Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeye ibimenyetso birimo amajwi y’ibiganiro Ngirabatware yagiranye n’amaradiyo atandukanye igihe yari hanze y’igihugu hagati ya tariki 23/04 na 23/05/1994.
Raina Luff ukomoka muri komini ya Waterloo mu Bubiligi ubu akaba atuye mu karere ka Muhanga, araregera indishyi z’amafaranga miliyoni 32 kubera ko abantu 10 bakoranaga muri komite y’umushinga wakoreraga muri Centre Culturel ya Gitarama bamusebeje.
Icyumba cyihariye cy’urukiko rusesa imanza mu Bufaransa cyemeje ko Claude Muhayimana atazoherezwa mu Rwanda kubera ko ngo ubutabera bwo muri icyo gihugu biziteye umutekano we mu Rwanda.
Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda ruri mu myiteguro yo kwakira Inama mpuzamahanga y’Urugaga rw’Abavoka bo mu bihugu bikoresha Igifaransa izaba tariki 17-19/12/2012.
Urugereko rw’ubujurire bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze ubujurire bwasabaga ko Ladislas Ntaganzwa natabwa muri yombi atakoherezwa kuburanira mu Rwanda.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, yajuririye urubanza rwa Callixte Nzabonimana wabaye Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside.
Thadee Kwitonda wahunze ibyaha ashinjwa byo kugira uruhare yagize muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yaba agiye koherezwa mu Bubiligi nyuma yo gufatirwa muri Uganda, nk’uko Polisi y’iki gihugu ibitangaza.
Kwitonda Thadee ukurikiranwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu gitondo cya tariki 05/07/2012 yatawe muri yombi mu mujyi wa Kampala muri Uganda hafi ya Ambasade y’Ububiligi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwimuriye urubanza rwa Augustin Ngirabatware tariki 23/07/2012. Ngirabatware yabaye Minisitiri w’imari n’igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Nsanzimana Samuel ufite imyaka 21 akaba yaravukiye mu kagari ka Kagunga, umurenge wa Gikondo mu karere ka Kicukiro, yafatiwe ku rwego rwisumbuye rwa Nyarugenge tariki 22/06/2012 yiyita umwanditsi mukuru w’urukiko (Greffier en chef).
Impugucye z’abacamanza b’Abafaransa bageze mu Rwanda, tariki 03/07/2012, mu rwego rwo gukorana n’inzego z’ubutabera kugira ngo bashake uburyo bakurikirana Abanyarwanda batuye mu Bufaransa bacyekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwohereje Colonel Theoneste Bagosora kurangiriza igihano yakatiwe n’uru rukiko mu gihugu cya Mali.
Urwego mpuzamahanga rushinzwe gukora imirimo izaba isigaye y’urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (residual mechanism) rufite inshingano yo guta muri yombi Abanyarwanda batatu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; nk’uko byatangajwe na perezida w’urwo rwego, Theodor Meron.
Inama nkuru y’ubucamanza yateranye mu mpeza za Kamena yafashe icyemezo cyo gusezerera burundu abacamanza barindwi ku mirimo yabo. Abo bacamanza bari basanzwe bakorera mu nkiko zitandukanye mu gihugu.
Umunyarwanda Emmanuel Mbarushimana uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare agiye koherezwa mu Rwanda ; nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ubutabera ya Danemark tariki 29/6/2012.
Isomwa ry’urubanza rwa Ingabire Victoire ryari riteganyijwe kuri uyu wa gatanu ryimuriwe tariki 07/09/2012, nyuma y’uko urukiko rutangaje ku rutararangiza gusuzuma neza urubanza rwe.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuri uyu wa 28 Kamena rwemeje ko urubanza rwa Phénéas Munyarugarama rwoherezwa mu Rwanda mu gihe kitarenze iminsi 30. Uru ni urubanza rwa munani ari narwo rwa nyuma uru rukiko rwohereje mu Rwanda.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ku wa mbere tariki 25/06/2012 rwarangije kumva umutangabuhamya wa nyuma mu rubanza rwa Augustin Bizimana wabaye minisitiri w’ingabo mu gihe cya Jenoside ariko akaba atarabwa muri yombi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeje ko urubanza rw’uwahoze ari burugumesitiri wa komini Gisovu, Aloys Ndimbati, rwoherezwa kuburanishwa mu Rwanda.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiweho u Rwanda, Hassan Bubacar Jallow, arasaba u Rwanda gushakira Bernard uzamwunganira mu rubanza mbere yo koherezwa kuburanira mu Rwanda.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze icyifuzo cya Protais Zigiranyirazo cyasabaga guhabwa impozamarira zingana na miliyoni imwe y’amadolari kubera ko urukiko rutubahirije uburenganzira bwe bw’ibanze.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri muri Tanzaniya (ICTR) rwohereje mu Rwanda dosiye ya Charles Ryandikayo, maze ruhita runatanga impapuro zo kumuta muri yombi aho yaba ari hose kugira ngo aze kuburanishirizwa mu gihugu cye.
Kuri uyu wa kabiri tariki 19/06/2012, urugereko rwa mbere rw’iremezo mu rukiko mpana byaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwakatiye Captain Nizeyimana Ildephonse gufungwa burundu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi, kurimbura imbaga y’abantu, ibyaha byibasira inyoko muntu n’iby’intambara.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, yashyikirije urukiko icyifuzo gisaba kwohereza urubanza rwa Lit. Colonel Pheneas Munyarugarama waboraga ikigo cya gisirikare cya Gako mu gihe cya Jenoside kubanishwa mu Rwanda.
Mu muhango wo gusoza inkiko Gacaca kuri uyu wa mbere tariki 18/06/2012, Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rubonye instinzi imbere y’amahanga kubera ubumwe n’ubwiyunge Inkiko Gacaca zagejeje ku Banyarwanda, ndetse n’umubare munini w’imanza izi nkiko zaciye mu gihe gito.
Umutegarugori Fatou Bensouda ukomoka muri Gambiya, tariki 15/06/2012 yarahiriye kuba umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rukorera i La Hague mu Buholandi.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yemereye itsinda ry’abanyamategeko bo mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ibyo risaba ko ubutabera muri ibyo bihugu bugomba kwigenga kandi bugatangwa n’abaturage babyo, aho gutangwa n’inkiko mpuzamahanga.
Umurenge wa Kinihira wo mu karere ka Ruhango, uri mu gikorwa cyo guhuza abahemukiwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ababahemukiye badafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo, mu rwego rwo gusoza neza imirimo y’inkiko Gacaca.
Abunzi bo mu karere ka Ruhango baravuga ko kutagira aho bakorera bituma umusaruro wabo udatangwa nk’uko babyifuza, kuko kugeza ubu hari abagicira imanza munsi y’ibiti.
Umuyobozi wa Police y’igihugu mu Ntara y’Uburasirazuba, CSP Twahirwa Alexandre, arasaba abaturage kujya bamenya icyo itegeko rivuga ku muntu wahamwe n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge bakareka kuza bamuciriye urubanza.