Umuyobozi w’urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege, yasabye abantu 133 barahiriye kwinjira mu rugaga rw’abavoka mu Rwanda ko bagomba kwitwara neza batanga serivisi zinoze, ariko bakibuka no gukurikiza indangagaciro ziranga umwuga w’ubw’Avoka.
Minisiteri y’Ubutabera mu Rwanda iraburira abantu batsindwa imanza ntibishyure ibyo batsindiwe ko bakwiriye kwishyura vuba na bwangu kandi ku neza, bitaba ibyo bakitegura inkundura yo kubishyuza ku ngufu ibyo batsindiwe bizajya byiyongeraho ikiguzi cy’abaje kubishyuza ku ngufu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, Bizuru Nkurikiyimana Isaac w’imyaka 46 n’umucungamutungo wa SACCO ya Bushenge, Kimazi Jimmy uri mu kigero cy’imyaka 34 bari gushakishwa na polisi kubera ibyaha bakurikiranyweho byo kunyereza umutungo, gukoresha nabi umutungo ufitiye rubanda akamaro (…)
Bamwe mu batuye mu Karere ka Rulindo ntibavuga rumwe ku mpamvu ituma hari abaturage batarabasha kwishyura imitungo yangijwe muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko izakomeza guha ubufasha mu by’amategeko abantu bose, by’umwihariko ihereye ku batishoboye kugira ngo babashe kugira uburenganzira bwuzuye nk’uko abandi bose babubona.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Nyamasheke bagaragaza ko hari ibibazo bakunda kugira mu miryango iwabo bikabananira kubikemura ibindi bakarenzaho, kubera kutamenya amategeko.
Mwumvinezayimana Fiacre uyobora akagari ka Gasiza mu murenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo yafunguwe kuri uyu wa 09/12/2014, nyuma y’igihe afungiye kuri station ya Polisi ya Murambi acyekwaho urupfu rw’umuturage wo mu kagari ayobora.
Kwigisha abaturage amategeko biratanga ikizere mu kugabanya imanza kuko usanga ahanini, ibyinshi mu bibazo by’abaturage biba bishingiye ku manza zitarangira cyangwa zitarangijwe neza akenshi ziterwa n’uko abaturage nta bumenyi bafite ku mategeko.
Bamwe mu bahesha b’inkiko bakorera mu karere ka Gicumbi bagaragarije komisiyo ya sena ishinzwe imiyoborere myiza n’ubutabera ko ibibazo by’amasambu aribyo byiganjemo ibibazo bidakunze kurangira.
Mu ruzinduko bamwe mu basenateri bagize Komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bagiriye mu karere ka Kamonyi tariki 02/12/2014, baganiriye n’abaturage b’umurenge wa Runda ku bibazo biri mu butabera. Abaturage bagaragaza ko basiragizwa bashaka kugera ku butabera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasaba abahesha b’inkiko batari ab’umwuga ko bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2014 imanza zose bafite bagomba kuba bazirangije, kuko iyo umuturage atabonye ibyo afitiye uburenganzira bituma adatunganya gahunda za Leta uko bigomba.
Kuba bamwe mu bunzi batazi gusoma no kwandika ntibifatwa nk’imbogamizi mu kunga abaturage babitoreye kuko nta mashuri cyangwa ubundi bwenge buhanitse bisaba, ahubwo ubunyangamugayo ni yo ndangagaciro ya mbere isabwa.
Abaturage batuye umurenge wa Mugano mu karere ka Nyamagabe bafite ibibazo by’imanza zitarangira kubera ko umurenge utabibafashamo ngo imanza ziba zavuye mu nkiko zirangizwe ahubwo bagahora mu nzira.
Umugabo witwa Mukunzi Adrien wo mu Karere ka Bugesera arihakana abana be yibyariye mu gihe abaturanyi be n’abandi bamuzi ndetse n’umugore bababyaranye bemeza ko ari abe.
Nyuma yo kwakira indahiro z’abanditsi b’Inkiko za gisirikare kuri uyu wa mbere tariki 24/11/2014, Ministiri w’ingabo, Gen James Kabarebe yabijeje kutazabura ibikoresho n’ubumenyi, kugira ngo ubutabera bwa gisirikare bushobore kwihutisha imanza no gukora mu buryo bugezweho.
