Nyabugogo: Igisasu cya gerenade gihitanye abantu batatu

ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, ahagana i saa Moya igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kiraturitse, gihitana abantu batatu n’aho abandi bagera kuri 32 barakomereka, nk’uko amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu abitangaza.

Umuvugizi wa Polisi y’igihugu, ACP Theos Badege, yyatangarije Kigali Today ko icyo gisasu cyaturikiye mu bantu benshi bari muri gahudna zabo. Gusa amwe mu makuru aturuka mu baturage bari aho yemeza ko bo babonye undi muntu wa gatatu usa n’uwashizemo umwuka.

ACP Badege yakomeje atangaza ko kugeza ubu bamaze guta muri yombi umuntu umwe ukekwaho kugira uruhare muri icyo gikorwa. Gusa uwo muntu nta cyangombwa yari afite.

Kigali Today iracyabaurikiranira aya makuru.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Gusa birabaje ndihanganisha, ababuze ababo nabakomeretse ndashimira polisi y’igihugu ikomeze itubehafi.

MATABARO J.M.V yanditse ku itariki ya: 27-07-2013  →  Musubize

Imana yakire abo banyakwigendera!Ariko se ko twumva ngo hafashwe abakekwa ntitumenye iherezo ryabyo!Baba basanga abo bafashe aribo babitera cg basanga ari abere bakabarekura?

akagabo john yanditse ku itariki ya: 27-07-2013  →  Musubize

Abobantu bapfuye na bakomeretse twifatanije nabo bihangane uwomuntu bakeka bamubaze neza birashobokako ari fdrl umunsimwiza

ALAS yanditse ku itariki ya: 27-07-2013  →  Musubize

Abobantu bapfuye na bakomeretse twifatanije nabo bihangane uwomuntu bakeka bamubaze neza birashobokako ari fdrl umunsimwiza

ALAS yanditse ku itariki ya: 27-07-2013  →  Musubize

yooooooooooooooo!birababaje! imiryango yabuze ababo niyihangane n’abanyarwanda muri rusange.

jeannettte yanditse ku itariki ya: 26-07-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka