Mu kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe hatashywe umuyoboro w’amazi uri ku birometero icumi ukaba waruzuye utwaye amafaranga miliyoni 481 kandi abaturage bishimira ko babonye amazi meza nyuma y’igihe kinini ntayo bafite.
Umusore witwa Nsengimana Maurice utuye mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera, ubana n’ubumuga bwo kutumva, atangaza ko impano yo gushushanya afite imutunze; gusa ikibazo nuko adakunze kubona akazi.
Nubwo ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge (RBS) cyaciye imyenda y’mbere ya caguwa (amakariso, amasogisi, amasegeri n’amasutiye) mu gihugu kuri ubu hamwe mu masoko haracyagaragara iyi myambaro ku bwinshi.
Abashoramari bakomoka mu gihugu cya Oman bagize itsinda “MB Holding Company” bakiriwe na Minisitiri w’Intebe ku gicamunsi cya tariki 10/02/2013 bamutangariza ko bifuza gushora imari mu Rwanda mu biijyanye na gaz metane na peteroli.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba Abanyaburera gukora cyane kandi bagafata neza ibyo bafite kugira ngo bahangane n’ihungabana ry’ubukungu rigaragara mu bihugu byateye imbere bikagira ingaruka ku Rwanda.
Umugore witwa Tirifina w’imyaka 58 amaze imyaka ine abumba amategura hamwe na bagenzi be bibumbiye muri koperative Ingorihujababyeyi, ikorera mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye.
Umukozi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe igenamigambi mu Ntara y’Iburengerazuba, Sekamondo Francois, yemeza ko uturere twose two mu Ntara y’Iburengerazuba turamutse dukoze ibikorwa by’iterambere byagabanya ibibazo by’ubukene bigaragara muri iyo Ntara.
Abacuruzi bitwa ko ari banini nibo bakomeje guhangayikisha Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), mu kutitabira gutanga imisoro no kutavugisha ukuri ku bucuruzi bwabo, ugereranyije n’abacuruzi bato bato, nk’uko bitangangwa n’ubuyobozi bw’iki kigo.
Abagore bacuruza imboga mu isoko rya Ngororero barasaba ko amafaranga yongerewe ku misoro batangaga yakurwaho maze bakabanza bagasobanurirwa impamvu zuko kuyongera nabo bagatanga ibitekerezo ndetse n’imbogamizi babona.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangije urubuga rwa internet rukubiyeho amakuru yose ku mahirwe ari mu Rwanda umuntu ushaka gushora imari mu Rwanda yakwifashisha. Urubuga ruzaba rugaragaza n’andi makuru atandukanye ya serivisi zitangirwa mu Rwanda.
Akarere ka Rubavu gashima intambwe kamaze gutera mu gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund kuko muri miliyoni 521 kemeye gutanga, izigera kuri 140 zimaze gutangwa.
Abagore barenga 270 bo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze bari basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka ariko bakabererekera gasutamo ngo batakwa imisoro, biyemeje kwisubiraho, bakibumbira muri koperative kuko aribwo bazabasha gutera imbere.
Nyuma y’uko abakozi batatu b’umurenge SACCO wa Bwishyura mu karere ka Karongi batawe muri yombi kubera kwiguriza amafaranga y’abaturage nta burenganzira babiherewe, abo mu yindi mirenge bagaragayeho imikorere idahwitse n’uburiganya bihanangirijwe.
Abanyonzi bakorera mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, baravuga bitaborohera kunyonga igare ngo barenzeho no gushaka abagore.
Gahunda y’ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’ibanze hamwe n’abokorera ku giti cyabo yatangijwe mu karere ka Rulindo ngo bizafasha mu gukemura ibibazo bimwe na bimwe byajyaga biboneka hagati yabo ndetse ikazafasha abikorera gutera imbere ku buryo bwihuse utaretse n’akarere.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa kwegera abaturage bafashe inguzanyo za VUP babakangurira kwishyura vuba kuko igihe bahawe cyo kuzishyura kiri kubarengaho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuva gahunda ya Hanga Umurimo yatangira imishinga ine gusa muri 20 yemewe ariyo imaze guhabwa inguzanyo n’amabanki.
Inama ngishwanama yabereye mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Nyanza tariki 04/02/2013 yashyize mu majwi bamwe mu bakirizi b’imisoro n’amahoro bakorera mu masoko n’ahandi mu mirenge itandukanye igize ako karere kuba badakora akazi kabo nk’uko bikwiye.
Muri gahunda akarere ka Huye gafite yo guhuriza hamwe ibikorwa by’abanyabukorikori n’inganda, abanyabukorikori bakorera ahitwa mu Rwabayanga mu mujyi wa Huye bagiye kwimurirwa i Sovu mu murenge wa Huye.
Abahinzi b’imboga bo mu murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu bashinze Koperative COPAGI ifite umushinga wo gukora umutobe mu mboga za karoti na beterave. Uwo mutobe ngo ushobora kumara igihe kandi ugacuruzwa ku mafaranga menshi aruta ayo bahabwa zikiva mu murima.
Abashoramari b’Abanyarwanda n’abo mu gihugu cy’Afurika y’epfo bashyizeho urwego rubahuza (Rwanda-South Africa Business Council), mu rwego rwo korohereza buri wese guteza imbere ubucuruzi bwe, no gukora ubukangurambaga kuri bagenzi babo baba mu Rwanda no muri Afurika y’Epfo.
Gahunda yo gutanga umusanzu mu kigega Agaciro Development Fund (AgDF) irakomeje, aho ikigo gishinzwe gihuriza hamwe ababaruramari mu Rwanda cyatanze 17,553,282, kikaba cyujuje miliyari 26.2 by’amafaranga yose yemejwe ko azatangwa, mu gihe ngo ikigega AgDF kimaze kwakira asaga miliyari 13.
Nyuma y’aho urugomero rwa Rukarara ya I rwuzuriye, imishinga yo kubaka ingomero z’amashanyarazi kuri uyu mugezi uri mu karere ka Nyamagabe irakomeje. Biteganyijwe ko kuri uwo mugezi hazubakwa ingomero eshanu.
Umugore witwa Murekatete Beatrice utuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera atangaza ko kubumba amatafari ya rukarakara bimutunze n’abana be batatu kuburyo abirutisha kure kujya gusabiriza.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda bose kwitabira ibikorwa bibateza imbere kandi agahamya ko Guverinoma izafasha cyane abazagaragaza ubushake bwo kwiteza imbere bose.
Itsinda ry’Abashinwa batanu baturutse muri kaminuza yitwa Peking University mu gihugu cy’Ubushinwa basuye ibikorwa by’iterambere mu ntara y’Uburasirazuba tariki 29/01/2013.
Nzabonimpa Zaburoni ukomoka mu karere ka Nyamagabe ubu utuye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza avuga ko gutega amafuku yangiza ibijumba n’amateke mu mirima y’abaturage batuye mu gace atuyemo bimutunze ndetse bimurutira guca incuro.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba amabanki n’ibigo by’imari bikorera muri aka karere byose ko byatangira gukora ubukangurambaga mu baturage muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza.
Abashoramari batangiye kuhubaka inzu zigerekeranye mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, zizafasha abahatuye kubona servisi zitandukanye.
Ubuyobozi bwa sosiyete “Angelique” iri kubaka urugomero rwa Nyabarongo ruri mu karere ka Muhanga no mu karere ka Ngororero buratangaza ko uru rugomero ruzaba rwatangiye gukora mu mpera z’uyu mwaka.