gucyemura ibibazo 190 muri 230 abaturage babagaragarije.
Mu nama rusange y’abashinjacyaha bose yabaye kuri uyu wa 22/02/2013, Umushinjacyaha mukuru yagarutse ku makuru aherutse gutangazwa n’ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko, avuga ko 70% by’abagezwa imbere y’inkiko bafungwa kandi hari abakagombye no kuburana bari hanze.
Ibikorwa byo kwegereza abaturage ubutabera mu turere twa Ngoma na Kayonza ni umushinga wa minisiteri y’ubutabera ku nkunga ya ministeri y’ububanyi n’amahanga y’Ubuhorandi binyuze mu mushinga Interanational Rescue Committee (IRC).
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, aratangaza ko u Rwanda rutishimira bimwe mu byemezo bijyanye n’ubutabera bifatwa n’ubutabera mpuzamahanga, ariko akemeza ko u Rwanda ruzakomeza kubyamagana rukiga no kubana nabyo.