Abahagarariye inteko iburanisha Leon Mugesera bateranye mu muhezo haburamo Perezida w’Urukiko, Athanase Bakuzakundi, uri mu batifuzwa na Mugesera, ubwo urubanza rwasubukurwaga kuri uyu wa gatatu tariki 09/01/2013.
Mu rubanza rwaburanishirijwe mu murenge wa Gashanda mu karere ka Ngoma, tariki 03/01/2013, umusore w’imyaka 20 y’amavuko uherutse gufata nyina ku ngufu yasabiwe igifungo cy’imyaka irindwi n’ubushinjacyaha .
Mathieu Ngudjolo Chui wahoze ari mu bayobozi b’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Congo Kinshasa yahanaguweho ibyaha n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) kubera ko nta bimenyetso bifatika ubushinjacyaha bwagaragaje ko yakoze ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyoko muntu.
Uwatorewe kuyobora imirimo y’irangiza ry’ibikorwa by’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) Theodore Meron uri mu ruzinduko mu Rwanda aho yagiranye ibiganiro n’umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, yakoresheje umwanya yahawe mu nama mpuzamahanga y’urugaga rw’abavoka bakoresha Igifaransa, asaba abo ibihugu byabo bicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri Jenoside, kuvuganira u Rwanda bikabohereza.
Paul Bisengimana wabaye Umuyobozi wa Komini ya Gikoro mu cyahoze ari Prefegitura ya Kigali Ngali na Omar Serushago wari ukuriye Interahamwe mu Mujyi wa Gisenyi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 barekuwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda batarangije igice kinini cy’ibihano byabo.
Kuri uyu wa gatatu kuwa 12/12/2012, mu rukiko rukuru, urugereko rukorera mu Karere ka Rusizi hatangiye kuburanishwa urubanzwa rw’abantu 6 bakurikiranyweho kwica uwitwa Sibomana Alexis wo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi.
Guhera tariki 17/12/2012, u Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga y’Urugaga rw’Abavoka bo mu bihugu bivuga ururimi rw’igifaransa. Inama izaba igamije guhuza ibitekerezo ku kurengera uburenganzira bw’ikiremwa muntu.
Perezida w’urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’urukiko rwa Arusha (MICT) tariki 05/12/2012 yatangarije akanama gashinzwe umutekano ku isi ko bashyize imbere gukurikirana no guta muri yombi abantu batatu bari ku isonga ry’abashakishwa n’urwo rukiko.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze icyifuzo cya Eliezer Niyitegeka wahoze ari Minisitiri w’itangazamakuru n’itumanaho mu gihe cya Jenoside cyo gukora iperereza ku batangabuhamya b’ubushinjacyaha yemeza ko “bamubeshyeye”.
Gahunda y’akarere ka Nyamasheke yo gukemura ibibazo abaturage bagaragaza ibafasha kurenganurwa kandi bakabasha gukora imirimo yabo badasiragijwe n’ababa bashaka kubariganya.
Abantu batanu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba Jabo Paul bategetswe kwishyura ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 buri muntu, kubera guhamwa n’icyaha cy’uburangare no kwica itegeko rigenga itangwa ry’amasoko ya Leta.
Imitungo y’umugore witwa Mukashyaka Veneranda wo mu mudugudu w’Akimpara, akagari k’Urugarama, umurenge wa Gahini mu karere ka Kayonza yatejwe cyamunara n’umuntu utarayitsindiye mu rubanza.
Umushinjacyaha w’urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’urukiko rw’Arusha (MICT), Hassan Bubacar Jallow, tariki 28/11/2012, yashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda dosiye ya Lit. Col. Pheneas Munyarugarama wari umuyobozi w’ikigo cya gisirikare cya Gako.
Ubushinjacyaha bwo mu gihugu cya Norvège bwasabiye Umunyarwanda Sadi Bugingo igifungo cy’imyaka 21 kubera kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi barenga 2000 bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abaturage bo mu Murenge wa Kavumu bari amasambu bambuwe n’icyahoze ari umushinga wa DRI RAMBA GASEKE, bariruhukije tariki 22/11/2012 ubwo basubizwaga amasambu yabo mu nama bagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon.