Umukecuru witwa Ziripa Nyiramakuba wakubiswe n’umunyamabanga nshigwabikorwa w’Akagari ka Ruhinga, Umurenge wa Mugano, Akarere ka Nyamagabe witwa Bosco Harerimana, arasaba kurenganurwa akishyurwa amafaranga y’indishyi yemerewe.
N’ubwo abanyehuye bishimira ko hari byinshi byiza bagezwaho na serivisi z’ubutabera, baracyafite imbogamizi yo kuba hari bamwe batemerewe kuburanira mu rukiko rw’ibanze rwo mu karere batuyemo, ahubwo bakajya kuburanira mu rwo mu Karere ka Gisagara.
Umugabo witwa Nzabonimpa Jean Pierre wahoze ari umuyobozi w’akagali ka Kabona ko mu murenge wa Rusebeya yafashwe n’inzego z’umutekano tariki 15/11/2014 azira ko yari yaratorotse igifungo cy’amezi 9 yakatiwe n’urukiko.
Komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza muri Sena y’u Rwanda irashima intambwe inzego z’ubutabera zikorera mu karere ka Rusizi zimaze gutera mu guha abaturage ubutabera bubakwiriye kuko nta bibazo byinshi by’imanza bigisiragiza abaturage bikigaragara.
Itsinda ry’abacamanza bo muri Kenya bagiriye urugendo-shuli mu ishuli rikuru ryo guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu karere ka Nyanza baje kwigira ku mikorere y’ubucamanza mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014
U Rwanda rugiye gutangira kubaka ubutabera bugendera ku mategeko mpuzamahanga, uburenganzira bwa muntu no gukorera mu mucyo rubifashijwemo na guverinoma y’u Buholandi, nyuma y’uko basinye amasezerano y’imikoranire yimbitse mu butabera.
Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (Institute of Legal Practice and Development/ILPD) riherereye mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo ryashyiriyeho amahirwe abunganira abandi mu nkiko (Abavoka) bemererwa kujya biga mu mpera z’icyumweru amasomo arebana n’ubumenyi ngiro mu by’amategeko.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yijeje ko inzego z’ubutabera zizakora mu buryo bwubahiriza ibipimo mpuzamahanga zibifashijwemo n’inkunga yatanzwe n’igihugu cy’u Buholandi ingana n’amayero miliyoni 20 € ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 17.3.
Ministiri w’intebe, Anastase Murekezi, yamenyesheje Abacamanza n’Abashinjacyaha mu nkiko za gisirikare barahiye kuri uyu wa 22/10/2014, ko akazi bagiyemo gakomeye, kuko ngo bagomba kubahiriza ubutabera, ubusugire bw’igihugu n’uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.
Abaturage bo mu karere ka Burera barasabwa kugirira icyizere Inteko y’Abunzi bakareka kujya mu nkiko kuko amagarama y’urubanza ari menshi ndetse no gushaka abababuranira (avocats) nabyo bikaba bihenze.
Abatuye akarere ka Gisagara ndetse n’ubuyobozi bw’aka karere baratangaza ko kuva aho abunzi batangiriye gukora, ubuzima bwabo bugenda buhinduka, amakimbirane akaba make, no gusiragira mu buyobozi bikagabanuka abantu bakoresha umwanya wabo biteza imbere.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe Abunzi tariki 13/10/2013, Minisitiri w’ubutabera Busingye Johnston yasabye abaturage kubaha ibyemezo by’Abunzi n’imyanzuro baba bafashe, nubwo byaba bitabashimishije maze bakagana inzego zisumbuye.
Abunzi bo mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagifite ikibazo cyo kubona uko bagera aho ibibazo bakemura biri, bityo bikadindiza imikorere yabo bituma badaha abaturage ubufasha bwose vuba baba babakeneyeho.
Urwego rw’abunzi mu murenge wa Gikomero mu karere ka Gasabo rurashimirwa uburyo rwagabanyije ku buryo bugaragara ibibazo bigaragara mu baturage ahanini bishingiye ku makimbirane y’ubutaka, ku buryo muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza nta bibazo by’ingutu uyu murenge wakiriye.
Gereza ya Nyamagabe yagiye ivugurwa kenshi yongera ibyumba by’abagororwa n’imfungwa ariko hari ikibazo cyuko abagororwa n’imfungwa batishimiye inyubako zimwe na zimwe zishaje ndetse n’ibitanda baryamaho.