Ihuriro ry’Abafasha mu by’Amategeko mu Rwanda (Legal Aid Forum), riributsa abashinzwe kugenza ibyaha bakekwaho ibyaha bataraburana, kubafasha kumenya uburenganzira bwabo kuko abenshi nta bumenyi buhagije ku mategeko n’ingingo zibarengera baba bazi.
Urukiko rw’ikirenga ruratangaza ko ruswa mu nkiko igenda igabanuka, ariko ko ibimenyetso byinshi byerekana ko inzira yo kuyirwanya burundu ikiri ndende, bitewe n’uko benshi batarakangukira gutunga agatoki aho ibarizwa, ndetse ko ubucamanza budahana bwihanukiriye abakozi b’inkiko bakira ruswa.
Perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe, Yaramba Jean Marie Vianney, aratangaza ko abantu badakwiye gufata ruswa nk’amafaranga gusa.
Ngo utunze amahoro ni nawe uyatanga; nk’uko byagarutsweho tariki 29/01/2013 mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’inganzo y’amahoro wateguwe na komisiyo y’ubutabera n’amahoro muri Kiriziya Gatorika paruwase ya Matimba mu karere ka Nyagatare.
Ubwo yarahizaga abahesha b’inkiko batari ab’umwuga batanu bo mumirenge itandukanye yo mukarere ka Rusizi, kuri uyu wa 28/01/2013, intumwa ya Leta muri minisiteri y’ubutabera, Kabanda Ildephonse, yabasabye kudahubuka mu kurangiza imanza.
Komiseri mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa aratangaza ko urwo rwego rugiye kwihutira gukemura bimwe mu bibazo abafungwa n’abagororwa bafite cyane cyane icyo gufungirwa kure y’imiryango yabo.
Ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) rifite icyicaro mu karere ka Nyanza ryatangije uburyo bushya bufasha abanyeshuli baryo kwiga banakora imirimo bashinzwe y’ubwunganizi mu by’amategeko, ubushinjacyaha no guca imanza mu nkiko.
Uwatorewe kuyobora imirimo y’irangiza ry’ibikorwa by’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) Theodore Meron uri mu ruzinduko mu Rwanda aho yagiranye ibiganiro n’umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, yakoresheje umwanya yahawe mu nama mpuzamahanga y’urugaga rw’abavoka bakoresha Igifaransa, asaba abo ibihugu byabo bicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside, kuvuganira u Rwanda bikabohereza.
Guhera tariki 17/12/2012, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga y’Urugaga rw’Abavoka bo mu bihugu bivuga ururimi rw’igifaransa. Inama izaba igamije guhuza ibitekerezo ku kurengera uburenganzira bw’ikiremwa muntu.
Gahunda y’akarere ka Nyamasheke yo gukemura ibibazo abaturage bagaragaza ibafasha kurenganurwa kandi bakabasha gukora imirimo yabo badasiragijwe n’ababa bashaka kubariganya.
Abaturage bo mu Murenge wa Kavumu bari amasambu bambuwe n’icyahoze ari umushinga wa DRI RAMBA GASEKE, bariruhukije tariki 22/11/2012 ubwo basubizwaga amasambu yabo mu nama bagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon.
Bamwe mu bahawe ubutaka muri gahunda y’isaranganya ry’ubutaka ryabaye mu ntara y’Uburasirazuba barasabwa kubusubiza ba nyirabwo kuko hari abantu bari barahunze muri 1994 na mbere yaho kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bagarukiye basanga ubutaka bwa bo bwarahawe abandi.
Perezida w’urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege, yemeza ko gusubika imanza ari ikibazo kikigaragara mu nkiko kandi gikwiye guhagurukirwa kugira ngo gikemuke, nk’uko yabitangaije mu ntara y’Amajyepfo mu rugendo yahagiriye kuwa Kane w’iki cyumweru.
Abagabo umunani bakomoka mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera batorotse inkiko Gacaca, baza gukatirwa badahari kuburyo ntawe uzi aho baherereye kugira ngo bazanwe kurangiza ibihano bahawe.
