Abantu batishoboye bari mu zabukuru n’imfubyi bo mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke bagenerwa inkunga y’ingoboka ya VUP bashyikirijwe imisarizo yo kuryamaho (matelas) 293 mu rwego rwo guca nyakatsi yo ku buriri.
CARITAS ikorera muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yagabiye inka imiryango 18 igizwe n’ababana n’ubwandu bwa SIDA, ikomoka mu mirenge ya Gahunga na Cyanika, mu karere ka Burera, ngo zibafashe kuva mu bukene ndetse no guhangana n’uburwayi bafite.
Abacuruzi b’umucanga bakorera ahitwa kuri Depo mu karere ka Rusizi bavuga ko batishimiye gusoreshwa badakora nyuma yo gufungirwa bagasabwa kujya gukorera ku cyambu cya Busekanka.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ibigo Visa international na Access to Finance Rwanda (AFR) bugaragaza ko Abanyarwanda benshi bakibika amafaranga mu mazu iwabo. Ibi bigo birashishikariza abaturage kubika amafaranga mu bigo by’imari kugirango binafashe igihugu kwikura mu bukene.
Nyuma yo kugenzura isuku mu karere ka Gicumbi ahacururizwa ibiribwa no muri za restora itsinda rishinzwe kugenzura abo bacuruzi rirasaba abatereka ibyo bacuruza ku muhanda kubireka kuko imyanda ijyamo yangiza ubuzima bw’abantu.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya “Unguka Bank” mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa mbere tariki 1 Mata 2013, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga Jacques, yasabye n’andi mabanki kuza gukorera mu karere kuko ahakenewe, ngo afashe mu kwihutisha iterambere.
Ubwo umuryango utegamiye kuri Leta w’Abayisilamu witwa “Good windows” wahaga inka abatuye intara y’Amajyepfo, umuyobozi w’iyi ntara, Alphonse Munyantwali yashimiye Abayisilamu uburyo bari gufasha igihugu mu iterambere by’umwihariko mu mibereho myiza y’abagituye.
Ubuyobozi w’akarere ka Gakenke buratangaza ko bugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo miliyoni zisaga 42 ibigo by’imari biciriritse byafunze imiryango byambuye abaturage zigaruzwe mbere ya tariki 30/06/2013.
Umushinga RDIS ukorera mu itorero ry’Abanglicane mu Rwanda ku nkunga ya Guverinoma ya Scotland, kuwa 28/03/2013, wamuritse ibikorwa by’iterambere wagejeje ku baturage 200 batishoboye mu midugudu ibiri y’akagari ka Cyangugu mu murenge wa Kamembe akarere ka Rusizi.
Muri gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu (EDPRS 2), biteganyijwe ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka kugera ku mpuzandengo ya 11.5 % mu myaka itanu iri imbere, buvuye ku mpuzandengo ya 8.2 % mu myaka icumi ishize.
Ubuybozi bw’ikigo gishinzwe kwakira imisoro n’amahoro (RRA) mu karere ka Rubavu kirahamagarira abamenyekanisha umusoro ku nyungu kubikora mbere y’igihe aho gutegereza iminsi ya nyuma.
Ishami rya Polisi rishinzwe gukumira magendu (RPU) ritangaza ko rimaze gufata ibicuruzwa byinjizwa mu buryo butemewe mu gihugu bifite agaciro ka miliyari 4 mu gihe cy’imyaka itandatu ishize.
Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Zaraduhaye Joseph, atangaza ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bagaruze amafaranga miliyoni 42 n’ibihumbi 780 ba bihemu bambuye ibigo by’imari iciriritse (Microfinance) byafunze imiryango.
Uhagarariye Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) mu Ntara y’Amajyaraguru atangaza ko abacuruzi bafite igicuruzo kitarenga miliyoni ebyiri basonewe kwishyura umusoro ku nyungu ariko bazakomeza kwishyura ipantante nk’uko bisanzwe.
Ikigo k’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyatangaje ko abacuruzi bo mu isoko rya Muhanga batarebwa n’itegeko rishya ry’umusoro, basabwa kwiyandukuza muri icyo kigo bitarenze tariki 31/03/2013.
