Umuyobozi wa Police y’igihugu mu Ntara y’Uburasirazuba, CSP Twahirwa Alexandre, arasaba abaturage kujya bamenya icyo itegeko rivuga ku muntu wahamwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge bakareka kuza bamuciriye urubanza.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho U Rwanda (ICTR) rwongeye kwimura urubanza rwa Augustin Ngirabatware wabaye Minisitiri w’igenamigambi mu gihe cya Jenoside. Urubanza ruzaba tariki 23-24/07/2012 aho kuba tariki 02/07/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwongeye gutegura impapuro zihagarika umuyobozi wa FDLR, Sylvestre Mudacumura. Hari hashize iminsi uru rukiko rukuyeho impapuro zari zatanzwe mbere kubera ko ngo nta bimenyetso bihagije byari byatanzwe.
Uwunganira Ladislas Ntaganzwa wari burugumesitiri wa komini Nyakizu mu gihe cya Jenoside, tariki 08/06/2012, yajuririye icyemezo cyafashwe n’urukiko cyo kohereza dosiye y’umukiriya we kuburanishirizwa mu Rwanda.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwimuriye urubanza rwa Augustin Ngirabatware tariki 02/07/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho kuburanisha abashinjwa Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda (TPIR), kuwa kane w’iki cyumweru rwanzuye Bernard Munyagishari, wahoze muri guverinoma yateguye Jenocide azaburanishirizwa mu Rwanda.
Urugereko rw’ibanze rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyirweho u Rwanda (ICTR) rwafashe umwanzuro wo kohereza urubanza rwa Bernard Munyagishari kubanishwa mu Rwanda. Iki cyemezo cyizaba ntakuka, urugereko rw’ubujurire na rwo nirucyemeza.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 05/06/2012, rwumvishe umutangabuhamya wa nyuma wari uteganyijwe gutanga ubuhamya ku ruhande rw’ubushinjacyaha avuguruza ubuhamya bwa Ngirabatware Augustin wabaye Minisitiri w’igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwanze icyifuzo cya Mukandori Odette cyasabaga ko akurikiranwaho icyaha cyo kwihekura ari hanze ya gereza kubera ikibazo cy’abana avuga ko afite akeneye kurera.
Callixte Nzabonimana wahoze ari minisitiri w’urubyiruko muri Guverinoma yiyise iy’abatabazi mu 1994 kuri uyu wa kane tariki 31/05/2012 yakatiwe igihano cyo gufungwa burundu n’urukiko mpamabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).
Callixte Mbarushimana wahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umutwe wa FDLR, yakuwe ku rutonde rw’abantu bazaburanishwa n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rw’i La Haye mu Buholandi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasabwa gucukumbura ikibazo cy’umugabo witwa Urimubayo Felicien utuye mu murenge wa Cyanika, wafunguwe tariki 30/04/2012 ataburanye kandi aregwa kwica umugore we.
Ubushinjacyaha ku rwego rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 30/05/2012 bwasabiye Mukandori Odette ifungwa ry’agateganyo ry’iminsi 30 ku cyaha akekwaho cyo kwihekura ubwo yabyaraga umwana w’umukobwa akamujugunya munsi y’urugo aho asanzwe amena ibishingwe.
Jacques Mungwarere yagejejwe bwa mbere imbere y’ubutabera bw’umujyi wa Ottawa, muri Canada, kugira ngo asomerwe ibyaha yakoreye mu Rwanda muri Jenoside y’Abatutsi 1994, mu rubanza rwatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 28/05/2012.
AJIC (Anti-Corruption Justice and Information Center) ni ikigo kigamije gufasha abaturage kurwanya ruswa n’akarengane. Nyuma y’amezi atanu iki kigo gitangiye ibikorwa byacyo mu karere ka Ngororero, umukozi wacyo muri aka karere, Niyigaba Fidele atangaza ko abaturage bacyiyambaza ari benshi.
Vénuste Nyombayire, impunzi y’Umunyarwanda uba mu gihugu cy’Ubufaransa ashobora koherezwa kuburanira mu Rwanda; nk’uko byasabwe n’umushinjyacyaha ubwo Nyombayire yagezwaga imbere y’urukiko rukuru rw’i Paris.
Abatangabuhamya bunganira Protais Mpiranya wari ukuriye umutwe w’ingabo warindaga Perezida Juvénal Habyarimana barangije gutanga ubuhamya tariki 23/05/2012 imbere y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).
Munyentwari Jean, umwarimu mu kigo cyigisha imyuga cya Kavumu wari ufunzwe akekwaho gucura umugambi wo kwicisha umugore we yarekuwe n’urukiko rw’ibanze rwa Busasamana nyuma yo gusanga ibimenyetso ubushinjacyaha bushingiraho bumurega bidafite ishingiro.
Ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu Karere ka Nyanza ryatanze impamyabumenyi ku nshuro ya kabiri ku banyeshuli bagera kuri 94 mu muhango wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 25/05/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 23/05/2012, rwashyikirije ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda dosiye ya Ladislas Ntaganzwa wari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu mu gihe cya Jenoside.
Imirimo yo kubaka inzu izabika amadosiye y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) n’urwa Yugusilaya (ICTY) igiye gutangira.
Inkiko ziburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994,zigiye gusoza imirimo yazo ziciye imanza 1,951,388 zirimo abo mu rwego rwa mbere bagera kuri 31,453; urwego rwa 2 rugizwe n’umubare ungana 649,599 naho urwego rwa gatatu rukaba arirwo rufite umubare munini wa 1,270,336.
Umushinjacyaha mukuru mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, amaze gusaba urukiko gushyiraho itsinda ry’abacamanza rizasuzuma ko urubanza rwa Lieutenant Colonel Munyarugarama Pheneas rwakoherezwa mu Rwanda.
Abagize ishyirahamwe ry’abacamanza n’abanditsi b’inkiko mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAMJA) bateraniye i Kigali mu nama yo kurebera hamwe uruhare n’ubushobozi bw’ubutabera mpuzamahanga mu gukurikirana abakoze ibyaha.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rubavu, Christopher Kalisa, n’abakozi babiri ba gereza nkuru ya Nyakiliba na rwiyemezamirimo umwe bari mu maboko y’ubutabera bakekwaho kunyereza umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 21/05/2012, rwasubukuye urubanza rudasanzwe rw’umunyemari Félécien Kabuga, humvwa ubuhamya bumushinjura buzakoreshwa igihe azaba ari mu maboko y’ubutabera.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeye kumva umutangabuhamya wa nyuma w’ubushinjacyaha uzavuguruza ubuhamya bwa Augustin Ngirabatware wahoze ari Minisitiri w’Igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Ubushinjacyaha burasabira Usengumuremyi Jean Marie Vianney, uhagarariye ishuri ryisumbuye rya E.S.S.T.R riri mu karere ka Ruhango, gufungwa ukwezi kubera icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murerwa Furaha atabifitiye uburenganzira.
Leta ya Zimbabwe yongeye guhakana ko idacumbikiye Umunyarwanda ukurikiranyweho icyaha cya Jenoside witwa Protais Mpiranya.
Umushinjacyaha w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, tariki 09/05/2012 yashyikirije urukiko icyifuzo cyo kohereza mu Rwanda imanza za Aloys Ndimbati na Charles Ryandikayo.