Igihugu cya Canada kimye uburenganzira bwo gutura muri icyo gihugu Umunyarwanda witwa Jean Léonard Teganya, wari umwaze uhaba anasaba ibyangombwa byo gutura muri iki gihugu, kubera ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urukiko rw’Ikirenga rw’igihugu cya Finland rwemeje ko Pasitoro Francois Bazaramba atemerewe kujuririra igihano cyo gufungwa burundu yakatiwe n’inkiko za Finland zimaze kwemeza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urukiko rukuru rwa gisirikare rwahanishije private Baziruwiha Donath igihano cyo gufungwa burundu no kwamburwa impeta za gisirikare nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abigambiriye Gihozo Mignone tariki 07/10/2012.
Kuri uyu wa kane tariki 18/10/2012, Urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko amategeko ahana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside atanyuranije n’itegeko nshinga, nk’uko Victoire Ingabire yari yarabijuririye mu rukiko rukuru bigatuma urubanza rutinda kurangira.
Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga arabeshyuza amakuru yavuga ko abunganira Pasiteri Uwinkindi babuze amafaranga yo gukora iperereza no gushaka abatangabuhamya.
Mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye kuwa mbere tariki 15/10/2012, u Rwanda rwagaragaje impungenge ku itinda ry’imanza za Wenceslas Munyeshyaka wari Padiri kuri Sainte Famille na Laurent Bucyibaruta waboraga Prefegitura ya Gikongo mu gihe cya Jenoside bamaze imyaka 18 bataraburanishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa.
Urukiko rukuru rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo kuburanisha urubanza abanyamakuru 11 bahoze bakorera Radiyo Contact FM bayirega kubambura, rushingiye ko uregwa ariwe muyobozi wayo Albert Rudatsimburwa yanze kwitaba nta mpamvu atanze.
Raporo yashyizwe ahagaragara n’umwe mu bakozi b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ukurikirana urubanza rwa Pasiteri Uwinkindi igaragaza ko afite ikibazo cyo kwishyura abakozi bashobora gukora iperereza ku batangabuhamya akeneye mu rubanza.
Abaturage bane bo mu karere ka Kicukiro, bazindukiye ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge (i Nyamirambo), kuri uyu wa mbere tariki 15/10/2012, kuburana amazu n’ubutaka bakuwemo ku ngufu na noteri w’akarere ka Kicukiro afatanyije n’umuhesha w’inkiko w’umwuga.
Urugaga rw’abikorera rurashishikariza abikorera bo mu ntara y’uburasirazuba kujya bagana ikigo mpuzamahanga cy’ubukemurampaka cya Kigali (KIAC) igihe bagize ibibazo by’impaka mu bucuruzi. Icyo kigo ngo gikemura ibibazo by’impaka z’ubucuruzi vuba kurusha uko byakemukira mu nkiko.
Urugereko rw’ubujurire rw’Urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda (MICT), tariki 05/10/2012, rwanze ubujurire bwa Lit Col. Pheneas Munyarugarama bwatambamiraga iyohereza ry’urubanza rwe mu Rwanda.
Urukiko rw’ubujurire rw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuwa kabiri tariki 09/10/2012, rwagabanije igihano Jean Baptiste Gatete yari yahawe mu rukiko rw’iremezo cyo gufungwa burundu maze rumukatira gufungwa imyaka 40.
Urukiko rw’ikirenga rwasubitse isomwa ry’urubanza Victoire Ingabire aregamo Leta ryari riteganyijwe kuri uyu wa gatanu tariki 05/10/2012 kubera ko umwe mu bacamanza baburanishije urwo rubanza atabonetse kubera ubutumwa bw’akazi arimo.
Umusaza Mugiziki Aloys yamaze imyaka ine aburana inzu n’umuturanyi we Fred Ntagungira Alias Rushirabwoba aratsindwa ariko abaturanyi be bemeza ko yarenganye bagasaba ko yarenganurwa.