Urubanza ubushinjacyaha buregamo abayobozi batanu b’intara y’uburengerazuba bashinjwa gutanga amasoko ya Leta mu buryo budasobanutse rwimuriwe tariki 4/12/2012. Urukiko rwavuze ko rugikeneye umwanya wo kurwiga neza kandi abaregwa bose uko ari batanu ntago bari bahari.
Bamwe mu bahawe ubutaka muri gahunda y’isaranganya ry’ubutaka ryabaye mu ntara y’Uburasirazuba barasabwa kubusubiza ba nyirabwo kuko hari abantu bari barahunze muri 1994 na mbere yaho kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bagarukiye basanga ubutaka bwa bo bwarahawe abandi.
Perezida w’urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege, yemeza ko gusubika imanza ari ikibazo kikigaragara mu nkiko kandi gikwiye guhagurukirwa kugira ngo gikemuke, nk’uko yabitangaije mu ntara y’Amajyepfo mu rugendo yahagiriye kuwa Kane w’iki cyumweru.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Radiyo Contact FM igomba kwishyura miliyoni 35 z’amafaranga y’U Rwanda, agahabwa abanyamakuru batanu bayireze kubirukana mu buryo butemewe n’amategeko, mu rubanza rwabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 16/11/2012.
Abagabo umunani bakomoka mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera batorotse inkiko Gacaca, baza gukatirwa badahari kuburyo ntawe uzi aho baherereye kugira ngo bazanwe kurangiza ibihano bahawe.
Prof. Sam Rugege uyobora Urukiko rw’Ikirenga arashimima inkiko zo mu ntara y’Amajyepfo kuko zica imanza nyinshi kandi neza. Abacamanza bakora isesengura n’ubushakashatsi ku bibazo bagezwaho, bakakira ababagana neza ndetse bakanandika ibibazo byabo bakanabikemura.
Urubanza rwa Stanislas Mbanenande ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ruratangira kuri uyu wa kane tariki 16/11/2012 mu gihugu cya Suede.
Umuvunyi mukuru, Madame Aloysie Cyanzayire, kuri uyu wa 12/11/2012, yakiriye ibibazo by’abaturage bo mu karere ka Kayonza byaburiwe ibisubizo. Byinshi muri byo bishingiye ku kuri gahunda y’isaranganya ry’ubutaka ryakozwe mu ntara y’Uburasirazuba.
Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Kagrugarama, atangaza ivugururwa rikomeje gukorwa mu mategeko y’u Rwanda, nta handi ryigeze riba ku isi, kuko rigamije kugira ngo abere Abanyarwanda.
Urubanza umuhanzikazi Cecile Kayirebwa aregamo amaradiyo atandukanye gukoresha indirimbo ze mu buryo bunyuranije n’amategeko kuko nta masezerano bagiranye rwatangiye kuburanishwa mu mizi guhera kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012.
Mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barashima Leta yegereje abaturage ubuyobozi bikaba byarabahaye uburyo bwiza bwo kwikemurira ibibazo bihereye ku rwego rw’umudugudu.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST) yasohoye itangazo risaba abaturage barebwa n’ibibazo byasizwe n’inkiko Gacaca kumenya ko bagomba kugana inkiko zisanzwe ndetse n’inteko z’abunzi kugirango zibibakemurire.
Bwa mbere, Suwedi igiye kuburanisha Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Urubanza nyirizina rw’uwo muntu utatangajwe amazina ruzatangira tariki 16/11/2012.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirijwe amadosiye 71558 y’abantu baciriwe imanza na Gacaca badahari bakaba bagomba gukurikiranwa n’ubushinjacyaha. Ubushinjacyaha burimo kwiga ayo madosiye kugirango hasohorwe impapuro zo kubata muri yombi.