Abaturage bo mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana batashye inyubako ya koperative yabo yo kuzigama no kugurizanya bise “My SACCO” ifite agaciro ka miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba, araburira abatubahiriza amabwiriza yo gusaba no gutanga ibyangombwa byo kubaka mu mujyi wa Kigali mu gihe cya vuba, ko bagiye kujya bafatirwa ibihano, nyuma y’impinduka zo kwihutisha ishoramari ry’imyubakire.
Abaturage bo mu kagari ka Gikombe umurenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bamaze imyaka ibiri n’amezi atandatu batanze amafaranga yo kuzana umuriro aho batuye ariko amaso yaheze mu kirere.
Akarere ka Muhanga kari ku mwanya wa nyuma mu kwinjiza imisoro n’amahoro mu turere umunani tugize intara y’Amajyepfo; nk’uko byemezwa n’inama njyanama y’aka karere.
Inganda nto n’iziciriritse (SMEs) zo mu birwa bya Mauritius zaje kumurika no kugirisha ibicuruzwa byazo mu Rwanda, kugirango zitangire kwiga imiterere y’amasoko zizashoramo imari.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda utegemiye kuri Leta ushinzwe imitangire ya serivise nziza (RASE), Senga Bahati Emmanuel, yemeza ko gahunda yo gutanga serivise inoze iri ku rwego rushimishije mu karere ka Rulindo haba mu nzego za Leta no mu nzego z’abikorera ku giti cyabo.
Kuva mu kwezi k’ukuboza 2012 ingendo Rwandair yakoreraga mu karere ka Rubavu zarasubitswe ndetse n’abakozi bayo bahakoreraga bisubiriye Kigali.
Abacururiza mu isoko rya Muhanga bakomeje gusaba ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro kugabanya umusoro ku nyungu wurijwe ukavanwa ku bihumbi 15 ukagera kuri 60 ariko babahakaniye.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iratangaza ko ikigereranyo cy’ubukungu ku Munyarwadna (GDP) cyageze ku madolari ya Amerika 644 ku mwaka, bitewe n’ishoramri ryakomeje kwiyongera, n’ubwo u Rwanda rwari mu bihe byo guhagarikirwa inkunga.
Umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Munyantwali Alphonse n’itsinda risuzuma imihigo muri iyi ntara, barishimira ko imihigo y’akarere ka Nyamagabe muri uyu mwaka yibanze ku mishinga izaha abantu benshi akazi, bikaba biri mu cyerekezo cyo kwigira.
Leta y’u Rwanda ihagarariwe na Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yijeje Banki y’isi ko impano yayihaye ingana na miriyoni 50 z’amadolari y’Amerika yo kurwanya ubukene, izafasha kugera ku ntego yo kutagira umukene nyakujya mu Rwanda mu mwaka wa 2020.
Abacuruzi bakorera mu isoko rya Muhanga barinubira uburyo ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) cyurije umusoro ku nyungu ukava ku bihumbi 15 ugashyirwa ku bihumbi 60 kandi batanabimenyeshejwe ngo basobanurirwe impamvu yabyo.
Abanyeshuri 15 babonye amanota ya mbere mu bizamini byakoreshejwe n’ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’ibaruramari mu Rwanda (iCPAR) mu Ukuboza 2012 barashimiwe bahabwa mudasobwa zigendanwa na seritifika.
Abaturage baherutse kugerwaho na gahunda ya Leta yo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu byaro baratangaza ko aho baboneye umuriro bashiduka bugiye kubakeraho bakiri mu tubari kubera kutamenya ko bwije bitewe n’umuriro w’amashanyarazi babonye.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe iterambere ry’amakoperative (RCA) hamwe n’ubw’akarere ka Gasabo, bahosheje amakimbirane yari agiye gutuma abagize koperative COPCOM y’abacuruzi b’ibikoresho by’ubwubatsi n’ububaji mu mujyi wa Kigali, isenyukana n’ibikorwa byayo.