Prof. Sam Rugege ukuriye Urukiko rw’Ikirenga yemeza ko ubutabera bw’u Rwanda bushishikajwe n’uko abaturage bishimira ibyo bubakorera, kurusha ibyo abanyamahanga batekereza ku Rwanda.
Kuba urwego rw’ubushinjacyaha rudafite ubushobozi buhagije bwo gukora ibizamini by’uwapfuye ngo hamenyekane icyamwishe (autopsie) bibangamira iburanishwa ry’imanza z’ubwicanyi.
Ubwo yagezwaga imbere y’urukiko mu gihugu cya Norvege kuwa 25/09/2012, Umunyarwanda Sadi Bugingo yahakanye ibyaha aregwa byo kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994.
Urukiko Rukuru rwa Kigali rwashimangiye icyemezo rwari rwafashe cy’uko Pasiteri Jean Uwinkindi akomeza gufungwa by’agatenyo iminsi 30, nyuma y’uko yari yatanze ikirego cy’ubujurire.
Abacamanza 30 basoje amahugurwa y’iminsi itatu ku kunoza akazi kabo mu bijyanye no guca imanza z’ubucuruzi n’amabanki, kuri uyu wa kane tariki 20/09/2012.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) bwajuririye urubanza rwa Nzabonimana Callixte wari Minisitiri w’urubyiruko n’urwa Capt. Ildephonse Nizeyimana wayoraga ishuri rya ESO rubasabira ko bahanwa n’ibyaha urukiko rwabagizeho abere.
Mananiyonkuru w’imyaka 20 utuye mu murenge wa Cyeru mu karere ka Burera yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 kubera gutunga no gucuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga.
Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi basuwe n’intumwa z’urwego rw’umuvunyi tariki 17/09/2012 bakemurirwa ibibazo by’akarengane na ruswa bari bafite.
Mugesera azongera kugaraga imbere y’urukiko rukuru tariki 19/11/2012, mu rubanza ashinjwamo ibyaha byo gukangurira Abahutu kwica Abatutsi cyane cyane mu ijambo yavugiye ku Kabaya ku Gisenyi mu 1992.
Ubwo hatangizwaga gahunda yo yo guca akarengane na ruswa mu karere ka Rusizi, abaturage basabwe kwirinda guheranwa n’imanza z’amahugu kuko zibatwara umwanya bakabaye bakoramo imirimo abateza imbere.
Leon Mugesra akomeje gutsimbarara ku cyifuzo cye cyo gusaba urukiko kumuha igihe gihagje agategura dosiye ye, kuko ngo ko hari byinshi bitaratungana, mu gihe ubushinjacyaha bwo buvuga ko agomba kuburana kuko ibyo yari akeneye byose bwabimuhaye.
Urugereko rw’ubujurire bw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda (ICTR) ruzasoma urubanza rw’ubujurire rwa Jean Baptiste Gatete waboraga Komini ya Murambi tariki 09/10/2012.
Bamwe mu bahesha b’inkiko batabigize umwuga bakorera mu karere ka Nyanza barashinjwa n’abaturage ko aribo badindiza irangizwa ry’imanza zaciwe n’inkiko kandi zitarajuririwe mu gihe cy’iminsi 30 ibarwa kuva isomwa ry’urubanza ribayeho nk’uko amategeko abiteganya.
Urugereko rw’ubujurire mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 08/10/2012, ruzumva ubujurire bwa Justin Mugenzi wabaye Minisitiri w’ubucuruzi na Prosper Mugiraneza wari Minisitiri w’imirimo ya Leta mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inzego z’Ubshinjacyaha bw’u Rwanda zafashe ingamba zo kutazongera kurangwa n’ibirarane by’imanza zitarangijwe no kwirinda ko havuka ibindi, nyuma y’aho zirangirije ibirarane zari zifite kuva mu mwaka wa 2004.
Isomwa ry’Urubanza rwa Ingabire Victoire n’abandi bane bakurikiranywe hamwe na we rwimuriwe tariki 19/10/2012 mu rwego rwo gutegereza icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ku kirego yarutanzemo asaba ko hari ingingo ziri mu itegeko rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyakurwaho.