Impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza ya Oxford mu Bwongereza yatangije umushinga ukomeye wo gusaba abacamanza kutazongera guhanisha abajura igihano cyo gufungwa ngo kuko ntacyo cyimarira uwibye n’uwibwe ndetse ngo bigahombya n’abaturage muri rusange.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, aravuga ko uburyo Abanyarwanda babanye muri iki gihe ari umusaruro w’intambwe igihugu cyafashe mu kubaka ubutabera.
Urwego rw’umuvunyi ruvuga ko rwafatiye mu cyuho umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Jean Pierre Ndagijimana, arimo guha ruswa umukozi w’urwo rwego, kugirango aburizemo dosiye imushinja kuba ataramenyekanishije muri uyu mwaka umutungo wose afite.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Amagereza (RCS) ruratangaza ko bamwe mu bagororwa barangije ibihano byabo ku byaha bya Jenoside bakoze, batinda gutaha ahanini biturutse ku kuba amadosiye yabo atuzuye kubera aho bafunzwe mbere y’uko bakatirwa.
Abagana inzu y’ubufasha mu mategeko MAJ (Maison d’acces a la Justice), barashima uko bakirwa n’abakozi b’uru rwego n’inama bagirwa kuko zibafasha mu myanzura bafata ku nzira zo kunyuzamo ibibazo bya bo.
Kuva mu 2005 kugera mu 2013 abacamanza umunani n’abanditsi b’inkiko 17 barirukanwe mu kazi kabo nyuma yo kugaragaraho ruswa mu bucamanza, nk’uko bitangazwa n’umukuru w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, asanga abunzi bakwiye guhabwa agaciro bakitabwaho ku bw’umurimo bakora ukomeye. Ibi minisitiri yabitangarije mu karere ka Muhanga ubwo yaganiraga n’abakozi b’iyi minisiteri bakorerera mu turere 15 tw’igihugu bashinzwe inzu zunganira mu mategeko (MAJ).
Kuba mu mwaka wa 2013-2014 ibibazo by’imitungo yangijwe muri Jenoside bizarangizwa mu Karere ka Huye, byavuzwe na Mutwarasibo Cyprien, umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.
Abaturage baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera babifashijwemo cyane cyane n’inzu z’ubujyanama mu by’amategeko zabashyiriweho muri buri karere, zizwi cyane nka MAJ.
Abanyamategeko b’i Paris batangije iperereza ku ruhare rw’uwari umukapiteni mu ngabo z’u Bufaransa mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Paul Barril. Iperereza ryatangijwe tariki 24/06/2013, mu rukiko rwisumbuye w’i Paris.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu (NCHR), Madamu Nirere Madaleine, aratangaza ko raporo zikorwa ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda zikorwa n’abirengagiza intambwe rumaze gutera ahubwo bagahitamo gukabya.
Komisiyo ishinzwe gukurukirana imitungo n’imari by’igihugu mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda irasaba ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga kongera ibarura ry’imitungo itagira beneyo kuko ngo bwari bwatangaje ko nta yihari kandi bikaba bimaze kugaragara ko ihari.
Impuguke icyenda mu by’amategeko zikorera Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko (NLRC) baregeye Ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ko bashatse gusaba kongezwa umushahara bemererwa amategeko, bakaza gutungurwa no gukoreshwa ikizamini ngo kitemewe, cy’amananiza atuma bava mu kazi.
Abagabo batatu bazwi ku mazina Bernard T., Félicien B. na Jean Bosco U. bagejejwe imbere y’ubushinjacyaha mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa kabli taliki 11/06/2013 bakurikiranyweho gukorana n’umutwe wa FDLR ushinjwa ibikorwa by’ubwicanyi, gufata abagore ku ngfu no guhungabanya umutekano.
