Gicumbi: Ari mu maboko ya polisi akekwaho gusambanya umwana

Umugabo witwa Emmanuel wo mu murenge wa Kaniga mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gushaka gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 15.

Uwo mwana bamufatanye n’uwo mugabo mu murenge wa Mukarange ahitwa ku Munyege aho bari burarane mu kabari ariko abantu barabakurikira bamufata ataramusambanya; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kaniga Ndejeje Pascal.

Umugabo bamufashe kuwa 29/07/2013 ahita ashyikirizwa inzego z’ubutabera umukobwa we bihutiye kumujyana ku bitaro bya Byumba ngo barebe neza koko atamusambanyije cyangwa ko nta ndwara yamuteye.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Biragoranye si abagabo,ahubwo ni umwanzi wihanga muri bamwe.Nanone satani akoresha uburyo bwinshi kugirango akururire abantu benshi mu busambanyi;amashusho,film mbi n,ibindi, ariko se ababyeyi bakoresha gihe kingana iki kugira ngo bite ku bana babo babaha uburere guhera ari impinja ungereranije n’uko bashakirwa ibibatunga.

Francois yanditse ku itariki ya: 1-08-2013  →  Musubize

Mwakoze kurengera uwo mwana w’umukobwa ataragwa mukaga.

Aime yanditse ku itariki ya: 1-08-2013  →  Musubize

ariko abanyamakuru muba muzi icyo mukora?ngahonawe mbwira ngo bamufashe ataramusambanya ,hanyuma ngo bamujyanye kwamuganga ngo barebe ko ntandwara yamuteye yayimutera ate atamusambanyije?, aha harimo fagitire yabyumvuhore

kazime robert yanditse ku itariki ya: 1-08-2013  →  Musubize

matayo 24 ntakimenyetyo yezu yavuze mutarabona ?

emmanuel yanditse ku itariki ya: 31-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka