Bamwe mu bavuga ko banyazwe amasambu yabo akandikwa mu mazina y’abatari ba nyirabwo barasaba ko habaho ubutabera bumeze nka “Gacaca” kuko inkiko zisanzwe zibakerereza.
Abagana inzu y’ubufasha mu mategeko MAJ (Maison d’acces a la Justice), barashima uko bakirwa n’abakozi b’uru rwego n’inama bagirwa kuko zibafasha mu myanzura bafata ku nzira zo kunyuzamo ibibazo bya bo.
Kuva mu 2005 kugera mu 2013 abacamanza umunani n’abanditsi b’inkiko 17 barirukanwe mu kazi kabo nyuma yo kugaragaraho ruswa mu bucamanza, nk’uko bitangazwa n’umukuru w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege.
Beatrice Munyenyezi w’imyaka 43 yahamijwe icyaha cyo kubeshya mu makuru yatanze ahakana ko nta ruhare yagize muri Jenoside kugira ngo abone uburenganzira bwo kuba muri Amerika nk’impunzi bityo urukiko rwa New Hampshire rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10.
Minisitiri w’ubutabera, Johnson Busingye, asanga abunzi bakwiye guhabwa agaciro bakitabwaho ku bw’umurimo bakora ukomeye. Ibi minisitiri yabitangarije mu karere ka Muhanga ubwo yaganiraga n’abakozi b’iyi minisiteri bakorerera mu turere 15 tw’igihugu bashinzwe inzu zunganira mu mategeko (MAJ).
Col. Laurent Serubuga wari wungirije umugaba mukuru w’ingabo zatsinzwe (ex FAR) akaba yaratawe muri yombi na Polisi y’igihugu cy’u Bufaransa tariki 11/03/2013 agombwa kwitaba ubutabera ku wa kane w’iki cyumweru tugiye gutangira.
Kuba mu mwaka wa 2013-2014 ibibazo by’imitungo yangijwe muri Jenoside bizarangizwa mu Karere ka Huye, byavuzwe na Mutwarasibo Cyprien, umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.
Abaturage baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera babifashijwemo cyane cyane n’inzu z’ubujyanama mu by’amategeko zabashyiriweho muri buri karere, zizwi cyane nka MAJ.
Abanyamategeko b’i Paris batangije iperereza ku ruhare rw’uwari umukapiteni mu ngabo z’u Bufaransa mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda; Paul Barril. Iperereza ryatangijwe tariki 24/06/2013, mu rukiko rwisumbuye w’i Paris.
Abana batatu muri bane bashinjwaga gutwika ishuri Ecole des Sciences Byimana riherereye mu Ruhango, bakatiwe imyaka ibiri y’igifungo undi akatirwa umwaka umwe n’igice n’urukiko rwisumbuye mu Karere ka Muhanga.
Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu (NCHR), Madamu Nirere Madaleine, aratangaza ko raporo zikorwa ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda zikorwa n’abirengagiza intambwe rumaze gutera ahubwo bagahitamo gukabya.
Ku nshuro ya mbere, abana batandatu bashinjwa kuba aribo batwitse ishuri ryisumbuye rya Byimana (Ecole des Sciences Byimana) bagejejwe imbere y’ubutabera mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga tariki 20/06/2013.
Mu rubanza rwa mbere rwa Jenoside rubereye mu gihugu cya Suede rwasomwe kuri uyu wa Kane tariki 20/06/2013 Stanislas Mbanenande w’imyaka 54 yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibyaha bihonyora amategeko mpuzamahanga maze akatirwa igihano cyo gufungwa ubuzima bwe bwose.
Umunyamkuru kuri City Radio, Aboubakar Adams uzwi ku izina rya Dj Adams kuri uyu wa kane tariki 20/06/2013 arasomerwa urubanza amaze igihe aburana.
Yohani Uwihoreye wari uzwi ku kabyiniriro ka “Bisazi” wari utuye mu mudugudu wa Mututu mu murenge wa Nyarusange uherutse kwivugana abantu batatu mu masaha ya saa sita z’ijoro rya tariki 28/05/2013 yakatiwe igifungo cya burundu n’urugereko rw’urukiko rukuru rw’i Nyanza.
Komisiyo ishinzwe gukurukirana imitungo n’imari by’igihugu mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda irasaba ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga kongera ibarura ry’imitungo itagira beneyo kuko ngo bwari bwatangaje ko nta yihari kandi bikaba bimaze kugaragara ko ihari.
Impuguke icyenda mu by’amategeko zikorera Komisiyo y’igihugu ishinzwe kuvugurura amategeko (NLRC) baregeye Ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) ko bashatse gusaba kongezwa umushahara bemererwa amategeko, bakaza gutungurwa no gukoreshwa ikizamini ngo kitemewe, cy’amananiza atuma bava mu kazi.
Abanyeshuri batanu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Ruhango bakekwaho kugira uruhare mu nkongi y’umuriro yibasiye ishuri bigaho rya Ecole des Sciences de Byimana inshuro eshatu
Abagabo batatu bazwi ku mazina Bernard T., Félicien B. na Jean Bosco U. bagejejwe imbere y’ubushinjacyaha mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa kabli taliki 11/06/2013 bakurikiranyweho gukorana n’umutwe wa FDLR ushinjwa ibikorwa by’ubwicanyi, gufata abagore ku ngfu no guhungabanya umutekano.
Tharcisse Karugarama, ucyuye igihe muri Minisiteri y’Ubutabera, aratangaza ko abantu badakwiye kwibaza impamvu yakuwe muri Guverinoma. Yemeza ko impunduka muri Guverinoma ari ibintu bisanzwe iyo umukuru w’igihugu ashaka kongera imbaraga mu buyobozi.
Urukiko Rwisumbuye rw’akarere ka Karongi mu kwezi gushize kwa Gicurasi 2013 rwemeje ko abakozi b’Intara baregwaga kwica itegeko rigenga itangwa ry’amasoko ya Leta badahamwa n’icyaha baregwaga n’urukiko rw’Ibanze rw’umurenge wa Bwishyura.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Transparency International Rwanda bugaragaza ko abikorera ari bo baza ku mwanya wa mbere mu kurya ruswa ishingiye ku gitsina ku rusha izindi nzego mu Rwanda.
Ihuriro ry’abagize inteko ishingamategeko baharanira kurwanya ruswa muri Afurika, ishami ry’u Rwanda “APNAC-Rwanda” bagiranye ibiganiro n’abayobozi b’ibigo batandukanye mu karere ka Gicumbi mu rwego rwo kurwanya ruswa ishingiye ku gitsina ndetse no kumenya uko bihagaze mu karere.
Abaturage batuye mu murenge wa Kabaya aho mu 1992 Mugesera yavugiye ijambo rifatwa nk’imbarutso y’ubwicanyi bwakorewe Abatutsi bakomeje gusaba ko yazanwa akahaburanira.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abo mu tugari bigize akarere ka Ngoma bahawe iminsi itarenze 20 yo kuba barangije gukemura ibibazo byose abaturage bagaragaje mu kwezi kw’imiyoborere myiza ku uyu mwaka wa 2013.
Umugabo witwa Twiringiyimana Stanislas afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera akurikiranyweho icyaha cyo kuburanira abandi (avoka) kandi atabifitiye uburenganzira.
Ubuyobozi bwa komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu burashimira Polisi y’igihugu ibikorwa igaragaza mu kubahiriza uburengenzira bw’ikirenwamuntu mu gihugu ndetse no hanze yacyo.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe kurenganura abaturage no kurwanya ruswa, tariki 27/05/2013, Umuvunyi mukuru, Cyanzayire Aloysia, yakiriye ibibazo by’abaturage mu karere ka Gicumbi byiganjemo ibirebana n’amasambu.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo ishinzwe abakozi ba Leta, Angelina Muganza, avuga ko akarere ka Kamonyi karenganyije umwe mu bakozi b’ako kimwe n’izindi nzego za Leta zigiye zitandukanye mu gihugu.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda imanza za hato na hato ngo kuko umuntu uhora mu manza akena bitewe nuko agurisha ibyo atunze kugira ngo abone amafaranga yo kujya muri izo manza.