Musanze: Umwe yitabye Imana ubwo bari bagiye gufata umujura

Nteziryayo Emmanuel w’imyaka 22 afungiye gutema abantu babiri umwe agahita ahasiga ubuzima, ubwo bari baje kumuta muri yombi yibye ibirayi.

Ubwo Nteziryayo yarimo yiba ibirayi mu mirima y’ibirayi, Nkurunziza Emmanuel na Ndayambaje Emmanuel bagiye kumuta muri yombi ahita afata umupanga arabatema, Nkurunziza Emmanuel ahita ahasiga ubuzima, naho Ndayambaje we arwariye mu bitaro bya Ruhengeri.

Uyu mugabo utuye mu kagali ka Nyonirima, umurenge wa Kinigi akarere ka Musanze, yatawe muri yombi kuri uyu wa mbere tariki 19/11/2012, ahita yemera icyaha ndetse anasaba imbabazi avuga koatazongera.

Uyu mugabo kandi ngo si ubwa mbere akora icyaha cyo gutemana, kuko n’ubundi yari amaze igihe gito afunguwe, ashoje igihano yari yahawe azira gutema umuntu.

Nteziryayo Emmanuel kuri Polisi.
Nteziryayo Emmanuel kuri Polisi.

Hari undi musore w’imyaka 21witwa Bushakiro utuye mu kagali ka Garuka, umurenge wa Musanze akarere ka Musanze, watemye umuvandimwe we witwa Mbanzabugabo, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Ruhengeri.

Umuvugizi wa Polisi y’igihugu mu ntara y’Amajyaruguru, Spt Francis Gahima, arasaba abaturage gutanga amakuru hakiri kare maze abantu nk’aba bagatabwa muri yombi, kuko n’ubusanzwe baba bazwiho kurangwa n’amakosa aturuka ku myitwarire mibi.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

mu byukuri birababaje ariko icyo navuga nuko abantu nkabo police yasanja ibanza yabaha ikiboko kuko kubafupfa ntibihagije

it has become a habit in rwanda and what i can add on is 2 inform all rwandase 2 be update if that case happens they rush to call the police

twahirwa yanditse ku itariki ya: 24-11-2012  →  Musubize

Ese bose bitwaga ba Emmanuel?

kayitesi yanditse ku itariki ya: 21-11-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka