Inzego z’Ubshinjacyaha bw’u Rwanda zafashe ingamba zo kutazongera kurangwa n’ibirarane by’imanza zitarangijwe no kwirinda ko havuka ibindi, nyuma y’aho zirangirije ibirarane zari zifite kuva mu mwaka wa 2004.
Isomwa ry’Urubanza rwa Ingabire Victoire n’abandi bane bakurikiranywe hamwe na we rwimuriwe tariki 19/10/2012 mu rwego rwo gutegereza icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga ku kirego yarutanzemo asaba ko hari ingingo ziri mu itegeko rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyakurwaho.
Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa inshingano rwahawe zo gukumira no kurwanya akarengane na ruswa ndetse n’ibyaha bifitanye isano nayo, urwego rw’umuvunyi rwateguye icyumweru cyo kurwanya akarengane mu karere ka Nyamasheke tariki 10-14/09/2012.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa ya Leta, Tharcisse Karugarama, yatangaje ko u Rwanda rutazongera kwifashisha abanyamahanga baza kurwandikira amategeko arugenga.
Imanza za Victoire Ingabire na Leon Mugesera zakomeje kuri uyu wa mbere zagaragayemo gutsimbarara ku byifuzo byabo basaba ko hari ingingo zimwe zavanwa mu mategeko y’u Rwanda, kuko zitabaha ububasha bwo kuburana uko babyifuza.
Umunyarwanda witwa Sadi Bugingo ukomoka i Kibungo ushinjwa kuba yaragize uruhare mu Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda azagezwa imbere y’ubucamanza bwo mu gihugu cya Norvege kuva tariki 25/09/2012 kugeza 21/12/2012.
Icyemezo cyo kohereza Bernard Munyagishari wari umuyobozi w’umutwe w’interahamwe mu mujyi wa Gisenyi cyadindijwe no guhindura inyandiko zikubiyemo ubujurire; nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru bya Hirondelle.
Pasteri Uwinkingi Jean, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012, yakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge. Nyuma y’urubanza, Uwinkingi yahise ajuririra icyo cyemezo ndetse n’urukiko rurabyemera.
Pasiteri Uwinkindi Jean uherutse koherezwa kuburanira mu Rwanda avuye mu rukiko rwa Arusha yagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012. Uyu mugabo yavuze ko ubushinjacyaha bwamwibeshyeho kuko uregwa yitwa Pasteri Uwinkindi Jean Bosco.
Abahesha b’inkiko bagera kuri 30 barahiriye kuzuzuza inshingano zabo imbere ya Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Karugarama, wabasabye kuzaba indirerwamo buri muntu aboneramo ubutabera bw’u Rwanda.
Imanza zitiriwe Abanyabutare ziburanishirizwa mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) zimaze igihe kirenga imyaka 10 ziburanishwa zitararangizwa kubera ikibazo cyo guhindurwa mu rurimi rw’igifaransa abaregwa bumva.
Umukecuru witwa Mukamusoni Tasiyana utuye mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi amaze imyaka ibiri mu manza n’umugabo we bapha ububuharike.
Abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo mu ifasi y’ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Rusizi na Nyamasheke basanga hari byinshi igitabo gishya cy’amategeko ahana mu Rwanda kije gukemura kuko hari ibyaha byakorwaga hakabura itegeko ribihana.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwahaye agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha bwasabaga ko umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe ategereje kuburana mu mizi.
Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika(USA) ishinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga, Stephen Rapp, yijeje ko igihugu cye kizakomeza ubufatanye n’u Rwanda, mu kuburanisha imanza z’abakoze Jenoside, ndetse no gukomeza gushakisha abatarafatwa.
Umunyabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze wari umaze ibyumweru bitatu mu maboko y’ubutabera kubera gukekwaho kwakira ruswa, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012.
Imyanzuro y’urubanza rw’umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, izasomwa tariki 13/08/2012 kubera ko habaye imanza nyinshi. Byari biteganyijwe ko iyo myanzuro isomwa kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.
Umugabo witwa Safari Saidi ukomoka mu murenge wa Kubungo akurikiranweho kwambara umwambaro wa EWSA akajya kwiba urutsinga mu murenge wa Karembo avuga ko yarutumwe no kuri station Ngoma.
Ubushinjacyaha bukuru buremeza ko mu rubanza rwa Cyrille Turatsinze, Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu, nta kagambane karimo ahubwo ko bushingira ku bimenyetso bifatika byemeza ko uyu muyobozi ahamwa n’icyaha cyo kwaka ruswa.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze, na mugenzi we Rwego Harelimana bahakanye icyaha bakurikiranyweho cyo kwaka ruswa ubwo bari imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuwa kane tariki 02/08/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwashyikirije Ubushinjacyaha bw’u Rwanda andi madosiye abiri akubiyemo ibirego by’abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cya Jenoside batarafatwa.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buzajuririra icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi Lt.Col. Rugigana Rugemangabo yakuriweho n’Urukiko rukuru rwa gisirikare tariki 25/7/2012.
Lt Col. Rugigana Rugemangabo yahamwe n’ibyaha byo kugambanira igihugu no guteza imvururu mu baturage, akaba yahanishijwe igifungo cy’imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 ubwo urubanza rwe rwasomwaga kuri uyu wa gatatu tariki 25/7/2012.
Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye ku isi wafashe icyemezo cyo kongerera abacamanza bane b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) igihe cy’akazi bakazarangiza manda yabo tariki 31/12/2012.
Urukiko mpuzamahanga rw’Umuryango w’Abibumbye (ICC), rwemeje Senegal igomba gukora ibishoboka byose kikaburanisha bidatinze Hissene Habre wigeze kuyobora igihugu cya Chad, niba idashoboye kumwoherereza ubucamanza bwo mu Bubirigi.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwanze ubujurire Leon Mugesera yari yatanze asaba ko yahabwa igihe igihe kingana n’amezi atatu n’iminsi 24 cyo kwiga dosiye ikubiyemo ibirego aregwa.
Leon Mugesera yashyize ava ku izima yemera kuzaburana mu Kinyarwanda ntawe umushyizeho agahato, nyuma yo kwandikira Urukiko rw’Ikirenga arusaba gutesha agaciro ikirego yari yarushyikirije.
Victoire Ingabire yongeye kugaragara imbere y’Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012 ajurira ku cyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyashyizwe mu byaha akurikiranyweho, nubwo yari amaze igihe kinini yaravuze ko atazongera kugaragara mu rukiko.
Umunyabanga w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-Moon, yagize Adama Dieng wari umwanditsi w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) umujyanama we mu gukumira Jenoside.
Mu rubanza rw’ umunyamakuru wa Radio Huguka ushinjwa kuvuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside rwaburanishijwe tariki 18/07/2012 hemejwe ko ruzasomwa tariki 30/07/2012.