Semutwa Aloys wo mu Bugesera arasaba guheshwa miliyoni 40 z’indishyi yatsindiye mu rubanza rw’umwana we wahohotewe akanduzwa SIDA afite imyaka ine.
Henri Jean Claude Seyoboka, Umunyarwanda uregwa ibyaha birimo icya Jenoside, wari warahungiye muri Canada, yagejejwe i Kigali, mu ijoro ryakeye.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta yemeza ko abana bajyanwa mu bigo ngororamuco baba bagiye kugororwa aho kubuzwa uburenganzira bwabo.
U Bufaransa bwakabaye aribwo buburanishwa ku ruhare rw’abwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nk’uko bitangazwa na Perezida Paul Kagame.
Abunzi bo mu Karere ka Ngororero batangaza ko amahugurwa bahabwa ku mategeko atandukanye abafasha gukemura ibibazo by’abaturage badahuzagurika.
Muri iyi minsi usanga abantu benshi bafite ibibazo birebana n’amazina yabo
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC) ivuga ko kuvugurura igitabo cy’amategeko byari ngombwa kuko hari ibyaha bimwe bitabagamo, bityo ntibihanwe uko bikwiye mu gihe bikozwe.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), ivuga ko kuba amategeko ahinduka kenshi mu Rwanda atari ikibazo kuko ari igihugu kirimo kwiyubaka.
Abafungiwe Jenoside muri gereza ya Rwamagana bemeza ko Club yo kurwanya Jenoside yabavanye ku izima bemera ibyaha bamaze imyaka 22 bataremeraga.
Umuyobozi Mukuru wa Police, IGP Emmanuel Gasana, arasaba abafite aho bahuriye n’ubutabera kumva ibintu kimwe bakarushaho gukora kinyamwuga.
Abahesha b’inkiko bemera ko muri cyamunara ziba hirya no hino mu gihugu hakigaragaramo amakosa n’akajagari, biturutse ahanini no kutagira ubumenyi buhagije.
Umwarimu wigisha ibijyanye n’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Dr Alphonse Muleefu aratangaza ko kwivana mu Rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) kw’ibihugu bya Afurika bitanyuranije n’amategeko arugenga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko abakuru b’ibihugu by’Afurika bategerejwe mu Rwanda, bashobora kwanzura kuva mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC).
Bamwe mu bakoreraga uruganda rw’icyayi rwa Shagasha barasaba ubuyobozi kubarenganura kuko birukanwe mu kazi hadakurikijwe amategeko kubera guharanira uburenganzira bwabo.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yahawe abunzi bo mu Karere ka Gicumbi bijejwe ko ibibazo by’ubumenyi n’imikorere mu kazi bigiye gukemuka.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko uwatsindiye ibintu runaka mu rukiko nta kazi kabuza umuhesha w’inkiko kubimuhesha mu gihe giteganywa n’amategeko.
Imiryango iharanira uburenganzira bw’abagore mu karere k’ibiyaga bigari(COCAFEM) ishami ry’u Rwanda, irasaba ibihugu gukomeza gushyira mu bikorwa amasezerano arwanya ihohoterwa.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga ko kuva ibigo byamenya agaciro k’abanyamategeko babyo byatanze umusaruro kuko imanza Leta itsinda zazamutseho 7%.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ruhashya muri Huye bemeye kurangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu bwumvikanye.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo barasaba Leta kujya yubahiriza amasezerano ikabishyura mu gihe na yo yaba itubahirije ibikubiye muri ayo masezerano.
Umushinjacyaha w’Urwego (MICT) rushinzwe imanza zasizwe n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rw’i Arusha, Serge Bremmertz, yijeje gufatanya n’u Rwanda kurangiza ibibazo bya Jenoside.
Ubuyobozi bwa Transparency Rwanda buratangaza ko bugiye gufasha abafungwa batishoboye kuburana mu rwego rwo kurinda gutinza imanza.
Abunzi bo mu Karere ka Burera bashimira telefone bahawe ariko bakavuga ko bahawe n’inkweto za bote n’amagare byabafasha mu kazi.
Hassan Boubacar Jallow, Umushinjacyaha Mukuru ucyuye igihe mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyirireho u Rwanda, arashimira ubufatanye yagiranye n’u Rwanda agikora.
Nyuma y’ivugururwa rya Komite z’Abunzi muri Nyakanga 2015, bamwe mu binjiyemo bashya bagaragaza guhuzagurika mu mikorere, ibyemezo bafata bikinubirwa n’abaturage.
Minisitiri w umutekano Musa Fazil atangaza ko agiye gusabira igihano kikubye kabiri abakorera ibyaha muri gereza kuko badashaka guhinduka.
Ministeri y’Ubutabera (MINIJUST) yihanangirije abahesha b’inkiko b’umwuga barahiye, ababwira ko abatazubahiriza amategeko bazabihanirwa, ndetse bigatesha agaciro urugaga rwabo.
Abahesha b’inkiko 42 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, baziyongera ku bari basanzwe bityo irangizwa ry’imanza ryakundaga gutinda ryihute.
Itangazo ryashyizweho umukono na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof Sam Rugege rivuga ko uburyo bw’ikoranabuhanga bwa EFS bwakoreshwaga bwahindutse.
Minisiteri y’Ubutabera yamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga, IECMS, buzifashishwa mu koroshya servisi ahanini zijyanye n’ubutabera n’iz’ibindi bigo bitanga amakuru.