Tharcisse Karugarama, ucyuye igihe muri Minisiteri y’Ubutabera, aratangaza ko abantu badakwiye kwibaza impamvu yakuwe muri Guverinoma. Yemeza ko impunduka muri Guverinoma ari ibintu bisanzwe iyo umukuru w’igihugu ashaka kongera imbaraga mu buyobozi.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Transparency International Rwanda bugaragaza ko abikorera ari bo baza ku mwanya wa mbere mu kurya ruswa ishingiye ku gitsina ku rusha izindi nzego mu Rwanda.
Ihuriro ry’abagize inteko ishingamategeko baharanira kurwanya ruswa muri Afurika, ishami ry’u Rwanda “APNAC-Rwanda” bagiranye ibiganiro n’abayobozi b’ibigo batandukanye mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo kurwanya ruswa ishingiye ku gitsina ndetse no kumenya uko bihagaze mu karere.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abo mu tugari bigize akarere ka Ngoma bahawe iminsi itarenze 20 yo kuba barangije gukemura ibibazo byose abaturage bagaragaje mu kwezi kw’imiyoborere myiza ku uyu mwaka wa 2013.
Umugabo witwa Twiringiyimana Stanislas afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera akurikiranyweho icyaha cyo kuburanira abandi (avoka) kandi atabifitiye uburenganzira.
Ubuyobozi bwa komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu burashimira Polisi y’igihugu ibikorwa igaragaza mu kubahiriza uburengenzira bw’ikirenwamuntu mu gihugu ndetse no hanze yacyo.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe kurenganura abaturage no kurwanya ruswa, tariki 27/05/2013, Umuvunyi mukuru, Cyanzayire Aloysia, yakiriye ibibazo by’abaturage mu karere ka Gicumbi byiganjemo ibirebana n’amasambu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta, Angelina Muganza, avuga ko akarere ka Kamonyi karenganyije umwe mu bakozi b’ako kimwe n’izindi nzego za Leta zigiye zitandukanye mu gihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda imanza za hato na hato ngo kuko umuntu uhora mu manza akena bitewe nuko agurisha ibyo atunze kugira ngo abone amafaranga yo kujya muri izo manza.
Ubwo yasuraga akarere ka Rulindo, tariki 23/5/2013, Minsitiri w’Ubutabera, Thercisse Karugarama, yasabye abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri ako karere kwikemurira ibibazo kuko nta muntu uzava i Kigali ngo ajye kubibakemurira.
Umuntu ufashwe akoresha abana batarageza ku myaka 18 mu mirimo mibi n’ivunanye ashobora guhanishwa igihano kigera ku myaka 20; nk’uko amategeko yo mu Rwanda abiteganya.
Urwego rw’umuvunyi mu karere ka Muhanga ruragaragaza ko akarengane ari kimwe mu bishobora guteza ruswa mu gihugu, bagasaba ko aka karengane gakorerwa abaturage kacika burundu kuri bamwe mu bayobozi bigaragaraho.
Urwego rw’Umuvunyi rufite inshingano yo kurwanya akarengane na ruswa rwashyizeho uburyo bwo korohereza abaturage kurugezaho ibibazo by’akarengane na ruswa hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Mu runzinduko yagiriye mu karere ka Rusizi, tariki 09/05/2013, Perezida w’urukiko rw’ikirenga Prof. Sam Rugege, yasabye abayobozi b’inkiko kimwe n’abayobozi b’inzego za Leta gutanga ubutabera bwihuta kandi bunogeye buri wese.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushukiwabo, aratangaza ko Leta y’u Rwanda ishyigikiye ubutabera mpuzamahanga, ariko itemera na gato imikorere y’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC).
Urwego rw’umuvunyi rusaba inzego z’ubuyobozi zose mu Rwanda kwakira no gukemura ibibazo by’akarengane ibyo ari byo byose abaturage bazigezaho bitarajya ahandi, kuko ngo iyo bibaye byinshi bituma ababifite batishimira ababayobora, bityo bikaba byatuma batubahiriza gahunda za Leta nk’uko ziba zateganijwe.