Prof. Sam Rugege uyobora Urukiko rw’Ikirenga arashimima inkiko zo mu ntara y’Amajyepfo kuko zica imanza nyinshi kandi neza. Abacamanza bakora isesengura n’ubushakashatsi ku bibazo bagezwaho, bakakira ababagana neza ndetse bakanandika ibibazo byabo bakanabikemura.
Umuvunyi mukuru, Madame Aloysie Cyanzayire, kuri uyu wa 12/11/2012, yakiriye ibibazo by’abaturage bo mu karere ka Kayonza byaburiwe ibisubizo. Byinshi muri byo bishingiye ku kuri gahunda y’isaranganya ry’ubutaka ryakozwe mu ntara y’Uburasirazuba.
Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Kagrugarama, atangaza ivugururwa rikomeje gukorwa mu mategeko y’u Rwanda, nta handi ryigeze riba ku isi, kuko rigamije kugira ngo abere Abanyarwanda.
Mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barashima Leta yegereje abaturage ubuyobozi bikaba byarabahaye uburyo bwiza bwo kwikemurira ibibazo bihereye ku rwego rw’umudugudu.
Urugaga rw’abikorera rurashishikariza abikorera bo mu ntara y’uburasirazuba kujya bagana ikigo mpuzamahanga cy’ubukemurampaka cya Kigali (KIAC) igihe bagize ibibazo by’impaka mu bucuruzi. Icyo kigo ngo gikemura ibibazo by’impaka z’ubucuruzi vuba kurusha uko byakemukira mu nkiko.
Prof. Sam Rugege ukuriye Urukiko rw’Ikirenga yemeza ko ubutabera bw’u Rwanda bushishikajwe n’uko abaturage bishimira ibyo bubakorera, kurusha ibyo abanyamahanga batekereza ku Rwanda.
Kuba urwego rw’ubushinjacyaha rudafite ubushobozi buhagije bwo gukora ibizamini by’uwapfuye ngo hamenyekane icyamwishe (autopsie) bibangamira iburanishwa ry’imanza z’ubwicanyi.
Abacamanza 30 basoje amahugurwa y’iminsi itatu ku kunoza akazi kabo mu bijyanye no guca imanza z’ubucuruzi n’amabanki, kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi basuwe n’intumwa z’urwego rw’umuvunyi tariki 17/09/2012 bakemurirwa ibibazo by’akarengane na ruswa bari bafite.
Ubwo hatangizwaga gahunda yo yo guca akarengane na ruswa mu karere ka Rusizi, abaturage basabwe kwirinda guheranwa n’imanza z’amahugu kuko zibatwara umwanya bakabaye bakoramo imirimo abateza imbere.
Inzego z’Ubshinjacyaha bw’u Rwanda zafashe ingamba zo kutazongera kurangwa n’ibirarane by’imanza zitarangijwe no kwirinda ko havuka ibindi, nyuma y’aho zirangirije ibirarane zari zifite kuva mu mwaka wa 2004.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa inshingano rwahawe zo gukumira no kurwanya akarengane na ruswa ndetse n’ibyaha bifitanye isano nayo, urwego rw’umuvunyi rwateguye icyumweru cyo kurwanya akarengane mu karere ka Nyamasheke tariki 10-14/09/2012.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa ya Leta, Tharcisse Karugarama, yatangaje ko u Rwanda rutazongera kwifashisha abanyamahanga baza kurwandikira amategeko arugenga.
Abahesha b’inkiko bagera kuri 30 barahiriye kuzuzuza inshingano zabo imbere ya Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Karugarama, wabasabye kuzaba indirerwamo buri muntu aboneramo ubutabera bw’u Rwanda.
Abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo mu ifasi y’ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Rusizi na Nyamasheke basanga hari byinshi igitabo gishya cy’amategeko ahana mu Rwanda kije gukemura kuko hari ibyaha byakorwaga hakabura itegeko ribihana.