Nyagatare: Batandatu bahitanywe n’impanuka

Abantu 6 harimo n’abanyeshuli 2 nibo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana, bazize impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yabereye mu kagali ka Musenyi umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare.

Iyi mpanuka yabaye ahagana saa kumi n’imwe z’igicamunsi cya tariki 11/08/2013, ngo yatewe n’umuvuduko ukabije hiyongeraho no guturika ipine ry’inyuma iburyo, maze uwari uyitwaye witwa Kayitare Medard ananirwa kuyigumisha mu muhanda ahubwo ikibirindura incuro ebyiri.

Iyi modoka yaturukaga i Kigali igana i Nyagatare, ngo yari itwaye abantu 19 bikekwa ko harimo abanyeshuli 6 dore ko basubiraga ku mashuli bava mu biruhuko.

Uretse abitabye Imana, hari abandi bane boherejwe mu bitaro bikuru bya kaminuza bya Kigali (CHUK), abandi 9 bakaba bagikurikiranwa n’abaganga mu bitaro bya Nyagatare.

Amakuru aturuka mu bitaro bya Nyagatare, avuga ko impanuka ikimara kuba abantu 5 aribo bahise bitaba Imana, undi umwe yitaba Imana akitabwaho. Abanyeshuli bitabye Imana bose ngo bigaga ku ishuli ritoza umwuga w’uburezi rya Matimba (TTC Matimba).

Umukecuru twasanze ahabereye iyi mpanuka yagize ati “ Ni agahinda. Ikibabaje nuko abashoferi batitondera umuvuduko iyo babonye abagenzi. Bose biriwe bagenda nk’abasazi kubera abagenzi babaye benshi harimo n’abanyeshuri bari gusubira ku mashuri”.

Dan Ngabonziza

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

dukwiriye gukora tutikoresheje mubyodukora.

Havugiman Ephrem yanditse ku itariki ya: 23-07-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka