Mukamurezi Valerie, uvuka mu Murenge wa Muzo, Akarere ka Gakenke, tariki 22/03/2013 yasubijwe isambu y’umuryango we wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
N’ubwo mu gihe kingana n’amezi atatu cyahariwe imiyoborere myiza mu Rwanda abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe ijambo ngo batange ibitekerezo ndetse babaze n’ibibazo bafite, icyo gihe cyasojwe abaturage bagitora umurongo ari benshi kugira ngo babaze ibibabangamiye.
Umuvunyi wungirije, Hon. Kanzayire Bernadette, avuga ko ikigega cy’abantu b’i Butaro mu Karere ka Burera basahuye imitungo y’abacitse ku icumu igihe bari barahungiye mu Karere ka Gakenke hazarebwa uko cyakwishyura n’imitungo y’Abanyamuzo.
Umugabo w’imyaka 59 utuye mu Kagali ka Gisozi, Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke avuga ko amaze kuburana n’umwe mubo mu muryango we imanza 93 z’amasambu mu myaka 14 ishize.
Amakuru aturuka mu nkiko z’ibanze zo mu karere ka Burera avuga ko izo nkiko zifite ibirego byinshi by’ubutane aho abagore cyangwa abagabo basaba gutana n’abo bashakanye kuburyo inzego z’ibanze zisabwa gufata ingamba zo gukubikumira.
Kuri uyu wa kabiri tariki 19/03/2013, Urukiko rw’Ubujurire rw’u Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cya Agathe Habyarimana n’imiryango mike imushyigikiye gisaba ko u Bufaransa bwongera gukora iperereza ku rupfu rw’ umugabo we, Juvenal Habyarimana, rwabaye mu ijoro ryo kuwa 06/04/1994.
Ku munsi warwo wa mbere, urubanza rwa Charles Bandora rwagombaga gutangira kuri uyu wa Kabiri tariki 19/03/2013, rwasubitswe, nyuma y’uko ahise atangaza ko ataritegura ndetse akaba nta n’umwunganzi afite, agasaba amezi atatu yo kwitegura.
Ndahimana Anastase wari umwanditsi mukuru mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu mujyi wa Kigali yirukanywe ku kazi ke n’inama nkuru y’ubucamanza azira kuba yaratse ruswa umuburanyi.
Abunzi bari guhabwa amahugurwa mu mushinga wo kwegereza abaturage ubutabera batangaje ko hari byinshi bakoraga basanze bigomba guhinduka mu rwego rwo gutanga ubutabera bwunga nyabwo.
Umushinjacyaha wo mu gihugu cy’u Buholandi, kuwa gatatu tariki 13/03/2013 yajuririye igihano cyahawe Yvonne Basebya mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Werurwe ngo kuko ari gito ukurikije ibyaha yakoze.
Itsinda ryashyizweho na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe - amaze kungurana ibitekerezo n’izindi nzego ngo rikemure ibibazo byerekeye imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 kuri uyu wa kabiri 12/03/2013 ryakoreye mu murenge wa Muhanda.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe rigamije gufasha abayobozi bo mu nzego z’ibanze gukemura ibibazo by’imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda riratangaza ko uku kwezi kwa Werurwe kuzarangira ibyo bibazo byarangije gukemuka, n’ibitararangira bikazaba bifite umurongo uhamye.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga ko mu ntara y’Amajyepfo, Yvonne Mutakwasuku aratangaza ko muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, abayobozi bamaze gucyemura ibibazo 190 muri 230 abaturage babagaragarije.
Mu nama rusange y’abashinjacyaha bose yabaye kuri uyu wa 22/02/2013, Umushinjacyaha mukuru yagarutse ku makuru aherutse gutangazwa n’ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha mu by’amategeko, avuga ko 70% by’abagezwa imbere y’inkiko bafungwa kandi hari abakagombye no kuburana bari hanze.
Ibikorwa byo kwegereza abaturage ubutabera mu turere twa Ngoma na Kayonza ni umushinga wa minisiteri y’ubutabera ku nkunga ya ministeri y’ububanyi n’amahanga y’Ubuhorandi binyuze mu mushinga Interanational Rescue Committee (IRC).
Ndemezo Appolinaire utuye mu murenge wa Shagasha mu karere ka Gicumbi arasaba ko akarere kamufasha kwishyurwa amafaranga miliyoni n’igice yatsinzemo uwahoze ari umupolisi wa komini ya Rushaki mu mwaka w’1997 nyuma yo kumurasa akamuca akaguru.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, aratangaza ko u Rwanda rutishimira bimwe mu byemezo bijyanye n’ubutabera bifatwa n’ubutabera mpuzamahanga, ariko akemeza ko u Rwanda ruzakomeza kubyamagana rukiga no kubana nabyo.
Niyitegeka Alphonse, Kabera Ferdinand, Ngirababyeyi Anastase, Hitimana Idephonse na Rusekampunzi Donatien, bavuga ko bamaze imyaka irenga 8 basaba ubuyobozi bw’akarere kubaha ingurane y’imirima yabo yashyizwe mu mbago z’ahantu nyaburanga hitwa kumukore wa Rwabugiri mu mumurenge wa Kageyo mu karere ka Ngororero.
Umunyarwanda utuye mu mujyi wa Oslo muri Norvege witwa Sadi Bugingo, tariki 14/02/2013, yakatiwe gufungwa imyaka 21 kubera ubufatanyacyaha mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi barenga 2000 muri Jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994.
Ihuriro ry’Abafasha mu by’Amategeko mu Rwanda (Legal Aid Forum), riributsa abashinzwe kugenza ibyaha bakekwaho ibyaha bataraburana, kubafasha kumenya uburenganzira bwabo kuko abenshi nta bumenyi buhagije ku mategeko n’ingingo zibarengera baba bazi.
Urukiko rw’ikirenga ruratangaza ko ruswa mu nkiko igenda igabanuka, ariko ko ibimenyetso byinshi byerekana ko inzira yo kuyirwanya burundu ikiri ndende, bitewe n’uko benshi batarakangukira gutunga agatoki aho ibarizwa, ndetse ko ubucamanza budahana bwihanukiriye abakozi b’inkiko bakira ruswa.
Perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe, Yaramba Jean Marie Vianney, aratangaza ko abantu badakwiye gufata ruswa nk’amafaranga gusa.
Urugereko rw’ubujurire rw’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuri uyu wa mbere tariki 04/02/2013 rwagize abere abaminisitiri babiri bari muri guverinoma yiyise iy’Abatabazi.
Imyanzuro yashyizwe ahagaragara n’urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge tariki 31/01/2013, yanzuye ko Nyagatare Jean Luc atari umunyamigabane muri radio one kuko atigeze yubahiriza amasezerano n’uwo bari bafatanyije kuyishinga ari we Kakoza Nkuriza Charles a.k.a KNC.
Ngo utunze amahoro ni nawe uyatanga; nk’uko byagarutsweho tariki 29/01/2013 mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’inganzo y’amahoro wateguwe na komisiyo y’ubutabera n’amahoro muri Kiriziya Gatorika paruwase ya Matimba mu karere ka Nyagatare.
Ubwo yarahizaga abahesha b’inkiko batari ab’umwuga batanu bo mumirenge itandukanye yo mukarere ka Rusizi, kuri uyu wa 28/01/2013, intumwa ya Leta muri minisiteri y’ubutabera, Kabanda Ildephonse, yabasabye kudahubuka mu kurangiza imanza.
Biteganyijwe ko abantu 11 bazatanga ubuhamya mu rubanza rwa Munyenyezi Beatrice ruzaba tariki 04/02/2013. Uyu Munyarwandakazi akurikiranweho kwinjira mu Leta zunze Ubumwe z’Amerika no kubona ubwenegihugu bw’icyo gihugu mu buryo budakurikije amategeko.
Mukarugema Annonciata wo mu kagali ka Ruhanga, umurenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero arasaba ubuyobozi bw’akarere kumurenganura nyuma y’imyaka 10 asiragizwa mu nkiko kandi atsinda ntasubizwe ibye.
Komiseri mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa aratangaza ko urwo rwego rugiye kwihutira gukemura bimwe mu bibazo abafungwa n’abagororwa bafite cyane cyane icyo gufungirwa kure y’imiryango yabo.
Ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) rifite icyicaro mu karere ka Nyanza ryatangije uburyo bushya bufasha abanyeshuli baryo kwiga banakora imirimo bashinzwe y’ubwunganizi mu by’amategeko, ubushinjacyaha no guca imanza mu nkiko.